Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukingo Rwa COVID-19 Rushobora Kuzakenerwa Ku Bazitabira CHOGM 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urukingo Rwa COVID-19 Rushobora Kuzakenerwa Ku Bazitabira CHOGM 2021

admin
Last updated: 12 March 2021 10:32 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Dr Vincent Biruta yavuze ko icyifuzo ari uko abazitabira inama y’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma b’ibihugu bikoresha Icyongereza (CHOGM) izaba muri Kamena bazaba barahawe urukingo rwa COVID-19, kugira ngo irusheho kuba mu buryo butekanye.

Kuri uyu wa Gatanu Minisitiri Biruta n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth Patricia Scotland bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, bagaragaza aho imyiteguro ya CHOGM 2021 igeze.

Scotland yari mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije gukurikirana imyiteguro ya CHOGM 2021 n’izindi ngingo zijyanye no guhangana n’icyorezo cya COVID-19 n’imihindagurikire y’ibihe.

Minisitiri Biruta yavuze ko u Rwanda rurimo gukoresha inzira nyinshi mu gushakisha inkingo za COVID, zirimo ubufatanye bw’ibihugu, gahunda mpuzamahanga yo gushaka inkingo izwi nka COVAX n’ubundi butandukanye. Icyifuzo ngo ni uko uzitabira iyo nama wese yaba yarakingiwe.

Ati “Twizeye ko bitarenze Kamena, buri wese yaba yabonye urukingo ku buryo twabasha kugira CHOGM itekanye. Ni yo mpamvu turimo gukora ku mabwiriza azagenderwaho ajyanye n’ubuzima, Minisiteri y’ubuzima irimo kubidufashamo tunagendera ku mabwiriza y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ngo tumenye icyasabwa ku bazitabira CHOGM.”

“Buri wese abaye yarakingiwe byaba byiza cyane, niba dukeneye kubapima bakihagera n’ibindi, turimo kwita cyane kuri COVID-19 ku myiteguro yose dukora ndetse tuzakomeza kugendana n’uko ibihe bihinduka kugeza muri Kamena 2021.”

Scotland yashimiye u Rwanda uburyo imyiteguro ikomeje kugenda neza, hitawe ku kwirinda icyorezo cya COVID-19 ku buryo abazitabira iyi nama bazaba batekanye.

Yavuze ko bitandukanye n’izindi nama ziba muri ibi bihe hakifashishwa cyane ikoranabuhanga, CHOGM 2021 bifuje ko yazaba abayobozi bose bari mu Rwanda, bagashakira hamwe ibisubizo bikenewe kuri Commonwealth n’isi yose muri rusange.

Yakomeje ati “Igitekerezo dufite ni ukuzakira abayobozi bose b’ibihugu 54 binyamuryango hano, turi hamwe ngo dutegure uko twahanga amahirwe ku rubyiruko rwacu, 60% by’abatuye Commonwealth bari munsi y’imyaka 30.”

Iyo nama iteganyijwe hagati ya tariki 25-26 Kamena, nyuma y’uko yagombaga kuba muri Kamena umwaka ushize ariko ikaza gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19.

Minisitiri Biruta yavuze ko nubwo icyorezo kigihari, ibintu bigenda bihinduka bijyanye n’uburyo ibihugu birimo gukingira abaturage babyo.

Ati “Biduha icyizere cy’amezi ari imbere.”

Biteganyijwe ko mu byumweru bibiri biri imbere itsinda rya Commonwealth rizagira uruzinduko mu Rwanda ruzitabirwa n’ibihugu 54 bigize umuryango, ngo bamenyeshwe aho imyiteguro igeze ku nama yo muri Kamena.

U Rwanda ni cyo gihugu kimaze igihe gito kurusha ibindi muri Commonwealth, umuryango cyinjiyemo mu 2009. Uhuriza hamwe ibihugu 54 n’abaturage miliyari 2.4.

CHOGM iheruka yabereye i London mu 2018.

Ibikorwa bijyanye n’inama y’uyu mwaka bizabera mu Intare Conference Arena, Serena Hotel, Ubumwe Grande Hotel, Kigali Conference and Exhibition Centre na Kigali Convention Centre izakira inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma.

Mu kwitegura iyo nama, Minisiteri y’ubuzima yatangiye gukingira icyorezo cya COVID-19 abakorera mu ma hoteli yo muri Kigali harimo n’azakira abazitabira CHOGM-2021.

Ababarirwa hagati ya 7.000-10.000 ni bo bazitabira CHOGM 2021, umubare washoboraga kwiyongera iyo hatabaho COVID-19

TAGGED:CommonwealthDr Vincent BirutafeaturedPatricia Scotland
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nsabimana ‘Sankara’ Yasobanuye Uko Perezida Lungu ‘Yateye’ Inkunga Ibitero Byo Muri Nyungwe
Next Article UNDP Mu Bufatanye Na Polisi Y’U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?