Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwishe Shinzo Abe Ati: ‘Namuzijije Kuduhindura Abakene’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uwishe Shinzo Abe Ati: ‘Namuzijije Kuduhindura Abakene’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2022 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Tetsuya Yamagami ukurikiranyweho kwica  uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yabwiye Polisi ko igitekerezo cyo kumwica cyamujemo nyuma y’uko idini Shinzo Abe yagize uruhare mu gushinga, ryatumye umuryango we ukena.

Yamagami ni umuhungu w’ababyeyi bahoranye ikigo cyatangaga serivisi z’ubwubatsi kandi cyari giteye imbere.

Nyina yari umwe mu bayoboke b’idini ryitwa Unification Church of the Japan naryo rishingiye ku rundi rigari ryitwa the Family Federation for World Peace and Unification.

Afite mushiki we na murumuna we.

Icyakora Se yapfuye akiri muto, ikigo cyabo cy’ubucuruzi gitangira gucungwa na Nyina.

Uyu mubyeyi yaje kuba umuyoboke w’imena wa rya dini ndetse akajya atanga amaturo n’impano bitubutse.

Umwe mubo mu muryango wa Yamagami niwe wabibwiye kimwe mu binyamakuru byo mu Buyapani bikomeye kitwa Asahi Shimbun.

Nyuma y’igihe runaka, Yamagami yagiye kumva yumva umwe mu bavandimwe be aramuhamagaye, amutakambira ko bashonje, ko nta cyo guteka bafite.

Kubera ko hari uko yari ameze mu mufuka, yatangiye kuboherereza agafaranga ndetse akanapfunyikisha inyama ngo bazibagemurire bityo barye akaboga.

Ubudahemuka bwa Nyina kuri ririya dini nibwo bwatumye umutungo w’ikigo cyabo urangira kuyoyoka.

Mu mwaka wa 2002 Nyina yatangirije ikigo cyabo gishinzwe imisoro n’amahoro ko ubucuruzi bwabo bwahombye, ndetse mu mwaka wa 2009 ikigo kirafunga.

Yamagami yaje kumenya ko mu mikorere no mu mishingirwe ya ririya dini ryakenesheje ababyeyi be, Minisitiri w’Intebe Shinzo Abe yabigizemo uruhare bituma atangira kumwitwaramo umwikomo n’urwango.

Yabwiye abagenzacyaha ko urwango yanze Abe rwakomeje gukura kugeza ubwo ateguye uko azamuhitana.

Iby’uko yaba yaramwishe amuziza impamvu za Politiki, yarabihakanye ahubwo ashimangira ko yamujijije ko yagize uruhare mu gutuma idini ryahombeje Nyina rivuka.

Yasanze aho kugira ngo yice uwayoboraga ririya dini, ahubwo yakwivugana Shinzo Abe kuko ari we wari umuyobozi mukuru ku rwego rw’igihugu kandi akaba yaragize uruhare mu guhombya umutungo w’iwabo nk’uko yabivugaga.

Ukurikiranyweho kwica Minisitiri Abe avuga ko mbere yabanje gutekereza uko yakoresha ikintu giturika ariko asanga cyahitana benshi ahitamo gukora imbunda kuko ari yo yari bwice Abe wenyine.

Yamagani yabanje kugerageza niba imbunda ye izakora, asanga izabishobora.

N’ubwo abagenzacyaha bavuga ko uriya musore yakoze ibyo azi kandi yateguye neza kuko yari afite na gahunda y’aho Shinzo Abe aziyamamariza, ngo ntibikuraho ko agomba gukorerwa isuzuma ry’ubuzima bwo mu mutwe ngo harebwe niba nta kibazo ahafite.

Nyuma yabyo nibwo hazakurikiraho ibindi bikorwa byo kumukurikirana mu nkiko.

Shinzo Abe aherutse gushyingurwa.

TAGGED:AbeBuyapanifeaturedMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Y’u Rwanda Yasabye Urubyiruko Ruba Hanze Kuyijyamo
Next Article Airtel Money Yatangiye Gukorana Na Za SACCO
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?