Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yishe Abana Biga Aho Yize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Yishe Abana Biga Aho Yize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2023 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukobwa w’imyaka 28 y’amavuko wo muri Leta ya Tennessee muri Amerika yarashe abana bari bateraniye hamwe yicamo batatu abandi benshi barakomereka. Yishe n’abantu bakuru batatu bari bashinzwe kwita kuri abo bana.

Ni ubwicanyi bwabereye mu kigo kigisha incuke zifite hagati y’imyaka itanu  n’imyaka icyenda.

Abana biga muri iki kigo kitwa Covenant School buri munsi batangirana amasomo isengesho rikorerwa muri Shapeli iri mu ishuri ryabo riba i Nashville.

Ishuri ryabo rifite ubushobozi bwo kwakira abana 200.

Kuri uyu wa mbere ubwo bari barimo basenga, abantu bagiye kumva bumva amasasu menshi aravuze.

Yarashwe n’umukobwa witwa Audrey Hale w’imyaka 28 y’amavuko nawe wigeze kwiga muri iki kigo nk’uko Reuters ibyemeza.

Halwe  nawe ntiyabayeho kuko Polisi yahise imutsinda aho.

Abana barashwe bose bafite imyaka icyenda, umwe yitwa Evelyn Dieckhaus undi yitwa Hallie Scruggs uwa gatatu yitwa William Kinney.

Si abana bonyine bishwe kuko hari n’abantu batatu bakuru nabo bahasize ubuzima.

Mbere y’ubu bwicanyi, ni ukuvuga ku Cyumweru taliki 26, Werurwe, 2023, ubuyobozi bw’iki kigo bwari bwashyize amafoto ku ipaji yacyo ya Facebook.

Yagaragazaga ubusabane bwari bwahuje ubuyobozi n’abana.

Bishimiraga ko umwe mu bakozi b’iki kigo yari hafi kubyara.

Icyo gihe ubuyobozi bw’iki kigo bwaboneyeho gutangaza ko bukeneye abakozi babiri barimo uwita ku bana bato bo mu kiburamwaka ndetse n’umwarimu wigisha incuke ziga mu mwaka wa kane.

Iki kigo gisanzwe gicungwa n’idini ry’aba Perisebitariyani (Presbyterian Church).

Cyashinzwe mu mwaka wa 1981.

Kigisha abana amasomo y’ubuhanzi, science, ikoranabuhanga, ubuyobozi, ubutegetsi n’umuziki.

TAGGED:AbanaAmerikafeaturedUmusore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria: Perezida Uherutse Gutorwa Yagiye Kwa Muganga
Next Article Sankara Na Bagenzi Be Bari Kugororerwa I Mutobo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Impyisi: Inyamaswa Y’Ingirakamaro Nubwo Yangwa 

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

U Rwanda Rurashyira Imbaraga Mu Bukangurambaga Mu Gutanga Umusoro Wa TVA

FERWAFA Yiyemeje Gukorana Na Mauritania 

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

You Might Also Like

Mu mahanga

Uburayi Bwatanze Miliyoni € 2 Zo Gufasha Abo Muri Kivu Y’Amajyepfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

Minisitiri Ingabire Yabwiye Isi Uko u Rwanda Rwimakaje Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro Wa RSSB Wikubye Kabiri Mu Myaka Itatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?