Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ‘Uwahoze’ Ari Umunyamakuru Mu Rwanda Yagiye Muri RNC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

‘Uwahoze’ Ari Umunyamakuru Mu Rwanda Yagiye Muri RNC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 May 2023 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mukunzi Rubens  wahoze ari umunyamakuru wakoraga ikiganiro kuri imwe muri radio zo mu Rwanda zikomeye,  yamaze kwiyunga n’abagize RNC ivuguruye. Asigaye akorana n’abarwanya u Rwanda.

Mukunzi yahoze yitwa  ‘Mr. Bean’ ubwo yakoraga ikiganiro ‘Sugira’ cyatambukaga mu gitondo kuri iyo radio.

Abantu bamukundiraga ko yagiraga urwenya, akamenya gutuma abantu baramukana agasusuruko.

Nyuma yaje gushinga ikinyamakuru cye yise ‘Oasis Gazette’ agishinga murumuna we.

Ni ikinyamakuru cyagarukaga cyane cyane ku nkuru z’uburezi.

Rubens Mukunzi yaje kujya muri Amerika mu mwaka wa 2013, agenda mu buryo busanzwe.

Ntiyigeze agaruka i Kigali kuva ubwo!

Nk’uko bijya bigenda, uwo musore yagezeyo atangaza ko atazagaruka mu Rwanda kubera ko Leta yari imumereye nabi.

Yabwiye abo yasanze muri Amerika ko Leta imuziza ubwoko bw’inkuru akora ‘z’uburezi’.

Kuva mu mwaka wa 2013 kugeza ubu( ni ukuvuga nyuma y’imyaka 10) Mr Bean wahoze ari umunyamakuru mu Rwanda nibwo yagaragaye ari ku ifoto hamwe n’abandi banzi b’u Rwanda bihurije muri RNC ivuguruye.

Iby’uko RNC yahinduye isura byatangiye kunugwanugwa mu minsi ishize, ubwo hari amafoto yabonekaga ku mbuga nkoranyambaga ari ho abanyamuryango ba RNC.

Bari  bahuriye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu nama banzuriye mo  ko bagiye gushinga Ihuriro rishya bise “Urubuga ruharanira ineza rusange y’Abanyarwanda”.

Abarigize bamaze igihe kirekire bakora k’uburyo u Rwanda rudatekana.

Babikoraga binyuze mu gutera inkunga no gukorana n’imitwe nka P5, umutwe w’igisirikare wa RNC, umaze igihe ubarizwa mu mashyamba ya DRC.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, hari ku wa Gatanu taliki 20, Gicurasi, 2023 abagize ririya huriro bahuriye i Washington baraganira.

Basohoye itangazo rivuga ko “Abanyarwanda bo muri Leta zitandukanye za Amerika bahuriye hamwe ngo bahuze ijwi kugira ngo basabe Perezida Kagame afungure urubuga rwa politiki mu gihugu”.

Inama irangiye, banditse itangazo maze risinywaho na Prof Charles Kambanda.

Ikinyamakuru IGIHE yanditse ko inyandiko y’imyanzuro y’inama yakozwe na bariya bantu ba RNC ivuguruye, harimo umugambi wo kuzadurumbanya amatora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe mu mwaka wa 2024.

Bamwe mu bagize RNC wakwita ko ivuguruye harimo Gilbert Mwenedata, Tabitha Gwiza, Jean Paul Turayishimye wahoze ushinzwe ubutasi muri RNC yo mu myaka ya 2013 (aba Boston muri Leta yaMassachusetts, USA), Gérvais Condo n’abandi.

Bamwe mu bakomeye bagize RNC iri mu yindi shusho( Ifoto@IGIHE)
TAGGED:AmatorafeaturedRNCRwandaUmunyamakuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Abize Ubukerarugendo N’Amahoteli Barategurirwa Kuba Indashyikirwa
Next Article Sena Y’u Rwanda Yemeje Ishingiro Ry’Ivugurwa Ry’Itegeko Nshinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?