Umuyobozi w’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Chairman of the Joint Chiefs of Staff), Gen. Dan Caine, yatangaje ko hari abandi basirikare bari mu nzira berekeza muri Irani.
Ni nyuma y’amasaha make igisirikare cya Amerika gitangaje ko hari abasirikare babiri babonywe barapfiriye mu bisimu byabagwiriye bisenywe na misile za Irani.
Umubare w’abo izo misile zahitanye mu ngabo za Amerika ni abantu batandatu.
Aganira n’abanyamakuru ku cyicaro cya Minisiteri y’Ingabo (Pentagon) i Washington ku wa Mbere, Caine ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo Pete Hegseth, batanze ibisobanuro ku bikorwa bya gisirikare byiswe Operation Epic Fury, byatangiye ku wa 28 Gashyantare.
Ibyo bikorwa byibasiye ibirindiro by’ingabo za misile za Irani, uburyo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere (air defense systems) n’ibindi bikorwa byayo bya gisirikare.
Caine ati: “Ibi si igikorwa cy’umunsi umwe cyangwa ijoro rimwe.Tuzi neza ko hari abandi bazagwa muri iyi ntambara.”
Yagaragaje akababaro ke ku miryango y’abo basirikare bapfuye, ariko ntiyatangaje umubare w’abasirikare bongerewe ku rugamba.
Gusa yavuze ko indege nyinshi za gisirikare ziri koherezwa mu Burasirazuba bwo Hagati, anemeza ko aho intambara yerekeza ari hafi yo kugera ku ntego n’uko byemezwa na Adm. Brad Cooper, uyobora CENTCOM.
Nk’uko umuyobozi wo mu gisirikare cya Israel yabitangaje ku Cyumweru, ibitero bihuriweho by’Amerika na Israel byagabwe kuri Irani byabereye hafi icyarimwe, ku buryo byasaga n’ibyahuriranye.
Caine yavuze ko Adm. Cooper azakomeza gusuzuma uko ibikorwa bya gisirikare bigenda, kugira ngo hafatwe icyemezo cyo kongera cyangwa kugabanya imbaraga ku rugamba.
Ibyo byemezo bizashyikirizwa Minisitiri w’Ingabo na Perezida wa Amerika.
Hegseth na we yavuze ati: “Ntibizaba mu ijoro rimwe. Ni ahantu hanini cyane h’intambara hafite ubushobozi bwinshi, ari na yo mpamvu iki ari ikibazo gikomeye kuri twe.”
Yongeyeho ko Amerika iri kwinjira mu kirere cya Irani mu buryo bukomeye kugira ngo isenye ibishobora kugerageza kwibasira inyungu zayo.
Mu masaha 24 ya mbere ya Operation Epic Fury, Amerika yavuze ko yibasiye ahantu 1,000. Hegseth akemeza ko intego nyamukuru ari ukurinda no kurengera Amerika no kubuza Irani gukoresha imbaraga zayo hanze y’imipaka yayo.
Hagati aho, indege eshatu za Amerika zo mu bwoko bwa F-15E Strike Eagle zarashwe by’impanuka bibereye muri Kuwait nk’uko byatangajwe na CENTCOM.
Minisitiri Hegseth yavuze ati: “Iyi si intambara igamije guhindura ubutegetsi, ariko ubutegetsi bwo bwahindutse.”
Ikindi ni uko kugeza ubu hari abantu barenga 700 bamaze kwicwa n’ibibasu biri kuraswa muri Irani.
Mu kurangiza amagambo yavugiye mu kiganiro yagejeje ku banyamakuru, Gen. Caine yatanze ubutumwa bukomeye ati: “Ku bashaka kugerageza ubushake n’ubushobozi bwacu cyangwa gutera ubwoba Amerika, abafatanyabikorwa bayo cyangwa inyungu zayo — mumenye neza ko dushobora kubageraho, dushobora gukomeza urugamba kandi tukarwagura uko bikenewe, kandi tuzatsinda.”


