Ebola Muri Congo Yageze Mu Ntara Yegereye Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
6 Min Read

Icyorezo cya Ebola muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kimaze kugera mu Ntara ya gatandatu, nyuma y’uko umuntu umwe apfiriye mu Ntara ya Bas-Uéle, yari itaragaragaramo iki cyorezo.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Kane n’umuyobozi mukuru w’Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC.

Dr.Jean Kaseya, Umuyobozi Mukuru wa Africa CDC, yavuze ko uwo mugabo yapfiriye mu mujyi wa Buta, umurwa mukuru wa Bas-Uéle, nyuma yo kuhagera aturutse i Isiro muri Haut-Uéle.

Icyorezo kiri gukwirakwira mu Burasirazuba bwa Congo ni cyo WHO ivuga ko gukwira vuba kurusha ibindi byorezo bya Ebola byabayeho.

Kuri uyu wa Gatatu, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryatangaje ku ko iki cyorezo gishobora kurenza umubare w’abahitanywe n’icyorezo cya Ebola cyahitanye abantu benshi kurusha ibindi mu mateka, cyabaye mu myaka irenga icumi ishize kikica abantu barenga 11.000.

Kugeza ubu, nta rukingo cyangwa umuti byemewe ku mugaragaro byo kuvura cyangwa gukingira abantu virusi ya Bundibugyo, ari yo iri gutera iki cyorezo.

Imibare iheruka gutangazwa na Guverinoma ya Congo igaragaza ko abantu barenga 2.100 bamaze gupfa, mu gihe abamaze kwandura barenga 4.500.

Umubare w’abapfuye kubera iki cyorezo wagezweho mu gihe kingana hafi na kimwe cya gatatu cy’igihe icyorezo cya Ebola cyabereye muri Afurika y’Uburengerazuba hagati ya 2014 na 2016, ari na cyo cyabaye icya mbere mu mateka mu mu guhitana bantu benshi.

Icyorezo kiri gukwirakwira mu bihe bikomeye

Iki cyorezo kiri kuba mu bihe bikomeye cyane, birimo imyigaragambyo y’abakozi bamwe bo mu rwego rw’ubuzima badahembwa, iterabwoba ry’abitwaje intwaro, abaturage bamaze igihe bahura n’ibibazo bikomeye by’ubuzima ndetse n’amakuru y’ibihuha avuga ko Ebola itabaho.

Bas-Uéle ni Intara nini cyane iri mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Congo, ikaba ihana imbibi na Repubulika ya Centrafrique.

Muri ako gace hakunze kubera imirwano, bigatuma abantu ibihumbi bahunga bakajya gushaka ubuhungiro muri Bas-Uéle ya DRC.

Associated Press ivuga ko kugera mu bice bimwe na bimwe by’iyi Ntara bigoye kubera imihanda mibi kandi idahuza neza uturere, ndetse n’itumanaho ridahagije.

Hari kandi ingendo nyinshi z’abaturage zijyanye n’ubucukuzi bwa zahabu ndetse n’abantu bimurwa n’imirwano.

Kugeza ku wa Kane, Intara esheshatu kuri 26 zigize DRC ni zo zari zimaze kugaragaramo Ebola.

Abakozi b’ubuzima barigaragambya

Muri icyo gihe, abakozi bo mu rwego rw’ubuzima bakorera mu Kigo Nizi Treatment Center muri Ituri, imwe mu ntara zibasiwe cyane, batangiye imyigaragambyo ku wa Kane.

Iyi myigaragambyo yatumye ikigo gifunga ibikorwa byacyo by’agateganyo, nyuma y’uko abo bakozi batangaje ko bamaze amezi atatu badahembwa.

Dr Jean Kaseya yasabye Guverinoma ya Congo kwishyura amafaranga y’imishahara y’abakozi b’ubuzima atarishyurwa kugira ngo bakomeze akazi kabo k’ingirakamaro.

Ati: “Tugomba kwishyura abakozi mu rwego rw’ubuzima. Iyi ni inshingano ya Guverinoma, ntabwo ari iy’abafatanyabikorwa. Batubwiye ko amafaranga ahari.”

Abayobozi bavuga ko gukurikirana abahuye n’abanduye bitagikorwa neza.

Abayobozi bavuga ko kugeza ubu umubare nyawo w’abanduye utaramenyekana.

Icyorezo cyatangajwe ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi(5), ariko WHO ivuga ko ubushakashatsi bwakozwe ku miterere ya virusi bwerekanye ko cyatangiye amezi menshi mbere y’uko gitangazwa, ahagana muri Gashyantare(2).

Abashinzwe ubuzima bavuga ko hagati ya 60% na 70% by’abandura bashya ari abantu batari mu rutonde rw’abari gukurikiranwa kuko baba barahuye n’abanduye.

Ibi bituma indwara ikomeza gukwirakwira ku muvuduko uteye impungenge.

Ubusanzwe, gukurikirana abantu bahuye n’umurwayi bifasha kumenya hakiri kare abashobora kuba baranduye no gufata ingamba vuba igihe bagaragaje ibimenyetso.

Dr. Mohamed Yakub Janabi, Umuyobozi wa WHO mu karere ka Afurika, yavuze muri iki cyumweru ati: “Turimo kwiruka inyuma ya virusi; virusi yo iri imbere yacu.”

Ku wa Kane, Jean Kaseya yavuze ko muri Congo, uburyo bwo gukurikirana abantu bahuye n’abanduye “butagifite akamaro” kubera uburyo indwara iri gukwirakwira.

Ebola ni indwara yandura cyane

Ebola ni indwara idakunze kubaho ariko yandura cyane, kandi ishobora kwandurira mu matembabuzi y’umubiri arimo amaraso, ibirutsi cyangwa amasohoro, ndetse no ku bintu byandujwe n’ayo matembabuzi, nk’imyambaro n’ibiryamirwa.

Indwara itera ishobora gukomera cyane kandi akenshi ikaba ishobora guhitana uyirwaye.

Mu kwezi gushize, hatangiye ubushakashatsi bwo kwa muganga ku miti ibiri ishobora kuvura ubu bwoko bwa Ebola.

Ubwo bushakashatsi bukorerwa muri Ituri, ari yo ntara yibasiwe cyane muri eshanu zari zaragaragayemo Ebola mbere y’uko igera muri Bas-Uéle.

WHO yatangaje ku wa Gatatu ko inkingo ebyiri zakozwe by’umwihariko zirwanya virusi ya Bundibugyo zatangiye kugeragezwa ku bantu ku nshuro ya mbere.

WHO kandi irateganya kugerageza niba hari urukingo rwa Ebola rusanzwe ruboneka rushobora kugira ubwirinzi kuri iyi virusi, nyuma y’uko ubushakashatsi bwakorewe ku nyamaswa butanze ibisubizo bitanga icyizere.

Africa CDC ishyigikiye gukoresha urukingo rwa Ervebo

Jean Kaseya yavuze ko Africa CDC ishyigikiye ikoreshwa ry’urukingo rwa Ervebo, urukingo rwemewe kurwanya ubwoko bwa Zaire Ebola, no mu Ntara zirimo kwibasirwa na virusi ya Bundibugyo.

Yavuze ko hari ubushakashatsi bwerekana ko inkingo zisanzwe zishobora gutanga ubwirinzi mu rugero runaka no kuri iyi virusi.

Ati: “Turi mu gihe cyo gufata iicyemezo kigoye. Kandi iyo uri mu gace nk’ako, ugomba gufata ibyemezo bikomeye kugira ngo duhagarike impfu z’abaturage.”

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *