Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ababyeyi Bahangayikishijwe N’Uko Abana Bazasubira Ku Ishuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ababyeyi Bahangayikishijwe N’Uko Abana Bazasubira Ku Ishuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2023 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda itangarije ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2023/24, uzatangira ku wa 25 Nzeri 2023, ku biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, hari bamwe mu babyeyi babwiye Taarifa ko ubukungu butifashe neza bityo ko kohereza abana bizababera ingorabahizi.

Bavuga ko ibiciro by’ibiribwa by’ibanze nk’isukari, umugati ndetse n’ibishyimbo hari aho byazamutse k’uburyo kubona ibyo uhahiye urugo rufite abana barenze batatu bigoye cyane.

Ni ikibazo kiri mu bice by’umujyi n’iby’icyaro k’uburyo, muri rusange, ubuzima bugoye benshi.

Umwe wo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Bugesera witwa Mukamazimpaka avuga ko n’ubwo hari imyaka yeze,  ikibazo ari ukubona aho bayigura ku giciro cyatuma amafaranga yo kwishyurira abana bane aboneka.

Ati: “ Yewe ibintu biragoye. Narejeje arko se nawe urumva ukuntu ibintu bimeze nabi aho umuntu kugira ngo abone amafaranga agera ku Frw 100,000 agomba kugurisha imari yejeje atari ikintu gikomeye? Ubuzima bw’ubu buragoye”

Joyce wo mu Karere ka Kicukiro Umurenge wa Kigarama nawe avuga ko ibiciro ku isoko byahenze k’uburyo n’umunya Kigali usanzwe wifashije akora imibare agasanga kwishyurira abana bizasiga ari mu myenda.

Ku rundi ruhande ariko avuga ko kuba umubyeyi bivuze guhangana n’ibyo ari byo byose ahura nabyo ariko umwana akabona iby’ibanze ngo yige kandi abeho neza mu buryo bwose.

Yagize ati: “ Kuba umubyeyi bivuze gukubita hirya no hino ukabonera uwo wabyaye ibyo akeneye byose. Nta yandi mahitamo dufite gusa ntibyoroshye.”

Ibibazo  ababyeyi bafite bifitanye isano ya bugufi n’ibibazo byakuruwe n’umusaruro w’ubuhinzi wabaye mucye muri rusange bitewe n’imvura yabuze henshi.

Ibura ryayo rishingiye ku mihindagurikire y’ikirere yatewe no gushyuha kwacyo bigatuma ibihe by’ihinga bihinduka.

Indi mpamvu ikomeye ni intambara ya Ukraine n’Uburusiya yatumye isi ibura bimwe mu binyampeke yekeneraga ngo yihaze mu biribwa birimo ingano, isukari ndetse n’ibikomoka kuri petelori biragabanuka.

COVID-19 nayo yatumye Abanyarwanda bamwe batakaza akazi, abandi bagabanyirizwa imishaha.

Ababyeyi bavuga ko bazakora uko bashoboye kugira ngo abana batazakererwa amasomo.

Itangazo rya Minisiteri y’uburezi rivuga ko igihembwe cya mbere kizatangira ku wa 25 Nzeri 2023, kirangire ku wa 22 Ukuboza 2023.

Igihembwe cya kabiri cyo kizatangira ku wa 8, Mutarama, 2024 kirangire taliki 29 Werurwe, 2024 mu gihe icya Gatatu cyo kizatangira ku wa 15 Mata kirangire taliki 5, Nyakanga, 2024.

Minisiteri y’uburezi ivuga ko ibizamini bisoza amashuri abanza bizaba hagati ya tariki 8-10 Nyakanga 2024 naho ibirangiza  ayisumbuye  bizaba hagati ya taliki, 24 Nyakanga-3 Kanama 2024.

Hashize igihe inzego zishinzwe uburezi mu Rwanda zishyizeho uburyo bwo gufasha abanyeshuri kugera ku mashuri, hakaba harashyizweho abanyeshuri bahurira, imodoka zikabafasha kugera ku bigo by’amashuri  bigaho.

Ni gahunda iba ireba abanyeshuri biga bacumbikirwa mu bigo bigaho [Boarding School], aho bayifashwamo n’ Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA).

 

TAGGED:AbanyeshurifeaturedIbiciroIsokoKwigaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Akurikiranyweho Kwica Abantu Akabashyingura Iwe
Next Article Rwanda: Hari Abashinze Amaduka Agurwamo Na Benewabo Gusa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?