Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwayoboraga RICA Yaneguye Ku Buyobozi Bwa Njyanama Ya Rusizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwayoboraga RICA Yaneguye Ku Buyobozi Bwa Njyanama Ya Rusizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2024 11:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi akaba ari yari n’Umuyobozi w’ikigo RICA amakuru aravuga ko yanditse yegura ku buyobozi bwa Njyanama. Avuye kuri ubu buyobozi nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe amuvanye mu nshingano zo kuyobora RICA.

Uwumukiza Béatrice yahise atakaza inshingano ebyeri ni ukuvuga ku rwego rwagenwe n’Inama y’Abaminisitiri yo kuyobora RICA ndetse n’iyo kuba Perezida w‘Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi.

Hari ibaruwa yanditswe n’umwungirije ari we Kwizera Giovani Fidèle yasohotse itumira inama idasanzwe yo gusuzuma ubwegure bwa Uwumukiza.

Iyo baruwa igira iti|: “…Nejejwe no kubandikira mbatumira mu nama idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi, izaba ku wa Gatandatu taliki 16/03/2024 saa satu ku biro by’Akarere ka Rusizi”.

Muri iyo baruwa handitsemo ko ku murongo w’ibyigwa harimo gusuzuma ubwegure bw’umuyobozi (Perezida) w’Inama Njyanama, ku mwanya w’ubuyobozi bwayo.

Nubwo hataramenyekana impamvu yatumye Uwumukiza Beatrice yegura ku mwanya wa Perezida w’Inama Njyanama, yari asanzwe ari umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera abaguzi (RICA), umwanya yasimbuweho na Dr Mark Cyubahiro Bagabe.

Inama njyanama yaje kwemera ubwegure bwe.

Uwumukiza asezeye ku mwanya wa Perezida w’Inama Njyanama nyuma y’igihe gito yari yandikiye Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet, amusaba kuzisobanura mu Nama Njyanama izaterana, kubera imyitwarire imuranga mu gihe cy’icyunamo.

Iri tangazo riratumira abajyanama ngo barebere hamwe iyegura rya Uwumukiza.

Inama Njyanama yari ikuriwe na Uwumukiza Beatrice yandikiye Dr Kibiriga igira iti “Iyi nyandiko yawe yo ku wa 1/03/2024 igaragaza ko woweibyo kwibuka bitakureba, ikomeje kubabaza Abanyarwanda bose by’umwihariko irashengura abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umuyobozi ni we ukwiye gutanga urugero mu kubumbatira ubumwe bw’Abanyarwanda”.

Inama Njyanama yasabye ibisobanuro Meya Kibiriga, kuko ngo imyitwarire ye itari myiza ikunze kugaragara igihe cyo kwibuka cyegereje, ndetse imubwira ko bizasuzumwa yateranye.

N’ubwo nta bisobanuro birambuye ku cyamuteye kwegura, hari ibivugwa ko yabangamiraga imikorere ya Nyobozi ya Rusizi bikaba biri mu byatumaga aka Karere kavugwamo bimwe mu bibazo byavuzwe mu itangazamakuru n’ibindi bizwi mu buyobozi bwo hejuru bw’aka Karere n’ubugakuriye.

 

TAGGED:featuredKibirigaMeyaNjyanamaUwumukiza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Batumije Muri Tanzania Umuceri Wapfuye
Next Article DRC Yemeje Ko Igihano Cy’Urupfu Gitangira Gushyirwa Mu Bikorwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?