Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: William Ruto Arateganya Kuzafunga Kenyatta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

William Ruto Arateganya Kuzafunga Kenyatta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2022 11:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yatangizaga ibikorwa byo kwiyamamariza kuzayobora Kenya, William Ruto yatangaje ko natsinda amatora azashyiraho urukiko rwihariye rwo kuburanisha Uhuru Kenyatta kubera ibyaha amushinja ko yakoze mu gihe amaze ayobora Kenya.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya ateganyijwe Taliki 09, Kanama, 2022.

William Ruto yatangije ishyaka rye bwite ari gukoresha mu kwiyamamaza yise Kenya Kwanza( Kenya mbere na mbere).

Avuga ko abaturage nibamutorera kuyobora Kenya azashyiraho urukiko rwo gukurikirana abantu bakoze ibyaha birimo kunyereza umutungo wa Kenya no kurigisa abantu.

Mu kwiyamamaza kwe, Ruto yavuze ko nyuma y’intsinzi yo kuyobora Kenya, nta minsi 30 izashira atarashinga ruriya rukiko.

Igitangaje ni uko William Ruto asanzwe ari Visi Perezida wa Repubulika iyobowe n’uwo ashinja kurigisa abantu no kuba ‘sesa bayore’ mu mutungo wa rubanda.

Avuga ko Kenya iyobowe n’amatsinda y’abatekamutwe bakora uko bashoboye ngo basahure ikigega cya Leta.

Ruto avuga ko impamvu ituma buriya bujura bushoboka, ari uko Perezida Uhuru amaze imyaka 10 ategekana n’abantu bamufasha mu gutuma atera imbere nawe akabashyiriraho uburyo bwo gukoresha umutungo w’igihugu mu nyungu zabo.

Avuga ko inzego nyinshi z’ubukungu bwa Kenya zicunzwe n’abantu bake bafite aho bahuriye na Perezida Uhuru Kenyatta.

Ngo Leta ya Kenya ifitwe mu ntoki n’abatoni ba Perezida Uhuru Kenyatta bityo ngo najya k’ubutegetsi bose bazabiryozwa.

TAGGED:AmatorafeaturedKenyaKenyattaPerezidaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FDLR Ifite Ahantu Hanini Igenzura Muri DRC-Raporo
Next Article Mu Rwanda Haracyekwa Ubwandu Bushya Bwa COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

‘Body Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Chameleone FM: Radiyo Chameleone Agiye Gutangiza i Bujumbura

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?