Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yafashwe Yagiye Kurangura Urumogi, Agerageza Gutanga Ruswa Ya Miliyoni 1 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Yafashwe Yagiye Kurangura Urumogi, Agerageza Gutanga Ruswa Ya Miliyoni 1 Frw

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2021 10:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe abantu batanu bakekwaho gukwirakwiza urumogi, umwe muri bo agerageza guha umupolisi ruswa ya miliyoni 1 Frw ngo amurekure, ariko aramuhakanira.

Uko ari batanu bafashwe ku wa 5 Gicurasi 2021, bafatirwa mu mirenge ya Bigogwe na Mukamira yose yo mu Karere ka Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba, bafite udupfunyika 11.724 tw’urumogi.

Abafashwe ni  umukobwa w’imyaka 28 wafatanywe udupfunyika 1000 ari mu modoka itwara abagenzi, umugabo w’imyaka 50 wafatanywe udupfunyika 1000 n’umukobwa w’imyaka 29 wafatanywe udupfunyika 3500. Mu rugo rumwe hafatiwe udupfunyika 6224, hanafatirwa umusore w’imyaka 27 wari wagiye kururangura, ari nawe washatse guha umupolisi ruswa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yagiye atangwa n’abaturage.

Benshi muri bo bafatiwe mu ngo zabo, usibye umwe wafatiwe i Mukamira mu modoka, akavuga ko urwo rumogi yari agiye kurucuruza mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.

CIP Karekezi yavuze ko umwe mu batawe muri yombi, akimara gufatwa yinginze umupolisi wari umufashe ngo amuhe ruswa ya miliyoni 1 Frw kugira ngo amureke yigendere, ahubwo bakurikirane uwo yari aje kururanguraho.

Ati “Yikanze abapolisi ahita yihisha munsi y’igitanda ari naho hari hahishe urumogi, abapolisi bakomeje gushakisha urwo rumogi barugeraho munsi y’igitanda, ari naho basanze aryamye.”

“Abonye ko yafashwe yahise yemerera umupolisi ruswa y’amafaranga angana na miliyoni akamurekura, umupolisi na we yanga ayo mafaranga ahita amufata.”

CIP Karekezi yagiriye inama abantu kutijandika mu biyobyabwenge ahubwo bakabizinukwa, kuko nta nyungu n’imwe bazigera babiboneramo usibye gufatwa bagashyikirizwa ubutabera, ibyaha byabahama bakabihanirwa.

Yanibukije abantu ko gukora icyaha ukumva ko nufatwa uzatanga ruswa ari ukwibeshya, kuko ahubwo ari ukwiyongerera ibyaha.

Yasabye abaturage kujya bakora ibyemewe n’amategeko bakirinda ibibagusha mu byaha, abasaba kudahwema gutanga amakuru y’abakora ibinyuranyije n’amategeko.

Aba bantu bose bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Mukamira kugira ngo  bakorerwe dosiye.

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye, birimo n’urumogi.

Itegeko ryerekeye kurwanya ruswa  ryo, ingingo ya 4 ivuga ko  umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa wemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

TAGGED:featuredNyabihuPolisi y'u RwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugonga Umwana Ni Ishyano Riba Riguye- ACP Teddy Ruyenzi
Next Article Menya Ubwiru Bubera Mu Mukino Wo Gusiganwa Ku Magare Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?