Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ushingira Kuki Wemeza Ko Uzahindura Putin? Umunyamakuru Abaza Biden
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Ushingira Kuki Wemeza Ko Uzahindura Putin? Umunyamakuru Abaza Biden

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 June 2021 7:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Biden yahuriye na Putin i Geneva mu Busuwisi
SHARE

Umunyamakuru wa CNN witwa Kaitlan Collins yaraye abajije Perezida Joe Biden icyo ashingira ho yemera ko Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin ashobora kuzahindura politiki ze kuri USA. Byabaye nk’ibirakaje Biden amusubiza ko ibyo kumuhindura bitamurimo.

Ati: “ Ninde wakubwiye ko mfite umugambi wo kumuhindura? Ariko mwabaye mute?”

Hari mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma y’ikiganiro yagiranye na Putin cyabereye i Geneva mu Busuwisi.

Ni inama abakurikirana umubano w’ibihugu byombi bemeza ko itazavamo ikintu kinini kuko ibyo Amerika isaba u Burusiya birimo korohera ababurwanya, bwo butabikozwa.

Umwe mu bo abategetsi b’i Moscow bavuga ko abangamiye umutekano w’igihugu ni Bwana Alexei Navalny, uyobora abatavuga rumwe na Leta.

Biden yahaye ikiganiro abanyamakuru, uwa CNN amubaza ikimubwira ko ashobora guhindura Putin

Ibinyamakuru byo muri Amerika bivuga ko Biden yihanangirije mugenzi we w’u Burusiya ko niburamuka bugize ibitero by’ikoranabuhanga bugaba ku nyungu z’Amerika, nayo izabwihimuraho, ikangiza umuyoboro wa gaz ugaburira u Burusiya.

Aha ariko Amerika yirengagiza ko iriya gaz ari nayo ifasha inshuti zayo zo mu Burayi.

Mu kiganiro bariya bayobozi bahaye abanyamakuru, buri wese ku giti cye, bavuze ko ikiganiro bagiranye cyabaye mu bworoherane, buri wese yumva ibyifuzo bya mugenzi we.

Kaitlan Collins

Biden avuga ko yahaye Putin urutonde rw’ahantu 16 agomba kwirinda kuzahirahira ngo arahagaba ibitero by’ikoranabuhanga.

Avuga ko yaburiye mugenzi we ko USA ifite ubushobozi buhambaye mu by’ikoranabuhanga, bityo ko agomba kwirinda kubashotora.

Ikindi avuga ko baganiriye ni ibyerekeye kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

N’ubwo Amerika ishinja u Burusiya kuyibasira mu bitero by’ikoranabuhanga, u Burusiya bwo burabihakana.

Inama bariya bagabo bagiranye yamaze amasaha atatu.

Putin yavugaga mu Kirusiya, abasemuzi bagakora akazi kabo.

Putin nawe yahaye abanyamakuru ikiganiro

Ubwo yabazwaga ibyerekeye uburenganzira bivugwa ko bwimwa bamwe mu baturage be, Putin yabwiye umunyamakuru ko na Amerika yahoranyeza gereza z’ibanga yakoreragamo iyicarubozo imfungwa za Al Qaida.

Ati: “ Uko ni ko iwanyu mwubahiriza uburenganzira bwa muntu?

Aha yashakaga kuvuga gereza za CIA zabaga i Guantanamo muri Cuba.

Yavuze ko na Navalny azi neza ko ibyo yakoraga byari binyuranye n’amategeko agenga u Burusiya.

Perezida Biden na Putin bemeranyije kandi  bidatinze ibihugu byombi bizagena ababihagararira.

Ikindi baganiriye ho ni ibibazo biri muri Ukraine cyane cyane muri Crimea.

Biden yahuriye na Putin i Geneva mu Busuwisi
TAGGED:AbanyamakuruBidenCNNfeaturedIkibazoInamaPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 400 Bakingiwe COVID-19 Mu Rwanda Bamaze Kuyandura
Next Article Diyama Ya Gatatu Mu Bunini Ku Isi Yavumbuwe Muri Botswana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?