Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwayoboraga Urwego Rw’Iperereza Ku Bwa Kabila Yahamagajwe n’Ubushinjacyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwayoboraga Urwego Rw’Iperereza Ku Bwa Kabila Yahamagajwe n’Ubushinjacyaha

admin
Last updated: 09 March 2021 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Kalev Mutond wahoze ayobora Ikigo Gishinzwe Iperereza cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yahamagajwe n’ubushinjacyaha ngo yisobanure ku byaha bikomeye akekwaho birimo iyicarubozo.

Mutond w’imyaka 64 yayoboye Agence Nationale de Renseignements (ANR) mu gihe cy’imyaka umunani hagati ya 2011 na 2019. Yari umwe mu bizerwa ba Joseph Kabila wahoze ayobora icyo gihugu.

Mutond yategetswe kwitaba Ubushinjacyaha bukuru i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri nyuma y’ibirego byatanzwe n’abarimo Joseph Kapepula ku wa 4 Gashyantare, wamushinje ibyaha birimo gufunga bidakurikije amategeko, iyicarubozo rikorerwa umubiri n’ibitekerezo, ibikorwa bitari ibya kimuntu n’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi.

Uwitwa Christopher Ngoyi we yatanze ikirego ku wa 14 Mutarama 2021 amushinja gushimuta, gufunga binyuranyije n’amategeko n’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Hari n’abandi benshi batanze ibirego mu bihe bitandukanye ku byaha bisa n’ibya bagenzi babo.

Mu nyandiko yasohowe n’abunganizi mu mategeko ba Mutond batangaje ko mu batanze ibirego bose nta wigeze agaragaza ikibazo cyihariye n’uruhare bwite rw’umukiliya wabo mu byo bamurega.

Nk’uko ikinyamakuru Actualite.cd cyabitangaje, abo banyamategeko bavuze ko abakora mu nzego za leta atari abatagatifu, ko hashobora kubaho ibikorwa bibujijwe n’itegeko mu gihe abakozi baba abapolisi, abashinzwe abinjira n’abasohoka cyangwa abashinzwe iperereza bakora inshingano zabo.

Bakomeje basaba abatanze ibirego kugaragaza “uburyo ibyo bavuga byaba byarakozwe ku itegeko cyangwa amabwiriza bwite ya Kalev Mutond.”

Bavuze ko abatanze ibirego bose baturuka mu cyiciro kimwe mu rwego rwa politiki , bigaragaza ko batagamije ubutabera ahubwo bigamije guhungabanya ubumwe bw’igihugu.

- Advertisement -

Babihuje n’inkubiri ikomeje yo kwibasira abantu bose bahoze ari aba hafi ya Joseph Kabila ubwo yari ku butegetsi mbere yo gusimburwa na Felix Tshisekedi.

TAGGED:Kalev Mutond
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukingira COVID-19 Bikomereje Mu Bamotari
Next Article Urukiko Rwanze Ko Minagri Ikurwa Mu Rubanza Rwa Nkubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

Umwami W’Ubwongereza Atinya Ko Canada Izomekwa Kuri Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mu Buyobozi Bw’Intara Harimo Urunturuntu-Tshisekedi

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

RDF Iri Kubaka Igisirikare Cya Mozambique Kirwanira Ku Butaka

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hari Ibiganiro Ku Mubano Urambye Wa Israel Na Syria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbutabera

DRC: Hari Ubwumvikane Buke Hagati Ya Minisitiri W’Ubutabera N’Umushinjacyaha Mukuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC Irataka Ko Impunzi Z’Abanya Centrafrique Zinjira Ku Bwinshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?