Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwayoboraga Urwego Rw’Iperereza Ku Bwa Kabila Yahamagajwe n’Ubushinjacyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwayoboraga Urwego Rw’Iperereza Ku Bwa Kabila Yahamagajwe n’Ubushinjacyaha

Last updated: 09 March 2021 12:29 pm
Share
SHARE

Kalev Mutond wahoze ayobora Ikigo Gishinzwe Iperereza cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yahamagajwe n’ubushinjacyaha ngo yisobanure ku byaha bikomeye akekwaho birimo iyicarubozo.

Mutond w’imyaka 64 yayoboye Agence Nationale de Renseignements (ANR) mu gihe cy’imyaka umunani hagati ya 2011 na 2019. Yari umwe mu bizerwa ba Joseph Kabila wahoze ayobora icyo gihugu.

Mutond yategetswe kwitaba Ubushinjacyaha bukuru i Kinshasa kuri uyu wa Kabiri nyuma y’ibirego byatanzwe n’abarimo Joseph Kapepula ku wa 4 Gashyantare, wamushinje ibyaha birimo gufunga bidakurikije amategeko, iyicarubozo rikorerwa umubiri n’ibitekerezo, ibikorwa bitari ibya kimuntu n’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi.

Uwitwa Christopher Ngoyi we yatanze ikirego ku wa 14 Mutarama 2021 amushinja gushimuta, gufunga binyuranyije n’amategeko n’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi.

Hari n’abandi benshi batanze ibirego mu bihe bitandukanye ku byaha bisa n’ibya bagenzi babo.

Mu nyandiko yasohowe n’abunganizi mu mategeko ba Mutond batangaje ko mu batanze ibirego bose nta wigeze agaragaza ikibazo cyihariye n’uruhare bwite rw’umukiliya wabo mu byo bamurega.

Nk’uko ikinyamakuru Actualite.cd cyabitangaje, abo banyamategeko bavuze ko abakora mu nzego za leta atari abatagatifu, ko hashobora kubaho ibikorwa bibujijwe n’itegeko mu gihe abakozi baba abapolisi, abashinzwe abinjira n’abasohoka cyangwa abashinzwe iperereza bakora inshingano zabo.

Bakomeje basaba abatanze ibirego kugaragaza “uburyo ibyo bavuga byaba byarakozwe ku itegeko cyangwa amabwiriza bwite ya Kalev Mutond.”

Bavuze ko abatanze ibirego bose baturuka mu cyiciro kimwe mu rwego rwa politiki , bigaragaza ko batagamije ubutabera ahubwo bigamije guhungabanya ubumwe bw’igihugu.

Babihuje n’inkubiri ikomeje yo kwibasira abantu bose bahoze ari aba hafi ya Joseph Kabila ubwo yari ku butegetsi mbere yo gusimburwa na Felix Tshisekedi.

TAGGED:Kalev Mutond
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukingira COVID-19 Bikomereje Mu Bamotari
Next Article Urukiko Rwanze Ko Minagri Ikurwa Mu Rubanza Rwa Nkubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?