Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwateguye Ibitero Bya Hamas Kuri Israel Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwateguye Ibitero Bya Hamas Kuri Israel Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2024 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Israel n’ubw’Amerika buremeza ko ingabo za Israel zishe Marwan Issa zafataga nk’ubwonko bwateguye igitero Hamas yagabye kuri Israel taliki 07, Ukwakira, 2023.

Issa yari uwa gatatu mu bayobozi ba Hamas akaba ari we wahawe uburenganzira bwo gutegura igitero uyu mutwe wagabye mu gitondo cya kare kuri Israel, hari ku wa Gatandatu taliki 07, Ukwakira, umwaka ushize.

Si ubutegetsi bwa Israel butangaza iyo nkuru gusa kuko n’Umujyanama wa Perezida Biden mu by’umutekano witwa Jake Sullivan nawe yaraye abitangarije abanyamakuru mu kiganiro kivuga ku mutekano abagezaho mu bihe bidahindagurika.

Jake Sullivan ni umujyanama wa Biden mu by’umutekano

Sillivan avuga ko igitero cyo kwica Marwan Issa cyagabwe mu Cyumweru gishize kandi ko Israel ikomeje kwitwara neza mu guhangamura abarwanyi ba Hamas.

Ingingo ikomeye iri kuganirwaho n’ubuyobozi bw’Amerika na Israel muri iki gihe ni iyerekeye igitero karahabutaka Israel iri gutegura mu gace ka Rafah aho ikeka ko hihishe abayobozi bakuru ba Hamas.

Aka gace kari kuganirwaho kubera ko muri iki gihe kahungiyemo abarwanyi benshi ba Hamas bivanga n’abaturage ba Gaza bahunze intambara.

Ni agace kandi gaturanye n’umupaka Israel igabaniraho na Misiri.

Mu mikoranire na Israel, Amerika yayigiriye n’indi nama y’uko yareba uko yita ku bice yamaze kwirukanamo Hamas kugira ngo itazabyisubiza ikongera kwisuganya.

Ku rundi ruhande, Amerika igaya Israel ko itigeze itegura aho abasivili bahungiye muri Rafah bazimurirwa n’uko bazabaho ubwo izaba yatangije ibitero kuri aka gace.

Icyakora Israel yemeye kuzohereza muri Amerika itsinda ry’abahanga mu butasi, abasirikare bakuru n’abandi kugira ngo abagize iryo tsinda baganire n’abayobozi b’Amerika ku mpungenge bafite kuri kiriya gitero no kureba niba zakurwaho.

Abanyamerika bavuga ko Hamas iyo iza kubishaka yari butume intambara irangira binyuze mu kurekura abo yashimuse ubwo yagabaga cya gitero cyahitanye abaturage ba Israel barenga 1000.

Mu yandi makuru afitanye isano n’umubano w’Amerika na Israel ni uko umuyobozi wa Sena y’Amerika(nawe ni Umuyahudi) witwa Chuck Schumer ukomoka muri New York asaba ko Netanyahu avaho, bigakorwa binyuze mu matora.

Chuck Schumer
TAGGED:AmerikaHamasIgiteroIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Buri Mwimukira Uzemera Kuza Mu Rwanda Azahabwa Amapawundi 3,000
Next Article Hari Icyizere Ko Umunyamakuru Wa Jeune Afrique Ari Burekurwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?