Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Zipline Irishimira Urwego Igezeho Mu Kubahiriza Uburinganire 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Zipline Irishimira Urwego Igezeho Mu Kubahiriza Uburinganire 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2024 4:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gitanga serivisi zo kugeza amaraso n’ibindi nkenerwa ku babikeneye batuye ahitaruye, Zipline Muhanga, buvuga ko kuba abagore bagikoramo bagera kuri 48% ari intambwe yo kwishimira.

Iki kigo gikoresha abakozi barenga 160 ariko mu mwaka wa 2016 ubwo iki kigo cyatangiraga bari 12%.

Kuba bageze kuri 48% mu myaka icumi ishize , bemeza ko ari intambwe nziza.

Mu gihe abagore bose bagakora bangana na 48%, abari mu nzego zifata ibyemezo bangana na 60%.

Umuyobozi muri uru ruganda witwa Uruvugundi Prosper muri iki kigo avuga ko intego yabo ari ugukomeza guha abagore n’abakobwa amahirwe angana naya basaza babo kugira ngo buri wese agirire uruganda n’igihugu akamaro.

Ati: ” Duha buri wese amahirwe ye, ntihagire uburizwamo n’uko ari umukobwa, umugore cyangwa umugabo”.

Nk’uko biri kugenda mu bigo bitandukanye by’abikorera, ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge RSB cyashimye uko muri Zipline bakurikiza ihame ry’uburinganire.

Kirenga Clement ukora mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere UNDP avuga ko ihame ry’uburinganire ari ikintu gikwiye kwimakazwa ahantu hose.

Kuri we, ni ngombwa ko Abanyarwanda bose bahabwa amahirwe angana ku byiza by’igihugu gitanga.

Ikigo Zipline gifite icyicaro mu Karere ka Muhanga.

Gifite ikoranabuhanga rikoresha indege za drones zifasha mu kugeza amaraso cyangwa intanga z’amatungo mu bice biri ahantu hitaruye.

Buri kadege kaba gafite ikoranabuhanga rigafasha kugeza ahantu runaka ibyo bagahaye, kakagira umuhanda wo mu kirere kagendamo.

I Muhanga haba hari abakozi bakurikiranira kuri mudasobwa uko izo ngendo zikorwa.

Akadege gakoranywe ikoranabuhanga rituma iyo gahuriye n’ikibazo mu kirere urugero nk’umuyaga ukomeye, gahita gakata kagaruka.

Iyo byanze bikaba ngombwa ko gahanuka, kabanza kumanura umutaka utuma kagwa hasi ariko ntikangirike kuko umutaka ukarinda.

TAGGED:AbakozifeaturedMuhangaUburinganireZipline
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kirehe: Umuyobozi Mu Karere Afungiwe Ruswa Ya Frw 500,000
Next Article RDF Yahaye Ubuvuzi Abaturage Ba Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?