Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zipline Irishimira Urwego Igezeho Mu Kubahiriza Uburinganire 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Zipline Irishimira Urwego Igezeho Mu Kubahiriza Uburinganire 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2024 4:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gitanga serivisi zo kugeza amaraso n’ibindi nkenerwa ku babikeneye batuye ahitaruye, Zipline Muhanga, buvuga ko kuba abagore bagikoramo bagera kuri 48% ari intambwe yo kwishimira.

Iki kigo gikoresha abakozi barenga 160 ariko mu mwaka wa 2016 ubwo iki kigo cyatangiraga bari 12%.

Kuba bageze kuri 48% mu myaka icumi ishize , bemeza ko ari intambwe nziza.

Mu gihe abagore bose bagakora bangana na 48%, abari mu nzego zifata ibyemezo bangana na 60%.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuyobozi muri uru ruganda witwa Uruvugundi Prosper muri iki kigo avuga ko intego yabo ari ugukomeza guha abagore n’abakobwa amahirwe angana naya basaza babo kugira ngo buri wese agirire uruganda n’igihugu akamaro.

Ati: ” Duha buri wese amahirwe ye, ntihagire uburizwamo n’uko ari umukobwa, umugore cyangwa umugabo”.

Nk’uko biri kugenda mu bigo bitandukanye by’abikorera, ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge RSB cyashimye uko muri Zipline bakurikiza ihame ry’uburinganire.

Kirenga Clement ukora mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere UNDP avuga ko ihame ry’uburinganire ari ikintu gikwiye kwimakazwa ahantu hose.

Kuri we, ni ngombwa ko Abanyarwanda bose bahabwa amahirwe angana ku byiza by’igihugu gitanga.

- Advertisement -

Ikigo Zipline gifite icyicaro mu Karere ka Muhanga.

Gifite ikoranabuhanga rikoresha indege za drones zifasha mu kugeza amaraso cyangwa intanga z’amatungo mu bice biri ahantu hitaruye.

Buri kadege kaba gafite ikoranabuhanga rigafasha kugeza ahantu runaka ibyo bagahaye, kakagira umuhanda wo mu kirere kagendamo.

I Muhanga haba hari abakozi bakurikiranira kuri mudasobwa uko izo ngendo zikorwa.

Akadege gakoranywe ikoranabuhanga rituma iyo gahuriye n’ikibazo mu kirere urugero nk’umuyaga ukomeye, gahita gakata kagaruka.

Iyo byanze bikaba ngombwa ko gahanuka, kabanza kumanura umutaka utuma kagwa hasi ariko ntikangirike kuko umutaka ukarinda.

TAGGED:AbakozifeaturedMuhangaUburinganireZipline
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kirehe: Umuyobozi Mu Karere Afungiwe Ruswa Ya Frw 500,000
Next Article RDF Yahaye Ubuvuzi Abaturage Ba Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?