Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 3% By’Abaturage Muri Buri Gihugu Afite Ubumuga Bwo Mu Mutwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

3% By’Abaturage Muri Buri Gihugu Afite Ubumuga Bwo Mu Mutwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2024 4:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mu ihuriro nyafurika ry’abafite ubumuga bwo mu mutwe umunya Namibia Charles Nyambe avuga ko ari ngombwa ko Leta zita ku bantu bafite ubumuga bwo mu mutwe ntibahezwe kuko abantu nk’abo baba bangana na 3% by’abatuye buri gihugu, ugenekereje.

Nyambe yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, kibanze ku iterambere ry’imikino igenewe abafite ubumuga bwo mu mutwe batuye Afurika no mu Rwanda by’umwihariko.

Uyu muyobozi avuga ko u Rwanda rushimirwa kuba urwa mbere mu guteza imbere imikino y’abafite ubumuga buri rusange n’iy’abafite ubwo mu mutwe by’umwihariko.

Avuga ko izindi Leta zo muri Afurika zikwiye kwigira ku Rwanda uko rwazamuye urwego rw’iyo mikino, akavuga ko byerekana akamaro ruha abarutuye.

Ati: “ Iyo urebye umubare w’abaturage batuye buri gihugu usanga muri rusange umubare w’abafite ubumuga ari 3%, cyangwa hafi aho. Kuba u Rwanda rubikora gutyo ni ibintu dushima kuko usanga ahenshi ku isi abantu bafite ubumuga bwo mu mutwe bahabwa akato kurusha bagenzi babo bafite ubundi bumuga”.

Charles Nyambe

Charles Mbaye avuga ko kuba ubumuga bwo mu mutwe ari ikintu kitagaragara n’amaso, bituma Guverinoma nyinshi zitabaha uburyo bwo kwishimira ubuzima nk’uko bimeze kuri bagenzi babo bafite ubumuga bugaragara.

Deus Sangwa uyobora ihuriro nyarwanda ry’abafite ubumuga bwo mu mutwe bitabira imikino yabagenewe( Special Olympics Rwanda) avuga ko azaganira na Minisitiri mushya wa Siporo bakarebera hamwe uko imikino y’abafite ubumuga bwo mu mutwe yatezwa imbere kandi bakajya bakinana na bagenzi babo bafite ubundi bumuga.

Avuga ko hakenewe ubukangurambaga bugenewe inzego zose bwerekeye abafite ubumuga bwo mutwe kugira ngo ntibahezwe mu bintu bigenewe Abanyarwanda muri rusange.

Ati: “ Hakenewe ubukangurambaga kugira ngo abantu bamenye ibibazo by’abafite ubumuga bwo mu mutwe. Mu kanya turahura na Minisitiri wa Siporo tubiganireho”.

Sangwa avuga ko abakinnyi bafite ubumuga bwo mu mutwe iyo batojwe bakina neza ndetse bagatwara imidali.

Umwe mu Banyarwandakazi bafite ubwo bumuga kandi watwaye imidali ibiri mu mikino yabereye mu Budage witwa Patience avuga ko icyo asaba ababyeyi ari uguha abana babo bafite icyo kibazo urubuga bakerekana ko nabo ‘bashoboye’.

U Rwanda rufitiwe icyizere…

Kubera imbaraga rwashyize mu mikino igenewe abafite ubumuga muri rusange n’abafite ubwo mu mutwe by’umwihariko, u Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga yiga iterambere ry’iyi mikino muri Afurika.

Izitabirwa n’abahagarariye ibihugu 11.

Iyo nama yiswe Special Olympics Africa Unified Champion Schools Workshop, ikazaba hagati y’italiki 24 na 26, Nzeri, 2024.

Izabera muri Hoteli yitwa Four Points Sheraton.

Mu mwaka wa 2020 nibwo u Rwanda rwahawe uburenganzira bwo kujya rwakira imikino y’abafite ubumuga bwo mu mutwe bita Special Olympics, ikazakirwa binyuze mu mushinga witwa Unified Champions School (UCS).

Ingengo y’imari ikoreshwa mu bikorwa biri muri uyu mushinga itangwa n’umuyobozi w’ikirenga wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu akaba n’umuyobozi wa Abu Dhabi witwa  Sheikh Mohammed Bin Zayed Al Nahyan.

Umushinga Unified Champion Schools umaze imyaka ine  ukorera mu mashuri 210 mu gihugu hose, agafasha abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abatabufite gusabana n’abagenzi babo batabufite.

Insanganyamatsiko y’inama yitwa: Excellence in Action: Expending Unified Champion Schools across Africa

Kuba intashyikirwa mubikorwa: kwagura umuhsinga wa Unified Champion Schools muri afurika yose.

Insanganyamatsiko y’inama yitwa: Excellence in Action: Expending Unified Champion Schools across Africa

Kuba intashyikirwa mubikorwa: kwagura umuhsinga wa Unified Champion Schools muri afurika yose.

Mu mwaka wa 2020, umuryango Special Olympics Rwanda  nicyo gihugu cyambere muri afurika cyahawe inkunga y’imyaka itatu  mugushyira mubikorwa umuhsinga Unified Champions School (UCS) , uyu mushinga watangiriye mu bihugu bitandatu byatoranijwe aribyo:  Argentine, Misiri, Ubuhinde, Pakisitani, Rumaniya n’u Rwanda.

Uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa ku bufatanye hagati Special Olympics na  Nyiricyubahiro Sheikh Mohammed Bin Zayed Al  Nahyan, Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Abarabu n’umuyobozi wa Leta ya Abu Dhabi.

Kuri uyu wa Gatatu taliki  25, Nzeri, 2024,  hateganyijwe imikino ya Basketball izatangira saa tatu  hazabamo kwakira abakinnyi bafite ubumuga bwo mu mutwe n’abatabufite.

Bazanakora imyitozo itandukanye igamije ubusabane no kugorora ingingo, ndetse abatoza bahoze ari ibyamamare muri basketball bafashe abafite ubumuga kwitoza uwo mukino.

Biteganyijwe ko abakinnyi 130 bo mu bihugu 11 ari bo bazabyitabira.

Iyi mikino izabera muri Lycée de Kigali gymnasium.

Abazirabira ni abo mu Rwanda, Burkina Faso, Cameroon, Mali, Namibia, Uganda, Zambia, Zimbabwe, Gambia, Gambia, Kenya, Tanzania, Cote d’Ivoire, Afurika y’Epfo na Amerika.

TAGGED:AbafiteAfurikafeaturedImikinoMinisitiriRwandaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Mukuru Wa Polisi Ya Seychelles Ari Mu Rwanda
Next Article Abanyarwanda Bakwiye Gushimira Imana Aho Igihugu Cyabo Kigeze- Dr. Murigande
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?