Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: 82% By’Abanyarwanda Batunze Telefoni Zigendanwa, 30% Nizo Zifata Murandasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

82% By’Abanyarwanda Batunze Telefoni Zigendanwa, 30% Nizo Zifata Murandasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 December 2022 10:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Group of people using mobile devices with a mixture of mobile phones and digital tablets. There are a mixture of cultural and ethnic backgrounds. Close up with shallow focus.
SHARE

Minisitiri w’ikoranabuhangana na inovasiyo Paula Ingabire avuga ko kugeza ubu Abanyarwanda benshi bafite telefoni zigendanwa kuko bangana na 82% muri bo abangana na 30% bakaba bafite izikoresha murandasi.

Yabitangarije mu kiganiro yahaye abahagarariye imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda uko ari 11.

Minisitiri Ingabire Paula yaboneyeho kubabwira  ko ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi ryatumye umwanya Abanyarwanda batakazaga bajya gushaka serivisi ugabanukaho amasaha miliyoni 50.

Imibare itangwa na Minisiteri y’ikoranabuhanga na inovasiyo ivuga ko abafite ubumenyi bw’ibanze mu ikoranabuhanga bari kuri 35.1% by’abakuze, abandi bikabasaba kwifashisha abakozi b’urubuga Irembo kugira ngo bagere kuri serivisi bashaka ariko bakabishyura.

Min Paula Ingabire

Ibi nabyo biracyari ikibazo k’umuturage.

Abaturage bafite ubumenyi bw’ibanze mu ikoranabuhanga ni 35.1% mu gihe intego ari uko umwaka wa 2024 uzagera  byibuze umubare wabakuze bafite ubwo bumenyi ugeze kuri 60%.

Icyakora bizagorana ko bigerwaho kubera ko hasigaye amezi 18 gusa kugira ngo intego y’uko serivisi zose ziba ziri ku Irembo igerweho.

Mu rwego rwo kwihutisha iki gikorwa cyo gushyira serivisi zigera kuri 660 mu ikoranabuhanga, Minisitiri  Paula Ingabire yabwiye abari bamuteze amatwi ko hagiye kurebwa uburyo hakongerwamo sosiyete z’abikorera zakunganira urubuga Irembo.

Hazanarebwa uko ikiguzi cyo kuzigeraho cyagabanywa.

Abanyamashyaka bavuga ko bibabaje kuba hakiri abaturage bagenda n’amaguru bagiye gushakisha abo babona Irembo ngo bake serivisi.

Kugeza ubu serivisi 100 zihwanye na 58% bya serivisi zose abaturage bakenera, nizo zitangwa binyuze mu ikoranabuhanga ry’Irembo.

Mu mezi 18 asigaye izindi serivisi 660 zingana  na 42%  ntizirashyirwa ku ikoranabuhanga.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaIngabireMurandasitelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abakobwa Biga Itangazamakuru Babwiwe Ko Ari umwuga Wo ‘Kwitondamo’
Next Article Abanyarwanda 500 Bahitanywe N’Impanuka Mu Mwaka Wa 2022- Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?