Irani Yarahiye Ko Iri Bwihimure Kuri Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read

Nyuma y’uko ingabo za Amerika zirashe mu Majyepfo ya Irani aho misile zayo ziherereye no mu bice ivuga ko iki gihugu cyari butegemo mine zo mu mazi, ubu Irani yavuze ko iri bwihimure.

Hari n’amakuru avuga ko agahenge kari kamaze iminsi hagati y’impande zihanganye, karangiye bityo ko intambara yeruye ishobora kubura.

The New York Times niyo yatangaje bwa mbere muri iki gitondo ko Amerika yarashe mu birindiro bya Irani, ubu Al Jazeera yo ikaba ivuga ko Irani yiyemeje kwihimura kuri Amerika.

Ibiro ntaramakuru byo muri Irani byatangaje ku wa Mbere ko ingabo z’iki gihugu zarashe drone y’umwanzi” itaboneshwa radar (stealth drone) zikoresheje uburyo bushya bwo kwirinda ibitero byo mu kirere, ariko ntibyatangaje aho iyo drone yari yaturutse.

Amakuru yatanzwe n’inzego zo muri Irani yabwiye Al Jazeera ko umutwe zidasanzwe za Irani (IRGC) wari wabanje kugaba igitero ku bwato bwo mu nyanja mbere y’ibitero biheeruka bya Amerika.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Irani yatangaje ku wa Mbere ko ibiganiro hagati ya Washington na Tehran hari intambwe byateye, ariko ivuga ko iby’uko amasezerano ari hafi kugerwaho byaba ari ukwihuta mu magambo.

Umuvugizi w’iyi Minisiteri witwa Baghaei yagize ati: “Kuvuga ko twageze ku mwanzuro ku gice kinini cy’ibibazo biri kuganirwaho byo ni byo. Ariko kuvuga ko ibi bivuze ko amasezerano agiye gusinywa vuba, nta muntu wabivuga.”

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Tehran, yavuze kandi ko impande zombi “zitari kuganira kuri gahunda ya nucléaire ya Irani muri iki gihe,” ahubwo ko zibanze ku guhagarika intambara.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *