Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zambia Yafunze ‘Abazungu’ Bo Muri Croatia Bashinjwa Gucuruza Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Zambia Yafunze ‘Abazungu’ Bo Muri Croatia Bashinjwa Gucuruza Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 February 2023 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego z’umutekano za Zambia zongeye guta muri yombi imiryango ine y’abanya Croatia bari baherutse kugirwa abere n’urukiko ku byaha byo gucuruza abana bari bakurikiranyweho. Bafashwe mu rwego rwo kubabuza kuva mu gihugu nk’uko Fox News yabyanditse.

Ushinzwe abinjira n’abasohoka mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha muri Zambia witwa Namati Nshinka yabwiye AP ko rwose bataye muri yombi bariya bantu nyuma y’uko bisabwe n’Ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 07, Gashyantare nibwo bafashwe ubwo biteguraga kurira indege ngo basubire Zagreb mu Murwa mukuru wa Croatia.

Ku wa mbere taliki 06, Gashyantare urukiko rwari rwatangaje ko icyaha cyo gucuruza abantu[abana] bari bakurikiranyweho kitabahama.

Bashinjwaga ko taliki 07, Ukuboza, 2022 abagize iriya miryango uko ari ine bagiranye imikoranire kugira ngo babone uko bagurisha abana muri Zambia ariko bari bakuwe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Icyakora mu rukiko bisobanuye bavuga ko batazanye bariya bana ngo babacuruze ahubwo ngo ni abana bahawe n’abo mu miryango yabo ngo babarere, ibyo bita ‘adoption’ kandi ngo byakozwe binyuze mu mategeko kuko bari bafite umunyamategeko ‘ubibafashamo.’

Muri bariya banya Croatia harimo n’icyamamare mu itsinda ry’umuziki ryitwa Hladno Pivo witwa Zoran Subosic. Afite imyaka 52 y’amavuko.

Harimo n’undi witwa Immovic Subosic w’imyaka 41 y’amavuko.

Undi ukomeye muri bariya baturage ba Croatia ni Ladislav Persic akaba umuganga w’imyaka 42 y’amavuko.

Ku ruhande rwa Croatia, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yari yasabye bariya baturage bayo baba muri Zambia ko baba bayivuyemo mu gihe kitarenze amasaha 48.

Kuva bariya baturage bafatwa, ntawe uzi umuntu uri kwita kuri ba bana uwo ari we.

TAGGED:AbanaAbaturageCroatiaGucuruzaZambia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Abibisha Intwaro Gakondo Bahangayikishije Abatuye i Gahanga
Next Article Gasabo: Batatu Bo Mu Muryango Umwe Bapfuye, Uwarokotse Arahungabana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?