Minisitiri W’Ingabo Za Mali Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Gen Sadio Camara wari Minisitiri w’ingabo za Mali yiciwe muri kimwe mu bitero byaraye bigabwe mu bice binyuranye bya Mali birimo no mu Murwa mukuru Bamako.

Amakuru Taarifa Rwanda ikesha Jeune Afrique avuga ko bamwe mu bagabye igitero bibasiye urugo rwa Gen Camara ruri ahitwa Kati muri Bamako.

Umutwe Jnim ugizwe n’intagondwa z’Abisilamu niwo ushyirwa mu majwi ko wamuhitanye ukoresheje imodoka yari itezamo ibisasu byinshi kandi biremereye byaturikije urugo rwose rwa Minisitiri Sadio Camara.

Kuri uyu wa Gatandatu Tariki 25, Mata, 2026 nibwo ibitero byagabwe muri Mali, biza ari byinshi kandi bikaze.

Mali ni kimwe mu bihugu bigize igice kitwa Sahel kimaze igihe cyaribasiwe n’imitwe y’iterabwoba.

Mali, Burkina Faso na Niger ni bimwe mu bihugu byo muri aka Karere bikunze kwibasirwa n’abo barwanyi.

Umutwe witwa Jama’at Nusrat al-Islam wal-Muslimin (uzwi cyane nka JNIM) ni ihuriro ry’imitwe y’aba-jihadiste rikorera cyane mu karere ka Sahel muri Afurika y’Iburengerazuba.

Ukorera cyane mu bihugu nka Mali, Burkina Faso na Niger.

Washinzwe mu mwaka wa 2017, uhuza imitwe myinshi y’aba-jihadiste yari isanzwe ikorera muri ako Karere.

Uyoborwa na Iyad Ag Ghaly ukagirana isano n’umutwe wa Al-Qaeda, ukaba ugendera ku bitekerezo byawo.

Intego yabo ni ugushyiraho ubutegetsi bushingiye ku mategeko ya Sharia mu bice bakoreramo.

Abawugize bakoresha ibitero ku ngabo za Leta, ku baturage, no ku nzego mpuzamahanga.

Ni umwe mu mitwe iteza umutekano muke muri Sahel, kandi ibikorwa byawo byagize ingaruka zikomeye ku mutekano n’imibereho y’abaturage muri ako karere.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *