Josh Kushner, umuvandimwe w’umukwe akaba n’intumwa yihariye ya Perezida Donald Trump, Jared Kushner, afatanyije na Bob Iger wahoze ari Umuyobozi Mukuru wa Disney bagiye kugura imwe mu makipe akomeye muri Basketball ku isi yitwa Los Angeles Lakers.

Iyi kipe yakinnyemo abantu bakomeye muri Basketball nka LeBron James izagurwa miliyari $12.5.
Nta gihe kinini gishize iyi kipe iguzwemo imigabane na Mark Walter, umuherwe w’umunyamerika w’umushoramari akaba n’umuyobozi w’ibigo binini, uzwi cyane cyane mu mikino.
Ni umwe mu bafite ububasha bukomeye kuri Los Angeles Dodgers, ikipe ya Baseball yo muri MLB.
Yashinze/ayobora TWG Global, ikigo gifite ibikorwa mu by’imari, ubwishingizi, ikoranabuhanga n’imikino.
Afite inyungu mu yandi makipe nka Chelsea FC, akagira irindi shoramari mu mukino bita Motorsport no mu mikino bita Hockey y’abagore bo muri Amerika bagize ikitwa Professional Women’s Hockey League.
Forbes yamushyize ku rutonde rw’abaherwe, umutungo we ubarirwa muri miliyari nyinshi z’amadolari.
Mu Ukwakira(10) 2025 ni bwo Walter yaguze imigabane muri iyi kipe, ayitangaho miliyari$ 10.
Mu butumwa bwatanzwe na Kushner na Iger bemeza ko biyemeje gushora amafaranga yabo muri iriya kipe kubera urwo bayikunda kandi rwa kera.
Kuyishoramo imari byabashimishije bituma bumva banyuzwe kuko noneho bagiye no kuyigenzura bifatika.
Bemeza ko nubwo ari abashoramari, batazivanga mu miyoborere bavuga ko ihamye isanzwe iri muri iyi kipe.
Bagize bati: “Dufitiye icyizere kandi twubaha imiyoborere n’icyerekezo cya Jerry Buss na Jeanie Buss. Icyo twifuje kuva kera ni ukubaka duhereye hasi, tukagera ku rwego rwo hejuru, tugaha byose iyi kipe y’akataraboneka, abafana bayo, n’Umujyi wa Los Angeles.”
Buss ni rwiyemezamirimo washoye bwa mbere muri iyi kipe miliyoni $67,6 mu mwaka wa 1979, icyo gihe hakaba hari harimo na Los Angeles Kings ikina umukino wa Hockey, harimo na Los Angeles Arena izwi ka Kia Forum.
Nyuma y’imyaka myinshi yaje gutabaruka, imigabane ye igabanywa abana be batandatu iyoborwa na Jeanie Buss mbere y’uko Walter, usanzwe ufite LA Dodgers afatanyije na Todd Boehly ufite Chelsea yo mu Bwongereza bayinjiramo.
LA Lakers imaze kwegukana NBA inshuro 17, ikaba ari iya kabiri inyuma ya Boston Celtics yayegukanye inshuro 18.
Kushner ugiye kugura LA Lakers, ni umwe mu bavuzwe mu mushinga wa Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, wo kugurisha imigabane y’amarushanwa ya FIFA arimo Igikombe cy’Isi, ariko ugapfuba kubera ko abanyamuryango bayo bawurwanyije.
Abakinnyi Abakomeye mu mateka ya Los Angeles Lakers ni:
Kobe Bryant — umwe mu bakinnyi bakomeye cyane Lakers yabonye; yatwaye shampiyona eshanu za NBA.
Magic Johnson — yatwaye shampiyona eshanu ari kumwe na Lakers.
Kareem Abdul-Jabbar — yatwaye shampiyona eshantu ari kumwe na Lakers kandi yatsindiye MVP 3 akiwa muri Lakers.
Shaquille O’Neal (Shaq) — yafashije Lakers gutwara shampiyona eshatu zikurikirana, 2000–2002.
Jerry West —ndetse ni we shusho iri ku kirango cya NBA.
Wilt Chamberlain — umwe mu basatira cyane amateka ya NBA.
James Worthy — umwe mu bakinnyi bakomeye ba Lakers mu gihe cya “Showtime.”
LeBron James — yayoboye Lakers ku gikombe cya NBA cya 2020.
Abakomeye muri iki gihe
Kugeza muri 2026, Luka Dončić ni we mukinnyi mukuru Lakers yubakiyeho, naho Austin Reaves na we afite uruhare runini. LeBron James yamaze kuva muri Lakers ajya muri Philadelphia.


