Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uvura Abagore N’Abana Asaba Abarwayi Kujya Bumva Ko Muganga Ntako Aba Atagize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Uvura Abagore N’Abana Asaba Abarwayi Kujya Bumva Ko Muganga Ntako Aba Atagize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 February 2022 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari indirimbo y’umuhanzi Masabo Juvénal ivuga ko mu bitaro ari kwa muganga kandi ngo barasanasana iminsi ikicuma. Nibyo koko barasanasana. Umwe muri abo bahanga basanasana umuntu iminsi ikicuma ni Dr Bonfils Muhirwa uvura indwara z’abana n’abagore mu Bitaro bya Nyamata.

Mu rwego rwo kumenya muri rusange uko umunsi wa muganga uba uteguwe, Taarifa yabajije uyu muganga uko uwe awutegura atubwira ko kuvuga ngo umunsi we uteguwe mu buryo budashobora guhinduka, byo bitakunda.

Impamvu ngo ni uko niyo yaba arwamye aruhutse, aba atemerewe gukuraho telefoni kuko aba ashobora kwitabazwa.

Ngo kuba muganga ni ukwiyemeza ko umwanya munini w’ubuzima bwawe, uzawukoresha utabara abandi.

Ikindi kibazo muganga agira cyane cyane abita ku bana n’ababyeyi ni uko muri ya mvune yose bagira, usanga umushahari ari muto, bagakora bisa n’ubwitange.

Dr Muhirwa ati: “  Umushahara wo sinavuga ko uhagije. N’ubwo bigoye kubona umushahara unyura nyirawo, ariko nk’umu-gynecologue, we ubona ko umushahara uba ari muto ugereranyije n’imvune z’akazi no kwigomwa izindi gahunda zisanzwe z’ubuzima bya hato na hato cyane cyane ko akazi kacu kadatuma agira umwanya wakwita uwutari uw’akazi.”

Yatubwiye ko uretse kuba gahunda zabo ziba zicucikitse, hari n’ubwo agira atya akumva umuntu runaka aramuhamagaye amugisha inama y’icyo yakora ku kibazo runaka umugore we cyangwa umwana agize.

Ibi nabyo byongerera muganga imvune no kutaruhuka neza mu mutwe.

Ati: “ Hejuru y’ibi hakaniyongera ho ko n’umurwayi ubwe ashobora kuguhamagara hari ibyo akugishaho inama cyangwa se agira ngo umufashe muri ‘orientation’ y’ikibazo runaka agize.”

Ku rundi ruhande, Dr Bonfils Muhirwa avuga ko nta kintu gishimisha muganga nko kubona umurwayi avurwa agakira.

By’umwihariko, abaganga bita ku ndwara z’abana n’abagore, bashimishwa no kubona umuryango wari warabuze urubyaro kubera ikibazo runaka, muganga agira uruhare mu gutuma gicyemuka, umugore agasama, bakazahamagara muganga ‘bamubwira ko byaciyemo.’

Dr Muhirwa avuga ko we nka muganga ashimishwa n’uko yabonye ikibazo runaka umuntu afite akagira uruhare mu gutuma gicyemuka hanyuma umugore agasama.

Inama aha abarwayi…

Uyu muganga ukorera mu bitaro bya Nyamata mu Karere ka Bugesera asaba abarwayi cyange cyane abacyenera serivisi ze ko n’ubwo hari ibyo bashobora gukora kugira ngo bavure umugore cyangwa umwana ufite ikibazo runaka ariko ntigicyemuke ngo bakire, burya ntako muganga aba atagize.

Ngo n’iyo bitagenze neza  umurwayi ntabone services nk’uko yabyifuzaga, muganga aba yakoze iyo bwabaga ariko bikanga.

TAGGED:featuredFilsIbitaroMasaboMugangaMuhirwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intumwa za Polisi ya Zambia Zasuye Polisi y’u Rwanda
Next Article Inama Minisiteri Y’Ubuhinzi Igira Abahinzi Muri Iki Gihe Cy’Imvura Idasanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?