Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: WHO/OMS Yaburiye Isi Ko Hashobora Kwaduka Indi COVID-19 Ikaze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

WHO/OMS Yaburiye Isi Ko Hashobora Kwaduka Indi COVID-19 Ikaze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2022 8:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita k’ubuzima, WHO/OMS, rivuga ko mu gihe kiri imbere kandi kitarambiranye ku isi hazaduka ubundi bwoko bwa COVID-19 bwihinduranyije bwandura vuba kandi bukazahaza benshi.

WHO/OMS yibutsa abatuye isi ko iriya virus igihari kandi yica bityo ko batagombye gukomeza kwirara.

Muri uyu mwaka(2022) hari ibindi WHO/OMS ivuga ko bizagera ku batuye isi bitewe n’iki cyorezo.

Ni ibintu bitatu:

Hari ikintu cyiza, ikintu gishoboka n’ikintu kibi kurushaho.

Umuyobozi mukuru wa ririya shami Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus avuga ko ubumenyi abahanga bafite kuri iriya virusi bubereka ko izakomeza gukura.

Ni virusi ifite amayeri menshi yo kwihinduranya kugira ngo ibone uko ibaho.

Icyiza muri ibi,  ni uko mu gukomeza kwihinduranya kwayo, izajya ihura n’ubudahangarwa bw’imibiri y’abantu bikingije bityo ntibazahaze.

Gusa kwikingiza ntibivuze kutazandura ubuziraherezo.

Bizwi ko urukingo rugira igihe runaka rukomeza umubiri n’igihe runaka izo mbaraga zarwo zigabanuka bikaba ngombwa ko uwakingiwe yongera gukingirwa.

Tedros Adhanom Ghebreyesus avuga ko mu gihe kiri imbere bizaba ngombwa ko abantu bakuze cyangwa abandi bafite umubiri udafite ubudahangarwa bukomeye bongera gukingirwa.

Ubuyobozi bukuru bwa WHO/OMS buvuga ko n’ubwo bigaragara ko abantu muri rusange bikingije, icyagaragaye ari uko mu minsi iri imbere ubwo abantu benshi bazaba baragejeje igihe cyo kongera kwingiza, hagati aho hashobora kuzaduka COVID-19 yihinduranyije ikaza yanduza kandi irembya cyane.

Niyo mpamvu ubuyobozi bwa WHO/OMS busaba abayobozi mu bihugu binyamuryango bya WHO/OMS gukomeza gukingira ababituye.

Umukozi w’iri shami ushinzwe gukurikirana uko gukingirwa bikorwa ku isi witwa Maria Van Kerkhove avuga ko n’ubwo abantu bikingije ari benshi kandi bikaba bigikomeje, virusi ya COVID-19 igifite imbaraga.

Ngo nk’uko imbonerahamwe z’uko ubwandu bw’iki cyorezo buhagaze ku isi ibyerekana  mu Cyumweru gishize, abantu miliyoni 10 ku isi hose banduye COVID-19.

Muri bo  abantu 45 000 yarabahitanye.

Ni imbonerahamwe bita WHO Coronavirus (COVID-19) Situation Dashboard.

Iyi mbonerahamwe yerekana ko Afurika ari yo ifite ubwandu bucye n’aho u Burayi bukaba ubwa mbere mu kwandura

Uyu mubare kandi ni muto bitewe n’uko hari ibihugu bitagipima abaturage babyo kubera kwirara ngo ubwandu bwarahagaze.

Bivuze ko imibare igera muri WHO/OMS ari micye ugereranyije n’uko ikibazo giteye mu by’ukuri.

TAGGED:COVID-19featuredOMSUbuzimaUbwandu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intambara Ya Ukraine N’u Burusiya Iri Kutugiraho Ingaruka Mu Bukungu- Min Biruta
Next Article Dubai: U Rwanda Rwahawe Igihembo Cya Zahabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?