Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 70% By’Abanya Nigeria Bafite Munsi Y’Imyaka 30: Ikibazo Cy’Ubukungu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

70% By’Abanya Nigeria Bafite Munsi Y’Imyaka 30: Ikibazo Cy’Ubukungu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2023 1:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nigeria nicyo gihugu  cya mbere gituwe n’abaturage benshi muri Afurika. Imibare ya Banki y’isi yo mu mwaka wa 2021 yerekana ko cyari gituwe n’abaturage 213,400,000.

Nicyo gihugu kandi gikize kurusha ibindi muri Afurika, kigakurikirwa na Afurika y’Epfo.

Uretse kuba ifite abaturage benshi kandi ikaba ni iya mbere mu bukire muri Afurika, Nigeria ifite n’umukire wa mbere muri Afurika witwa Aliko Dangote.

Umuyobozi wa  Banki nyafurika ishinzwe iterambere, AfDB ( ni umunya Nigeria) Akinwumi Adesina avuga ko muri za miliyoni zose zituye Nigeria, 70% yazo ari urubyiruko rufite munsi y’imyaka 30 y’amavuko.

Abahanga mu by’ubukungu bavuga ko urubyiruko rushobora kuba umugisha ku gihugu cyangwa rukaba umuvumo.

Ruba umugisha iyo rwize kandi rukabona akazi ariko iyo rutize cyangwa nyuma yo kwiga rukabura akazi akenshi ruhinduka umuvumo ku gihugu kubera ko rwiba cyangwa rukadindiza iterambere cyane cyane ko ari rwo ruba rushoboye gukora.

Dr. Adesina we yemeza ko urubyiruko rwa Nigeria ari umugisha kuri yo.

Yanditse kuri Twitter ko kuba Nigeria ifite urubyiruko rungana kuriya kandi rufite munsi y’imyaka 30 y’amavuko; bitagombye gufatwa nk’umuvumo cyangwa umutwaro ku gihugu kubera ko abayobozi bashobora kurufasha gushakira igihugu cyarwo ibisubizo.

Akinwumi Adesina

Hari mu muhango wo gutangiza gahunda yiswe iDICENigeria initiative.

Ni gahunda izafasha ubuyobozi bwa Nigeria gukorana n’ubwa Banki nyafurika y’iterambere kugira ngo urubyiruko rw’iki gihugu rufashwe mu guhanga imirimo haba iwabo cyangwa ahandi muri Afurika.

Uretse imirimo yo gucuruza na serivisi bigaragara mu bukungu bwa Nigeria, iki gihugu gikungahaye no ku bikomoka kuri Petelori k’uburyo iyo itabaye iya mbere muri Afurika, iba iya kabiri nyuma ya Angola.

Ifite kandi uruganda rwa filimi rukomeye ndetse hari n’abavuga ko ari urwa kabiri nyuma ya Hollywood yo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Rwitwa Nollywood.

N’ubwo ari uko bimeze, Nigeria imaze imyaka runaka iri mu bibazo by’umutekano muke byatewe n’uko hari ibice bimwe byayo bituwe n’abaturage bavuga ko badahabwa ku byiza by’igihugu cyabo.

Iyi ngingo niyo yatumye havuka umutwe w’iterabwoba witwaga Boko Haram.

Boko Haram muri iki gihe ifite umuyobozi mushya witwa Bakura Sahalaba. Niwe wasimbuye Abubakar Shekau uherutse kwiyahura.

Nigeria kandi iherutse gutora Perezida wayo mushya witwa Bola Tinubu.

TAGGED:AbaturageBokofeaturedHaramNigeriaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Urwibutso Rwa Bigogwe Rugiye Kuvugururwa
Next Article Hotel Umubano ‘Iri Hafi’ Kuvugururwa Ihabwe Ibyumba 100
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?