Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Vladimir Putin Yasinye Itegeko Rishobora Kumugumisha Ku Butegetsi Kugeza mu 2036
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Vladimir Putin Yasinye Itegeko Rishobora Kumugumisha Ku Butegetsi Kugeza mu 2036

admin
Last updated: 06 April 2021 3:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yasinye itegeko rimwemerera kuba yakwiyamamariza izindi manda ebyiri ziri imbere, ku buryo yaguma ku butegetsi kugeza ku mwaka wa 2036.

Impinduka muri iri tegeko nshinga ziheruka gutorwa binyuze muri kamarampaka muri Nyakanga 2020.

Mu buryo busanzwe, Putin yagombaga kuzasohoka muri Kremlin ubwo manda ye izaba irangiye mu 2024, kubera ko itegeko nshinga ry’icyo gihugu ritemerera perezida gutegeka manda zirenze ebyiri zikurikiranya.

Gusa mu mavugurura yakozwe, hashyizwemo ingingo ivuga ko “iyo ngingo itareba abagiye mu mwanya w’Umukuru w’Igihugu mbere y’uko amavugurura y’itegeko nshinga atangira kubahirizwa.”

Aramutse akomeje gutegeka, Putin ubu ufite imyaka 68 yazageza mu 2036 afite 84.

Uyu mugabo yatangiye kuyobora u Burusiya mu 2000, afatwa nk’umwe mu bategetsi bubashywe ku isi kandi badaterwa ubwoba n’uwo ari we wese.

Ni ubwa mbere agiye kumara manda nyinshi zikurikiranya, kuko mu 2008 yaguranye imyanya na Dmitri Medvedev wari Minisitiri w’Intebe, aba perezida naho Putin aba Minisitiri w’Intebe.

Nyuma y’imyaka ine, mu 2012 buri wese yasubiranye umwanya we nubwo mu gihugu habaye imyigaragambyo ikomeye.

Icyo gihe imyaka ya manda ya perezida yahise yongerwa ivanwa kuri ine iba itandatu. Putin aheruka gutorerwa manda ya kabiri mu 2018 izarangira mu 2024, atsinda amatora n’amajwi 76%.

Itegeko ryasinywe kuri uyu wa Mbere kandi ryemerera uwabaye perezida w’u Burusiya ubudahangarwa ubuzima bwe bwose.

Biteganywa ko umuntu wemerewe guhatanira kuba perezida w’ Burusiya agomba kuba afte nibura imyaka 35, atuye mu Burusiya mu buryo buhoraho nibura mu myaka 25 ishize kandi atarigeze agira ubwenegihugu bw’ikindi gihugu.

TAGGED:Dmitri MedvedevfeaturedVladimir Putin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Benjamin Netanyahu Yahawe Ububasha Bwo Gushyiraho Guverinoma Nshya
Next Article Kagame, Ouattara, Tshisekedi… ‘Bategerejwe’ I Paris
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?