Abarundi 55 Bishwe N’Inzoga Yitwa ‘Udusarabwayi’

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read
u Burundi buherereye mu Majyepfo y'u Rwanda.

Umuryango urwanya ibiyobyabwenge n’ibisindisha mu Burundi(OLUCOS) utangaza ko nibura abantu 55 bamaze gupfa kuva muri Mutarama uyu mwaka(2026) bazize kunywa inzoga zikaze cyane zizwi ku izina ry’”udusarabwayi”.

Abandi bantu 400 bararembye cyane, uyu muryango ugasaba abantu kugira amakenga no kwitwararika bakareka izo nzoga za kirimbuzi.

Perezida akaba n’uhagarariye OLUCOS mu mategeko, Raphaël Ngendakumana kuwa Gatatu italiki 17, Kamena, 2026 yavuze ko nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage bo mu makomine ya Rumonge na Bururi mu Ntara ya Burunga, babaruye bagasanga bariya bantu barazize iriya nzoga ‘y’inkorano’.

Aba baturage bagaragaje impungenge baterwa n’ingaruka zikomeye izi nzoga zifite ku buzima bw’abazinywa.

Ngendakumana yavuze ko ikibazo kitagarukira gusa muri ako karere ko mu Majyepfo y’igihugu, ahubwo ko cyabaye ikibazo cy’igihugu cyose.

Ati: “Nta Ntara n’imwe itaragerwamo n’iki kibazo.”

Yatangaje ko mu Ntara zose habaruwe abantu bapfuye n’abandi bafite uburwayi bukomeye buterwa no kunywa izi nzoga.

Ikindi gihangayikishije ni uko inganda zizikora zikomeje kwiyongera aho kugabanuka.

Amakuru Taarifa Rwanda ikesha Burundi Iwacu, avuga ko mu Ntara ya Bujumbura, ubushakashatsi bwakorewe mu makomine atanu bwagaragaje ko abantu 12 bamaze gupfa kuva muri Mutarama 2026, naho abandi 140 bakaba barwaye bamerewe nabi.

Mu Ntara ya Burunga, ubushakashatsi bwakorewe mu makomine ane bwagaragaje abantu icyenda bapfuye, kandi hakomeje kwegeranywa andi makuru y’uko ibintu bimeze no mu zindi Komini.

Mu Ntara ya Butanyerera, abantu 15 bamaze gupfa, naho 130 bafite ibibazo bikomeye by’ubuzima.

Ngendakumana yavuze ko Butanyerera ari yo Ntara ibamo inganda nyinshi zikora izi nzoga zipakirwa mu macupa ya pulasitiki.

Mu Ntara ya Buhumuza, abantu umunani nabo barapfuye bazize icyo kinyobwa, naho abarenga 70 bamerewe nabi.

Mu Ntara ya Gitega, abantu 11 bamaze gupfa, naho abandi 40 bafite uburwayi bukomeye.

Perezida wa OLUCOS yashimye icyemezo giherutse gutangazwa na Minisitiri w’Intebe gisaba ko izi nzoga zakorerwa mu macupa y’ibirahure aho gukorerwa mu macupa ya pulasitiki.

Icyakora, ngo ntibidahagije, agasaba ko hakorwa igenzura rikomeye kugira ngo harebwe niba koko izo nzoga zifite ubuziranenge bwatuma abaturage bemererwa kuzinywa.

Kugurisha izi nzoga ahantu hagenzuwe kandi hazwi neza, aho kuzigurisha mu maduka asanzwe nabyo biri mubyo ubuyobozi busaba ko byubahirizwa.

Abaharanira ko Abarundi bagira ubuzima bwiza, bavuga ko hakwiye kugenwa amasaha yo kunywa inzoga n’ayo gukoreraho indi mirimo kandi agakurikizwa.

Hari n’abaturage badatinya kunywa inzoga kuva mu gitondo kugeza nimugoroba kandi bizwi ko zifite ubukana bwo hejuru cyane.

Ngendakumana yavuze ko atumva ukuntu abantu bakomeza kunywa izi nzoga umunsi wose kandi ubuyobozi bw’aho batuye buzi neza ko zikaze cyane zishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, ntibubabuze.

Hejuru y’urupfu izo nzoga ziteza, hiyongeraho n’ubukene zikururira imiryango, urugomo rukomerekeramo bamwe ndetse abandi bakahasiga ubuzima n’umusaruro muke abazinyoye batanga mu kazi.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *