Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ushinzwe Ubutasi Bwa Gisirikare Mu Ngabo Za Israel Yeguye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ushinzwe Ubutasi Bwa Gisirikare Mu Ngabo Za Israel Yeguye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2024 1:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Major General Aharon Haliva wari ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo za Israel yatangaje ko yeguye kubera uburangare yagize kugeza ubwo Hamas igabye igitero kuri Israel taliki 07, Ukwakira, 2023.

Igisirikare cya Israel kivuga ko n’ubwo uwo musirikare yeguye, azatanga imfunguzo z’Ibiro bye igihe hazaba habonetse umusimbura.

General Aharon Haliva yemeye ko we n’itsinda rye batakoze byose ngo baburizemo kiriya gitero bityo ko agomba kwemera ingaruka zabyo.

Niwe muyobozi wa mbere mukuru muri Israel weguye nyuma y’uko Hamas igabye igitero kuri Israel ikica abantu bagera ku 1200.

Nyuma ya kiriya gitero, abantu batandukanye bavuze ko inzego z’ubutasi za Israel zabuze amakuru cyangwa se hari ayo zirengagije biha urwaho Hamas kugera ubwo igabye igitero kuri Israel.

Si abantu 1,200 bishwe gusa kuko hari abandi 253 batwawe bunyago.

Byarakaje Israel itangiza intambara muri Gaza na n’ubu igikomeje guca ibintu.

Imaze guhitana abantu 34,000 nk’uko byemezwa na Minisiteri y’ubuzima ikorera mu butegetsi bwa Hamas.

TAGGED:featuredHamasIsraelUbutasi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Namibia Havumbuwe Petelori
Next Article Muhanga: Umucuruzi Wari Warahunze Umugore We Yiyahuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?