Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Virus Ya Delta Yagamburuje Israel ‘Isubizaho’ Kwambara Agapfukamunwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Virus Ya Delta Yagamburuje Israel ‘Isubizaho’ Kwambara Agapfukamunwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2021 7:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama y’Abaminisitiri ba Israel yaraye iteranye ifata umwanzuro w’uko abaturage bagiye kongera kujya basohoka mu ngo zabo bambanye agapfukamunwa. Israel yari imaze amezi make ihaye uburenganzira abayituye bw’uko batazongera kwambara agapfukamunwa aho bari hose.

Iki cyemezo cyari cyarafashwe nyuma y’uko iki gihugu cyari cyarizeye ko cyarangije guhashya bigaragara ubwandu bwa COVID-19 nyuma yo gukingira abaturage barenga 60%.

Imyanzuro yaraye ifashwe, yemeza ko guhera mu mpera z’iki Cyumweru, abaturage bagomba gusohoka mu ngo zabo bambaye udupfukamunwa.

The Jerusalemu Post yanditse ko abakora mu nzego za Leta bagomba gukora batarenze 50%  by’umubare wose w’abakozi ndetse n’abikorera nabo basabwe gukurikiza uyu mubare.

Hari gahunda kandi yo gushyiraho urutonde rw’ibihugu bicye bifite abaturage bemerewe kujya muri Israel.

Minisitiri w’ingabo za  Israel Benny Gantz avuga ko mu Ukwakira hashobora kuzafatwa ingamba zirimo na Guma mu rugo.

Muri Guma mu rugo ya Israel nibwo bateganya kuzakingira abaturage benshi.

Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe Delta nibwo bwatumye Israel iva ku izima, ifata izindi ngamba zo kubukumira.

Guverinoma ya Israel iherutse guterana isaba  abatuye Isi kubanza gutekereza kabiri mbere yo gukingiza abaturage babo urukingo rwa Pfizer-BioNTech.

Ni igitekezo cyazamuwe nyuma yo kubona ko abaturage bayo bari barakingiwe COVID-19 hakoreshejwe urukingo Pfizer-BioNTech bari kwandura ubwoko bushya bwayo bwiswe Delta.

Imibare yerekana uko ubwandu bwifashe muri Israel. Abaturage bari guhabwa urukingo rwa gatatu baracyari bacye

Israel nicyo gihugu cya mbere ku isi cyakingiye abaturage bacyo benshi ku kigero cya 61% gikoresheje urukingo rwa Pfizer-BioNTech.

Kubera ubwinshi bw’abaturage bayo baherutse kwandura, byabaye ngombwa ko Minisitiri w’Intebe Naftali Bennett atumiza Inama idasanzwe ya Guverinoma kugira ngo barebere hamwe icyakorwa.

Inama yabahurije mu Biro bya Minisitiri w’Intebe biri ahitwa Kirya mu mujyi wa Tel Aviv.

Ubu iki gihe muri kiriya gihugu ubwandu buri kuzamuka ku kigero cya 1.52%, ubu bukaba ari ubwandu bunini buhagaragaye ugereranyije n’uko byari bimeze guhera muri Werurwe, 2021.

Imibare y’uko iki cyorezo kimeze muri Israel irakusanywa igashyirwa mu mbonerahamwe inshuro eshatu buri munsi.

Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe Delta abahanga bo mu Buhinde babwise ko bwihinduranya mu buryo bubiri  butandukanye.

Ubwo buryo babuhaye amazina ari yo: L452R na E484Q.

L452R ni uburyo Delta yihinduranya busa n’ubundi bwigeze kwitirirwa California mu gihe uburyo bwa E484Q bwo busa n’ubundi bwigeze kugaragara muri Brazil no muri Afurika y’Epfo.

Proteins nizo zifasha COVID-19 kubaho. Ni ibiryo byayo

Ubu buryo bwombi buherereye muri za proteins z’iriya virus k’uburyo buyifasha kwinjira no kuzahaza umuntu mu buryo bwihuse.

Bizwi ko proteins ari zo biribwa bya virus itera indwara ya COVID-19.

TAGGED:AgapfukamunwaCOVID-19DeltafeaturedIsrael
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyaranze Uruzinduko Rwa Perezida Samia Suluhu Mu Mafoto 20
Next Article U Rwanda Rwohereje ‘Indi Batayo’ Muri Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?