Gutinya Iran Kwatumye Trump Ahindura Indege Ngo Batayihanura

Umwanditsi wa Taarifa
7 Min Read

Perezida Donald Trump yemeje ko amakuru yatangajwe bwa mbere na The New York Times y’uko aherutse guhindura indege yari bugendemo atinya ko Iran yayihanura, ari impamo.

Yahinduye mu ibanga indege yari gukoresha ubwo yavaga mu nama ya NATO yabereye muri Türkiye mu kwezi gushize, bitewe n’uko hari amakuru y’uko hari igitero Iran yari yamuteze.

Trump yabwiye abanyamakuru ati: “Nkurikiza amabwiriza y’Urwego rushinzwe umutekano wa Perezida (Secret Service) n’abasirikare. Bashakaga ko nkoresha indi ndege. Ngomba gukora ibyo bambwira.”

Amakuru avuga ko ku wa 8, Nyakanga(7) Trump yabanje kugaragara ari kwinjira muri Air Force One ariko nyuma yinjizwa mu ibanga mu modoka itwara amafunguro (catering truck), imujyana ku ndege ya gisirikare yari hafi aho.

Iri hinduka ry’indege ku munota wa nyuma ryateje kwibaza niba ubuzima bw’abasigaye muri iyo ndege barimo abanyamakuru n’abandi ubuzima bwabo butarashyizwe mu kaga.

Ariko kuri uyu wa Kabiri Trump yavuze ko indege yahise ajyamo ishobora kuba yari “iri mu kaga gakomeye kurushaho, kuko ari yo ntekereza ko bari kuba bashaka gutera cyane.”

Asanga ari uko iyo yagiyemo yari iya gisirikare.

Abayobozi babwiye CBS News ko ubutasi bwa Amerika bwari bwabonye amakuru yizewe y’uko Iran yashoboraga kurasa misile ku ndege yari itwaye Perezida.

Ikinyamakuru The New York Times nacyo cyatangaje ko inzego z’ubutasi za Amerika zari zifite amakuru y’umuntu wari hafi y’aho inama ya NATO yabereye, wavugwaga ko yari afite intwaro iterwa ku rutugu ishobora kurasa misile.

Abanyamakuru na bamwe mu bakozi ba Perezidansi ya Amerika bari mu ndege ntibari bazi ko Perezida Trump yari yayikuwemo mu ibanga, mu mugambi wari ugamije kuyobya abashobora kuba bari bafite umugambi wo kumugirira nabi.

Trump yari yaravuze mbere ko mu gihe cy’inama yabereye i Ankara muri Türkiye, ari we muntu wa mbere Iran ishaka guhitana.

Mu kiganiro yagiriye mu ndege ya Air Force One ubwo yari yitabiriye igikorwa muri Leta ya Ohio ku wa Kabiri, Trump yagize ati: “Ndakeka ko hari iterabwoba rinshaka. Sinigeze mbaza byinshi kuri byo. Mpora niteze ko nakorerwa ibikorwa by’iterabwoba igihe cyose.”

Yongeyeho ati: “Hari iterabwoba ryinshi mbona, ariko mwe ntimubimenya.”

Iri hindurwa ry’ibanga ry’indege ryabaye nyuma y’umunsi umwe gusa Amerika yongeye kugaba ibitero bya gisirikare kuri Iran, nyuma y’uko ibiganiro hagati ya Washington na Tehran bigamije guhagarika intambara bihagaze.

Trump yari yageze muri Türkiye akoresheje Boeing 747-8 nshya yari aherutse guhabwa na Qatar, ifite agaciro ka Miliyoni $ 400.

Icyakora, yatangaje ko mu gihe cyo kuva muri Türkiye yari gukoresha Air Force One ishaje “ku bw’impamvu z’amateka.”

Kuwa 8 Nyakanga (7), amashusho yerekanye Trump ari kwinjira mu ndege ya Perezida ku kibuga cy’indege cya Ankara.

Ariko, nk’uko The Washington Post yabitangaje, yaje kuva muri Air Force One amanuriwe mu modoka itwara amafunguro yari yazamuwe yegerezwa indege, ku ruhande rutandukanye n’urwo yari yanyuzemo yinjira.

Yahise ajyanwa mu ibanga mu ndege ntoya ya gisirikare yo mu bwoko bwa C-32A, ikaba ari Boeing 757 yahinduwe kandi ikunze gukoreshwa na Visi Perezida wa Amerika.

Minisitiri w’ingabo, Pete Hegseth, nawe yinjiye muri iyo C-32A ukwe, akoresheje ingazi zo hanze, mu rwego rwo gutuma urugendo rusa nk’aho ibintu byose ari ibisanzwe, nk’uko icyo kinyamakuru cyabitangaje.

Abanyamakuru na bamwe mu bakozi ba Perezidansi ya Amerika binjiye muri Air Force One, maze babwirwa ko bagomba gufunga amarido yose y’amadirishya y’indege.

Ntibari bazi ko Perezida atakiri muri iyo ndege.

Umunyamakuru wari mu ndege yavuze ko byabatangaje kuba barasabwe kuguma gufunga amadirishya.

Umufotozi umwe yafunguye akadirishya gato, ariko bivugwa ko yahise asabwa kukongera kugafunga.

Ibyo uwo mukozi w’itangazamakuru yavuze byagaragajwe muri raporo y’ishyirahamwe ry’abanyamakuru bakorera muri Perezidansi ya Amerika (White House Correspondents’ Association) yasohotse ku wa Kabiri italiki 11, Kanama(8) 2026.

Iyo raporo yanagaragaje ko ubwo abanyamakuru bageraga ku ndege, hari imodoka ebyiri zitwara amafunguro, imwe imbere indi inyuma y’indege.

Nanone, imodoka yari itwaye abanyamakuru yari iri kure cyane inyuma mu modoka zari ziherekeje Perezida ku kibuga cy’indege ku buryo itashoboye gufata ifoto ya Trump ari kwinjira mu ndege.

Mu by’ukuri, “Air Force One” ni izina rikoreshwa mu itumanaho ry’indege iyo ari yo yose itwaye Perezida wa Amerika.

Ariko kuri uwo munsi, C-32A Trump yari arimo yakoresheje izina ry’itumanaho “Reach 18”, mu gihe indege yari itwaye abanyamakuru yakomeje gukoresha “AF1”, kugira ngo gahunda yo kuyobya uburari ikomeze.

Abanyamuryango ba Guverinoma ya Trump basigaye mu ndege ya mbere, nk’uko The New York Times yabitangaje.

Iki kinyamakuru, cyifashishije amakuru y’abayobozi babiri batatangajwe amazina, cyavuze ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, na Minisitiri w’Imari, Scott Bessent, bari muri iyo ndege.

Trump yahise akomeza urugendo ajya mu Bwongereza mbere yo gusubira muri Amerika.

Ageze mu Bwongereza, yongeye kwinjira muri Air Force One ndetse agaragara amanuka muri iyo ndege nyuma yo kugwa ku kibuga cy’indege cya RAF Mildenhall.

Kugeza ubu, ntiharamenyekana neza uko Trump yavuye muri C-32A akagaruka muri Air Force One.

Nyuma yaho, yongeye gufata indege nshya ya Air Force One yari yarahawe na Qatar, asubira i Washington.

Muri urwo rugendo, Trump yaganiriye n’abanyamakuru bari mu ndege, avuga ku iterabwoba rituruka muri Iran, ariko ntiyigeze avuga ko mbere yari yahinduye indege mu ibanga.

Ubwo yabazwaga impamvu abanyamakuru bari babwiwe gufunga amadirishya y’indege ubwo yavaga muri Türkiye, yaravuze ati: “Ni ukubera ko mushobora kuba muri mu ndege iri mu kaga kubera ba bicanyi tugomba guhangana na bo.”

Yavuze ko ahora ahura n’iterabwoba ku buzima bwe”, ndetse ko ari “uwa mbere” ku rutonde rwa Iran rw’abantu ishaka kwivugana.

Jose Zamora, umuyobozi w’Akarere Amerika iherereyemo mu kigo kitwa Committee to Protect Journalists, yavuze ko ubuyobozi bwa Trump “bufite inshingano z’uko abanyamakuru bakurikirana Perezida batashyirwa mu kaga.”

Yongeyeho ati: “Abanyamakuru bagomba kumenyeshwa amakuru yizewe yerekeye umutekano kugira ngo bashobore gufata ibyemezo biboneye ku mutekano wabo.”

Ifoto@White House Flickr

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *