Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwaregeye Kagame Ko Hari Umusirikare Wamuriganyije Hoteli Yayisubijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwaregeye Kagame Ko Hari Umusirikare Wamuriganyije Hoteli Yayisubijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2023 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Frank Musinguzi
SHARE

Umusore witwa Frank Musinguzi wari uherutse kubwira Perezida Kagame ko hari umusirikare ufite ipeti rya Colonel wamuriganyije hoteli, ubu arishimye kuko yasubijwe hoteli ye nk’uko amakuru atugeraho abyemeza.

Umusirikare wambuye Musinguzi iyo hoteli baguze ni (Rtd) Col Joseph Mabano.

Frank Musinguzi ubwo hari habaye Youth Connekt ya 10 yabwiye Perezida Kagame ko yaguze hoteli ya Miliyoni Frw 210  ku nguzanyo yari yahawe muri Banki.

Iyo hoteli yayiguze na Col Mabano, ariko uyu yanga kuyivamo kandi yari yamwishyuye aye ahubwo akomeza kuyibyaza umusaruro.

Ibi ngo byabaye kuva muri Werurwe, 2023.

Nyuma yo kumva neza icyo kibazo; Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cya Musinguzi niba gifite ishingiro kizakurikiranwa neza kuko nta mpamvu yatuma arenganywa.

Yabishinzwe inzego z’umwuga za gisirikare, abishinga abakora mu butabera bwa gisivili n’ubuyobozi bw’aho ibintu byabereye.

Perezida Kagame yahise asaba Meya w’Umujyi wa Kigali ko ukuri kugomba kumenyekana, ikibazo kikava mu nzira.

Perezida Kagame yahise asaba ko ikibazo cy’uyu musore gikurikiranwa

Ubu rero Musinguzi avuga ko ashima ko Perezida Kagame yamugiriye mu kibazo kikaba cyarakemutse.

Mu bisobanuro yahaye bagenzi bacu ba Mama Urwagasabo, Musinguzi yavuze ko mbere y’uko ibintu bigera hariya, yari asanzwe akodesha iriya hoteli ya Col Mabano.

Gusa ngo igihe cyaje kugera Banki Mabano yari yarafashemo umwenda iza gushaka kumuteza cyamunara.

Ati: “ Ikibazo cyatangiye uriya Col Mabano Joseph mukodesha, cyamunara iza kuza, batangira gushaka kumugurisha nibwo mbimenye twumvikana ko yigurishiriza, abisaba Banki iramwemerera. Banki imaze kumwemerera imuha n’uburenganzira ko njye nawe dukorana amasezerano y’ubugure ariko nanjye kubera ko amafaranga ntayo nari mfite, nari mbizi neza ko ari ukuyasaba Banki…”

Frank Musinguzi avuga ko ubwo yajyaga kwaka Banki amafaranga, yayatse miliyoni Frw 250 ariko ntiyazimuha zuzuye imuha miliyoni Frw 210.

Icyo gihe ngo yaraje abibwira (Rtd) Col Mabano Joseph, nawe arabyemera ndetse ngo bahise basubira kwa notaire bavugurura amasezerano, amafaranga ahinduka miliyoni Frw 210.

Hakurikiyeho ko Banki yamuhaye ayo mafaranga nawe ayaha Mabano birangiye Musinguzi amusaba inzu ze( nize kuko yari yamaze kuzigura na Mabano ariko atarazimuha byeruye)undi arazimwima.

Ngo yazimwimaga avuga ko hari izindi miliyoni Frw 40 amugomba.

Hakurikiyeho kumurega mu nzego z’ibanze ariko zikamurerega ntizabirangiza kugeza ubwo Frank Musinguzi abibwiye Perezida Kagame habaye Youth Connekt ya 10.

Musinguzi ashima ko yasubijwe ibye, uwo mutungo ukaba umwanditsweho.

TAGGED:featuredKagameMusinguziRwandaUmutungo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufaransa Bwemeye Gukura Ingabo Zabwo Muri Niger
Next Article Ikigo Cy’Ibimenyetso Byifashishwa Mu Butabera Cyongerewe Imbaraga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?