Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwaregeye Kagame Ko Hari Umusirikare Wamuriganyije Hoteli Yayisubijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwaregeye Kagame Ko Hari Umusirikare Wamuriganyije Hoteli Yayisubijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2023 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Frank Musinguzi
SHARE

Umusore witwa Frank Musinguzi wari uherutse kubwira Perezida Kagame ko hari umusirikare ufite ipeti rya Colonel wamuriganyije hoteli, ubu arishimye kuko yasubijwe hoteli ye nk’uko amakuru atugeraho abyemeza.

Umusirikare wambuye Musinguzi iyo hoteli baguze ni (Rtd) Col Joseph Mabano.

Frank Musinguzi ubwo hari habaye Youth Connekt ya 10 yabwiye Perezida Kagame ko yaguze hoteli ya Miliyoni Frw 210  ku nguzanyo yari yahawe muri Banki.

Iyo hoteli yayiguze na Col Mabano, ariko uyu yanga kuyivamo kandi yari yamwishyuye aye ahubwo akomeza kuyibyaza umusaruro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi ngo byabaye kuva muri Werurwe, 2023.

Nyuma yo kumva neza icyo kibazo; Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cya Musinguzi niba gifite ishingiro kizakurikiranwa neza kuko nta mpamvu yatuma arenganywa.

Yabishinzwe inzego z’umwuga za gisirikare, abishinga abakora mu butabera bwa gisivili n’ubuyobozi bw’aho ibintu byabereye.

Perezida Kagame yahise asaba Meya w’Umujyi wa Kigali ko ukuri kugomba kumenyekana, ikibazo kikava mu nzira.

Perezida Kagame yahise asaba ko ikibazo cy’uyu musore gikurikiranwa

Ubu rero Musinguzi avuga ko ashima ko Perezida Kagame yamugiriye mu kibazo kikaba cyarakemutse.

- Advertisement -

Mu bisobanuro yahaye bagenzi bacu ba Mama Urwagasabo, Musinguzi yavuze ko mbere y’uko ibintu bigera hariya, yari asanzwe akodesha iriya hoteli ya Col Mabano.

Gusa ngo igihe cyaje kugera Banki Mabano yari yarafashemo umwenda iza gushaka kumuteza cyamunara.

Ati: “ Ikibazo cyatangiye uriya Col Mabano Joseph mukodesha, cyamunara iza kuza, batangira gushaka kumugurisha nibwo mbimenye twumvikana ko yigurishiriza, abisaba Banki iramwemerera. Banki imaze kumwemerera imuha n’uburenganzira ko njye nawe dukorana amasezerano y’ubugure ariko nanjye kubera ko amafaranga ntayo nari mfite, nari mbizi neza ko ari ukuyasaba Banki…”

Frank Musinguzi avuga ko ubwo yajyaga kwaka Banki amafaranga, yayatse miliyoni Frw 250 ariko ntiyazimuha zuzuye imuha miliyoni Frw 210.

Icyo gihe ngo yaraje abibwira (Rtd) Col Mabano Joseph, nawe arabyemera ndetse ngo bahise basubira kwa notaire bavugurura amasezerano, amafaranga ahinduka miliyoni Frw 210.

Hakurikiyeho ko Banki yamuhaye ayo mafaranga nawe ayaha Mabano birangiye Musinguzi amusaba inzu ze( nize kuko yari yamaze kuzigura na Mabano ariko atarazimuha byeruye)undi arazimwima.

Ngo yazimwimaga avuga ko hari izindi miliyoni Frw 40 amugomba.

Hakurikiyeho kumurega mu nzego z’ibanze ariko zikamurerega ntizabirangiza kugeza ubwo Frank Musinguzi abibwiye Perezida Kagame habaye Youth Connekt ya 10.

Musinguzi ashima ko yasubijwe ibye, uwo mutungo ukaba umwanditsweho.

TAGGED:featuredKagameMusinguziRwandaUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufaransa Bwemeye Gukura Ingabo Zabwo Muri Niger
Next Article Ikigo Cy’Ibimenyetso Byifashishwa Mu Butabera Cyongerewe Imbaraga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?