Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zipline Irishimira Urwego Igezeho Mu Kubahiriza Uburinganire 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Zipline Irishimira Urwego Igezeho Mu Kubahiriza Uburinganire 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2024 4:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gitanga serivisi zo kugeza amaraso n’ibindi nkenerwa ku babikeneye batuye ahitaruye, Zipline Muhanga, buvuga ko kuba abagore bagikoramo bagera kuri 48% ari intambwe yo kwishimira.

Iki kigo gikoresha abakozi barenga 160 ariko mu mwaka wa 2016 ubwo iki kigo cyatangiraga bari 12%.

Kuba bageze kuri 48% mu myaka icumi ishize , bemeza ko ari intambwe nziza.

Mu gihe abagore bose bagakora bangana na 48%, abari mu nzego zifata ibyemezo bangana na 60%.

Umuyobozi muri uru ruganda witwa Uruvugundi Prosper muri iki kigo avuga ko intego yabo ari ugukomeza guha abagore n’abakobwa amahirwe angana naya basaza babo kugira ngo buri wese agirire uruganda n’igihugu akamaro.

Ati: ” Duha buri wese amahirwe ye, ntihagire uburizwamo n’uko ari umukobwa, umugore cyangwa umugabo”.

Nk’uko biri kugenda mu bigo bitandukanye by’abikorera, ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge RSB cyashimye uko muri Zipline bakurikiza ihame ry’uburinganire.

Kirenga Clement ukora mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere UNDP avuga ko ihame ry’uburinganire ari ikintu gikwiye kwimakazwa ahantu hose.

Kuri we, ni ngombwa ko Abanyarwanda bose bahabwa amahirwe angana ku byiza by’igihugu gitanga.

Ikigo Zipline gifite icyicaro mu Karere ka Muhanga.

Gifite ikoranabuhanga rikoresha indege za drones zifasha mu kugeza amaraso cyangwa intanga z’amatungo mu bice biri ahantu hitaruye.

Buri kadege kaba gafite ikoranabuhanga rigafasha kugeza ahantu runaka ibyo bagahaye, kakagira umuhanda wo mu kirere kagendamo.

I Muhanga haba hari abakozi bakurikiranira kuri mudasobwa uko izo ngendo zikorwa.

Akadege gakoranywe ikoranabuhanga rituma iyo gahuriye n’ikibazo mu kirere urugero nk’umuyaga ukomeye, gahita gakata kagaruka.

Iyo byanze bikaba ngombwa ko gahanuka, kabanza kumanura umutaka utuma kagwa hasi ariko ntikangirike kuko umutaka ukarinda.

TAGGED:AbakozifeaturedMuhangaUburinganireZipline
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kirehe: Umuyobozi Mu Karere Afungiwe Ruswa Ya Frw 500,000
Next Article RDF Yahaye Ubuvuzi Abaturage Ba Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?