Umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim yavuze ko igitego kimwe ku busa batsindiwe i Lubumbashi gitsinzwe na Les Aigles du Congo cyatewe n’imisifurire yahengamiye kuri iyo kipe bari bahanganye.
Uyu mukino waraye ubereye kuri Frédéric Kibassa Maliba Stadium iri i Lubumbashi, ukaba wari umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze muri CAF Champions League.
Nyuma y’umukino, Taleb Abderrahim, yavuze ko wari ukomeye kuko abatoza b’ayo makipe bari basanzwe baziranye, buri wese azi uko mugenzi we atoza, bituma amayeri yo gutsinda aba menshi kuri buri ruhande.
Ati: “Murabizi twaje dufite inshingano zo kubona umusaruro mwiza. Twagerageje kwitwara neza mu kibuga hagati no kugerageza imipira miremire kuko twari twararebye imikino ya gicuti bakinnye. Gusa ni ikipe nziza ifite abakinnyi bakomeye .”
Yerekanye ko gutsindwa kw’ikipe ye byagizwemo uruhare runini n’abasifuzi b’umukino bayobowe n’Umunya-Bénin, Idissa Abdul, wasifuraga amakosa atari yo no gutanga amakarita menshi ku ikipe ye.
Ati “Twagerageje kubahagarika tugerageza amahirwe mu gihe dufashe umupira, gusa natunguwe n’imyitwarire y’umusifuzi. Ntabwo umupira w’amaguru watera imbere ugifite abasifuzi nk’aba. Mumbabarire kubivuga.”
Ngo yatoje imikino myinshi ya Champions League aba umwe mu bakinnyi bakomeye, ariko ntiyigeze mbona aho ikipe isifuriwa nabi bene kariya kageniI
Taleb yongeyeho ko umukinnyi we, Djibril Ouattara yakiniwe nabi n’umukinnyi wa Les Aigles du Congo, ndetse akaba agomba kujya mu bitaro, gusa ngo ibyo umusifuzi yabirengeje ingohe.
Ikindi ni uko ateremeranya n’impamvu zatumye umukinny we Ronald Ssekiganda ahabwa ikarita itukura kuko umusifuzi yamukurikiye akayimuha umukino warangiye.
Mu mukino utaha, APR FC igomba kuzishyira icyo gitego, ubundi ikirinda ko bayinjiza ikindi, hazaba ari mu mukino uzabera kuri Stade Amahoro ku italiki 1, Nzeri(9), ni ukuvuga mu mpera z’iki cyumweru.
Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura n’izakomeza hagati ya Zamalek SC yo mu Misiri na AS Port yo muri Djibouti, mu ijonjora rya kabiri rizakinwa mu Ukwakira(10) 2026.

