Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vital Kamerhe Wari Uherutse Gufungurwa ‘Yavuye’ Mu Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Vital Kamerhe Wari Uherutse Gufungurwa ‘Yavuye’ Mu Gihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2022 6:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru atangarizwa kuri Twitter na bamwe mu banyamakuru bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo aremeza ko Vital Kamerhe yaraye yuriye indege ajya mu gihugu batatangaje.

Birakekwaho yaba yagiye kwivuza ariko nyirubwite we ntacyo arabivugaho.

Uyu mugabo uri mu banyapolitiki bazwi cyane mu gihugu cye yari aherutse kurekurwa by’agateganyo nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko rusesa imanza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

#RDC: Plusieurs sources confirment ce soir, le voyage de Vital Kamerhe qui a quitté le pays ce lundi dans la soirée pour des soins appropriés à l'étranger

— Stanis Bujakera Tshiamala (@StanysBujakera) January 3, 2022

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yarekuwe tariki 06, Ukuboza, 2021 nyuma y’umwaka umwe yari amaze muri gereza kubera icyaha yabamijwe cya ruswa no kunyereza amafaranga Leta ya Felix Tshisekedi yari yarateguriye kubaka ibikorwa remezo byo kuzamura ubukungu mu gihe cy’iminsi 100 ya mbere y’ubutegetssi bwe.

Urukiko rwari rwarakatiye Vital Kamerhe igifungo cy’imyaka 20 ariko cyaje kugabanywa kigirwa imyaka 13.

Ikinyamakuru kitwa Africa Report giherutse kwandika ko irekurwa rya Kamerhe ryatewe n’uko abamuburanira beretse abacamanza ko nta mpamvu yo gukomeza kumufunga kuko hari benshi basangiye ariya mafaranga ariko bakidegembya bityo ko bidakwiye ko ari we uyaryozwa wenyine.

Icyemezo cyafashwe cyari icyo kumurekura by’agateganyo none amakuru aravuga ko yiriye indege ava mu gihugu.

Umunyamategeko wabigizemo uruhare rukomeye ni uwitwa Pulusi Eka Hugues, uyu akaba ari umwe mu banyamategeko bakomeye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

- Advertisement -

Biravugwa ko yagiye kwitabwaho…

Andi makuru ava i Kinshasa avuga ko Vital Kamerhe yuriye indege ifite pulake 9H-GRS ajya mu Bubiligi ‘kwitabwaho.’

Bivugwa ko iyi ndege yamujyanye i Bruxelles ihagera saa tanu z’ijoro zibura iminota itanu. Ngo yari ari kumwe n’umugore witwa Hamida Kamerhe.

Vital Kamerhe afite imyaka 62 y’amavuko. Mu matora y’Umukuru w’igihugu yabaye mu mwaka wa 2018, Kamerhe yari ashyigikiye Felix Tshisekedi, uyu amaze gutsinda amuhemba kuba Umuyobozi mukuru w’ibiro bye.

Muri izi nshingano niho bivugwa ko yaririye miliyoni 50$ zari zigenewe ibikorwa byo kuzahura ubukungu muri gahunda y’iminsi 100 Perezida Tshisekedi yari yihaye.

Kugeza ubu ntibiratangazwa niba koko Kamerhe yajyanywe mu Bubiligi no kwivuza cyangwa yahunze igihugu.

TAGGED:CongofeaturedKamerheTshisekediUrukikoVital
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imishahara y’Abarimu Muri RDC Yibwe
Next Article Hadutse Ubundi Bwoko Bwa COVID, Bwihunduranyije Inshuro 46
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?