Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Yitangaga Uko Ashoboye- Kagame Avuga Ibigwi Bya Late Karemera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Yitangaga Uko Ashoboye- Kagame Avuga Ibigwi Bya Late Karemera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2024 12:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame asezera kuri (Rtd) Colonel Joseph Karemera
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko nyakwigendera ( Rtd) Colonel Joseph Karemera uherutse gutabaruka yari umugabo witangaga muri byose akabikora ari nako yita ku muryango we.

Colonel Karemera aherutse gutabaruka azize uburwayi.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo yasezeweho mu cyubahiro mu muhango wabereye mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Perezida Kagame yakomoje no ku bibazo byabaga muri RPF aho abari bayigize bahuraga n’intambara z’abandi bashakaga ko iyoborwa uko babyifuza.

Avuga ko hari abantu bazaga bagasaba ko iyoborwa mu buryo babyifuzamo.

Kagame avuga ko muri icyo gihe cyose abari bagize Inkotanyi babazaga abo bantu batari n’Abanyarwanda ikibaha uburenganzira bwo kugena uko RPF iyoborwa.

Ibyo ngo babikoraga birengagiza ko umurongo wa FPR Inkotanyi ari uguhuza Abanyarwanda bazira umwiryane.

Avuga ko muri abo bantu hari abo byahiriye mu rugero runaka ariko ngo FPR ntiyatinze kubyigobotora, isubira mu murongo muzima.

Asaba abazaba bakiriho mu gihe kiri imbere kuzahangana n’ibyo bibazo bakazabicamo bemye.

Perezida Kagame ashima Colonel Karemera ko yanze gukorana n’abo bantu bamugerageje baturutse impande zose bagashaka kumukoresha nabi.

Kagame yabwiye abari baje gusezera kuri Karemera ko Abanyarwanda bafite uburenganzira bwo kwanga gukoreshwa n’abo yise ko bari hanze, Abanyarwanda ‘bakirinda kuba agatebo ngo bayore ivu’.

Ati: “ Bana bo mu Rwanda ntimuzabe udutebo ngo muyore ivu, muzabyange”.

Avuga ko ari byiza kuba we n’abandi banyacyubahiro babonye umwanya wo kuza gusezera kuri Joseph Karemera.

Yabwiye ari aho ko mu gusezera Col Joseph Karemera bigomba kujyanirana no kwibuka akamaro yagiriye u Rwanda,  abibutsa ko mu buzima habamo ibyishimo hakabamo n’akababaro.

Ati: “ Twishimire ko ubuzima yabayemo butapfuye ubusa. Twishimire ko agiye yarabonye ibyavuye muri ubwo bufatanye, muri izo ntambara, muri ubwo bufatanye bwakoreshejwe ngo twubake iki gihugu. Aho cyari kiri mu mwaka 1994 siho kiri mu mwaka wa 2024. Iyo bishoboka ngo agire indi myaka myinshi imbere ariko niko bigenda mu buzima”.

Kagame yavuze ko abo mu muryango wa Karemera batazibagirana, kandi asaba abakiriho gukomereza aho Karemera yushirije ikivi.

Ubuzima bwa Joseph Karemera mu magambo avunaguye…

Dr . Joseph Karemera wabaye Ambasaderi, muganga ndetse na Colonel mu ngabo z’u Rwanda yatabarutse. Ku rugamba rwo kubohora u Rwanda yari mu bavuraga inkomere.

Inkuru yo gutabaruka kwa Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, taliki ya 11, Ukwakira, 2024.

Col. (Rtd) Dr Joseph Karemera ni umwe mu bashinze Umuryango FPR Inkotanyi ubwo yari amaze imyaka 40 mu buhungiro.

Dr Joseph Karemera yabaye mu myanya itandukanye mu nzego z’ubuyobozi.

Nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Col. (Rtd) Dr Joseph Karemera yabaye Minisitiri w’ubuzima, umwanya yamazeho imyaka itanu.

Mu mwaka wa  1999, Col. (Rtd) Dr Joseph Karemera yahawe inshingano zo kuba Minisitiri w’Uburezi, asimbuye Dr.Ngirabanzi Laurien, uyu nawe akaba yarasimbuwe na Emmanuel Mudidi.

Mu nshingano zitandukanye yagiye anyuramo, Col. (Rtd) Dr Joseph Karemera yanabaye Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo.

TAGGED:AmbasaderifeaturedInkotanyiKagameKaremeraUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikirunga Nyamulagira Gikomeje Kuruka
Next Article Kwambara Isaha Bimariye Iki Benshi Ko Bitababuza Gucyererwa?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?