Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yibye Miliyoni Frw 2 i Kigali Afatirwa Iwabo Muri Kayonza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Yibye Miliyoni Frw 2 i Kigali Afatirwa Iwabo Muri Kayonza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 April 2023 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego bwatumye umusore wari wibiye muri Nyarugenge ahitwa Quartier Commercial miliyoni Frw 2  afatirwa mu Murenge  wa Ruramira mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’i Burasirazuba. Ni igikorwa cyabaye mu gihe kitegeze ku masaha 24.

Uwafashwe ni  umusore w’imyaka 20, akaba yarafatiwe mu Mudugudu  w’Akabukara, Akagari k’Umubuga, mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza ari n’aho avuka.

Polisi yamufatanye Frw 1,430,000, bivuze ko yari amaze gukoresha akabakaba Frw 700,000.

Amafaranga yafatanywe yasubijwe nyirayo witwa Antoinette Nyirakanani usanzwe ucururiza mu isoko rya Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

Avuga ko amafaranga yibwe yari ayakuye kuri Banki ari Miliyoni ebyiri, ayabika mu kabati.

Ubwo yari arimo avugana n’umukiliya wari uri hanze, umukozi we yinjiye mu kabati arayatwara  undi agarutse arebye amafaranga arayabura nawe aramubura.

Ati: “Yari umukozi wanjye umfasha mu kazi k’ubucuruzi, twari tumaranye hafi ukwezi kumwe. Nyuma yo kubura amafaranga nari mvanye muri Banki nahise ntanga amakuru.”

Nyuma yo gusubizwa amafaranga ye, uwari wibwe yashimiye Polisi y’u Rwanda ko yamusubije amafaranga ye n’ubwo hari ayari yabanje gukoresha.

Ati: “Byandenze! Yayanyibye ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu ku Cyumweru numva ko yahise afatwa. Ubu nkuyemo isomo ryo kutarangara no kutabika amafaranga menshi ahandi hantu hatari kuri Banki.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko nyuma yo kwiba amafaranga uriya musore yahise atorokera mu Karere ka Kayonza.

Yagize ati: “Akimara kwiba aya mafaranga, yahise acikira mu Karere ka Kayonza. Habayeho guhanahana amakuru no gukorana hagati ya Polisi n’izindi nzego z’umutekano mu turere twombi bituma afatwa.”

Yakomeje agira ati: “Bamusanganye miliyoni 1 n’ibihumbi 430 muri miliyoni 2 yari yibye ariko ayandi nayo yari yayaguzemo ibikoresho birimo telefone, imyenda, igikapu n’inkweto nabyo byafatiriwe.”

CIP Twajamahoro asaba abacuruzi kuba maso bakirinda imyitwarire yaha abajura icyuho cyo kwiba.

CIP Twajamahoro ari kumwe n’umugore wasubijwe amafaranga yibwe

Uwafashwe yashyikirijwe ubutabera ngo akurikiranwe, amafaranga yafatanywe asubizwa nyirayo kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Mata, mu gikorwa cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’Umujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo.

Soma indi nkuru bisa…

Nyarugenge: Bibye Umugiraneza Amafaranga Yari Agiye Kwishyurira Abana

TAGGED:KayonzaPolisiRwandaTwajamahoroUmusore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruhare Rw’Amadini Mu Kubaka u Rwanda Ni Urwo Kwishimira- PM Ngirente
Next Article Sudani: Intumwa Z’Amerika Zagabweho Igitero
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera: Abagabo 12 Barakekwaho Gushimuta Inka Mu Minsi Mikuru  

Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe

Uko Umusaruro W’Ibihingwa Wagenze Mu Gihembwe Cya Nyuma Cya 2025

Centrafrique: Touadéra Yongeye Gutsinda Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Urutonde Rw’Ibyo Trump Asaba Umuyobozi Mushya Wa Venezuela

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

You Might Also Like

Ubukungu

Gusura Ingagi Umunyarwanda Azishyura $200, Mu Zindi Pariki Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yashimiye Doumbouya Watorewe Kuyobora Guinée

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abagore Bafunzwe Ntibasurwa N’Abagabo Babo Mu Gihe Abagabo Bo Bihoraho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?