Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vladimir Putin Yasinye Itegeko Rishobora Kumugumisha Ku Butegetsi Kugeza mu 2036
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Vladimir Putin Yasinye Itegeko Rishobora Kumugumisha Ku Butegetsi Kugeza mu 2036

Last updated: 06 April 2021 3:44 pm
Share
SHARE

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yasinye itegeko rimwemerera kuba yakwiyamamariza izindi manda ebyiri ziri imbere, ku buryo yaguma ku butegetsi kugeza ku mwaka wa 2036.

Impinduka muri iri tegeko nshinga ziheruka gutorwa binyuze muri kamarampaka muri Nyakanga 2020.

Mu buryo busanzwe, Putin yagombaga kuzasohoka muri Kremlin ubwo manda ye izaba irangiye mu 2024, kubera ko itegeko nshinga ry’icyo gihugu ritemerera perezida gutegeka manda zirenze ebyiri zikurikiranya.

Gusa mu mavugurura yakozwe, hashyizwemo ingingo ivuga ko “iyo ngingo itareba abagiye mu mwanya w’Umukuru w’Igihugu mbere y’uko amavugurura y’itegeko nshinga atangira kubahirizwa.”

Aramutse akomeje gutegeka, Putin ubu ufite imyaka 68 yazageza mu 2036 afite 84.

Uyu mugabo yatangiye kuyobora u Burusiya mu 2000, afatwa nk’umwe mu bategetsi bubashywe ku isi kandi badaterwa ubwoba n’uwo ari we wese.

Ni ubwa mbere agiye kumara manda nyinshi zikurikiranya, kuko mu 2008 yaguranye imyanya na Dmitri Medvedev wari Minisitiri w’Intebe, aba perezida naho Putin aba Minisitiri w’Intebe.

Nyuma y’imyaka ine, mu 2012 buri wese yasubiranye umwanya we nubwo mu gihugu habaye imyigaragambyo ikomeye.

Icyo gihe imyaka ya manda ya perezida yahise yongerwa ivanwa kuri ine iba itandatu. Putin aheruka gutorerwa manda ya kabiri mu 2018 izarangira mu 2024, atsinda amatora n’amajwi 76%.

Itegeko ryasinywe kuri uyu wa Mbere kandi ryemerera uwabaye perezida w’u Burusiya ubudahangarwa ubuzima bwe bwose.

Biteganywa ko umuntu wemerewe guhatanira kuba perezida w’ Burusiya agomba kuba afte nibura imyaka 35, atuye mu Burusiya mu buryo buhoraho nibura mu myaka 25 ishize kandi atarigeze agira ubwenegihugu bw’ikindi gihugu.

TAGGED:Dmitri MedvedevfeaturedVladimir Putin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Benjamin Netanyahu Yahawe Ububasha Bwo Gushyiraho Guverinoma Nshya
Next Article Kagame, Ouattara, Tshisekedi… ‘Bategerejwe’ I Paris
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?