Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yishe Abana Biga Aho Yize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Yishe Abana Biga Aho Yize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2023 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukobwa w’imyaka 28 y’amavuko wo muri Leta ya Tennessee muri Amerika yarashe abana bari bateraniye hamwe yicamo batatu abandi benshi barakomereka. Yishe n’abantu bakuru batatu bari bashinzwe kwita kuri abo bana.

Ni ubwicanyi bwabereye mu kigo kigisha incuke zifite hagati y’imyaka itanu  n’imyaka icyenda.

Abana biga muri iki kigo kitwa Covenant School buri munsi batangirana amasomo isengesho rikorerwa muri Shapeli iri mu ishuri ryabo riba i Nashville.

Ishuri ryabo rifite ubushobozi bwo kwakira abana 200.

Kuri uyu wa mbere ubwo bari barimo basenga, abantu bagiye kumva bumva amasasu menshi aravuze.

Yarashwe n’umukobwa witwa Audrey Hale w’imyaka 28 y’amavuko nawe wigeze kwiga muri iki kigo nk’uko Reuters ibyemeza.

Halwe  nawe ntiyabayeho kuko Polisi yahise imutsinda aho.

Abana barashwe bose bafite imyaka icyenda, umwe yitwa Evelyn Dieckhaus undi yitwa Hallie Scruggs uwa gatatu yitwa William Kinney.

Si abana bonyine bishwe kuko hari n’abantu batatu bakuru nabo bahasize ubuzima.

Mbere y’ubu bwicanyi, ni ukuvuga ku Cyumweru taliki 26, Werurwe, 2023, ubuyobozi bw’iki kigo bwari bwashyize amafoto ku ipaji yacyo ya Facebook.

Yagaragazaga ubusabane bwari bwahuje ubuyobozi n’abana.

Bishimiraga ko umwe mu bakozi b’iki kigo yari hafi kubyara.

Icyo gihe ubuyobozi bw’iki kigo bwaboneyeho gutangaza ko bukeneye abakozi babiri barimo uwita ku bana bato bo mu kiburamwaka ndetse n’umwarimu wigisha incuke ziga mu mwaka wa kane.

Iki kigo gisanzwe gicungwa n’idini ry’aba Perisebitariyani (Presbyterian Church).

Cyashinzwe mu mwaka wa 1981.

Kigisha abana amasomo y’ubuhanzi, science, ikoranabuhanga, ubuyobozi, ubutegetsi n’umuziki.

TAGGED:AbanaAmerikafeaturedUmusore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nigeria: Perezida Uherutse Gutorwa Yagiye Kwa Muganga
Next Article Sankara Na Bagenzi Be Bari Kugororerwa I Mutobo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?