Hegitari 29 Za Nyungwe Zarakongotse

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Kamwe mu gace ka Nyungwe kahiye. Ifoto@ RNP

Inkongi iherutse kwaduka muri Nyungwe yatwitse ahantu hareshya na hegitari 29 z’ibiti, ibyatsi n’inyamaswa zirimo ibikururanda, ibinyugunyugu, inyoni cyangwa izindi nyamaswa zishobora kuba zarahaguye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP)Hassan Kamanzi yabwiye Taarifa Rwanda ko iriya nkongi yazimijwe ku wa Gatanu italiki 04, Nzeri(9) 2026, ikaba yaratewe n’abagabo babiri bari bagiye guhakura ubuki.

Abo bagabo- ubu bafungiye kuri station ya Polisi ya Muganza- bacanye ifumba( ni umuriro bakoresha birukana inzuki mu mitiba) bajya guhakura inzuki zibariye bata umuriro hasi bariruka, baba bakongeje ishyamba batyo.

Igice cyahiye ni icyo mu Murenge wa Muganza uri mu Karere ka Nyaruguru, mu ntera ya kilometero zirindwi ivuye ku ishyamba ribanziriza Nyungwe nyirizina bita ‘umukandara wa Nyungwe’.

Igice cyahiye kiri mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru: Ikarita yakoreshejwe ubwenge buhangano.
Ntihabuze guhiramo ibinyabuzima birimo n’ibikururanda.
Hahiye hegitari 29.

CIP Hassan Kamazi aburira abaturiye Nyungwe kuzibukira gutwika ishyamba cyangwa kurihigamo inyamaswa kuko iri shyamba ari ‘ibihaha’ by’u Rwanda kandi ko abazafatirwa muri ibyo bikorwa bazabihanirwa.

Ati: “Abaturage birinde kwigabiza ishyamba rya Nyungwe kuko iri shyamba ridufatiye runini. Ni ibihaha by’u Rwanda kandi nta kindi rigenewe kitari ubukerarugendo.”

CIP Hassan Kamanzi, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo. Ifoto@The Kaminuza Star

Soma inkuru bifitanye isano:

Bakongeje Nyungwe: Hamaze Gushya Hegitari 17

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *