Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwayoboraga RICA Yaneguye Ku Buyobozi Bwa Njyanama Ya Rusizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uwayoboraga RICA Yaneguye Ku Buyobozi Bwa Njyanama Ya Rusizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2024 11:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwari Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi akaba ari yari n’Umuyobozi w’ikigo RICA amakuru aravuga ko yanditse yegura ku buyobozi bwa Njyanama. Avuye kuri ubu buyobozi nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe amuvanye mu nshingano zo kuyobora RICA.

Uwumukiza Béatrice yahise atakaza inshingano ebyeri ni ukuvuga ku rwego rwagenwe n’Inama y’Abaminisitiri yo kuyobora RICA ndetse n’iyo kuba Perezida w‘Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi.

Hari ibaruwa yanditswe n’umwungirije ari we Kwizera Giovani Fidèle yasohotse itumira inama idasanzwe yo gusuzuma ubwegure bwa Uwumukiza.

Iyo baruwa igira iti|: “…Nejejwe no kubandikira mbatumira mu nama idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Rusizi, izaba ku wa Gatandatu taliki 16/03/2024 saa satu ku biro by’Akarere ka Rusizi”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri iyo baruwa handitsemo ko ku murongo w’ibyigwa harimo gusuzuma ubwegure bw’umuyobozi (Perezida) w’Inama Njyanama, ku mwanya w’ubuyobozi bwayo.

Nubwo hataramenyekana impamvu yatumye Uwumukiza Beatrice yegura ku mwanya wa Perezida w’Inama Njyanama, yari asanzwe ari umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera abaguzi (RICA), umwanya yasimbuweho na Dr Mark Cyubahiro Bagabe.

Inama njyanama yaje kwemera ubwegure bwe.

Uwumukiza asezeye ku mwanya wa Perezida w’Inama Njyanama nyuma y’igihe gito yari yandikiye Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet, amusaba kuzisobanura mu Nama Njyanama izaterana, kubera imyitwarire imuranga mu gihe cy’icyunamo.

Iri tangazo riratumira abajyanama ngo barebere hamwe iyegura rya Uwumukiza.

Inama Njyanama yari ikuriwe na Uwumukiza Beatrice yandikiye Dr Kibiriga igira iti “Iyi nyandiko yawe yo ku wa 1/03/2024 igaragaza ko woweibyo kwibuka bitakureba, ikomeje kubabaza Abanyarwanda bose by’umwihariko irashengura abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umuyobozi ni we ukwiye gutanga urugero mu kubumbatira ubumwe bw’Abanyarwanda”.

- Advertisement -

Inama Njyanama yasabye ibisobanuro Meya Kibiriga, kuko ngo imyitwarire ye itari myiza ikunze kugaragara igihe cyo kwibuka cyegereje, ndetse imubwira ko bizasuzumwa yateranye.

N’ubwo nta bisobanuro birambuye ku cyamuteye kwegura, hari ibivugwa ko yabangamiraga imikorere ya Nyobozi ya Rusizi bikaba biri mu byatumaga aka Karere kavugwamo bimwe mu bibazo byavuzwe mu itangazamakuru n’ibindi bizwi mu buyobozi bwo hejuru bw’aka Karere n’ubugakuriye.

 

TAGGED:featuredKibirigaMeyaNjyanamaUwumukiza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Batumije Muri Tanzania Umuceri Wapfuye
Next Article DRC Yemeje Ko Igihano Cy’Urupfu Gitangira Gushyirwa Mu Bikorwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?