Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi Barishyuza Rwanda Revenue Miliyari Frw 32
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abacuruzi Barishyuza Rwanda Revenue Miliyari Frw 32

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2023 12:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hirya no hino mu Rwanda hari abacuruzi bishyuza Ikigo cy’imisoro n’amahoro umwenda wa Miliyari Frw 32. Ni umwenda ukomoka ku musoro wa TVA ufatirwa ku kiranguzo cyabo.

Bisanzwe bimenyerewe ko  baba bagomba kuyasubizwa mu gihe kitarengeje amezi atatu(3) uhereye igihe bawumenyekanishirije.

Muri bo harimo n’abanyenganda n’abatumiza hanze ibicuruzwa bitandukanye.

Babwiye RBA  ko ibyo Rwanda Revenue yabakoreye byabadindirije ubucuruzi bitewe n’uko bakoresha amafaranga y’inguzanyo ya Banki kandi baba barayagujije kugira ngo bagure ubucuruzi bwabo.

Ishyirahamwe ry’abatumiza ibicuruzwa mu mahanga, ACGDR, ryandikiye ikigo cy’imisoro n’amahoro rigisaba ko muri iki gihe harimo kurebwa uburyo imisoro yakoroshywa, iki kibazo nacyo cyashakirwa igisubizo.

Mu byifuzo byabo harimo ko  mbere y’uko bishyura umusoro bishyuzwa nyuma yo kuwumenyekanisha, bajya bahera kuri uwo mwenda Rwanda Revenue ibarimo ikanabaha inyungu ya buri kwezi ya 12% by’umwenda.

Umuyobozi w’iri shyirahamwe ACDGR, Janvier  Birahagwa avuga ko hari n’ubundi buryo ikibazo ‘cyakemurwamo.’

Perezida wa Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu mu mutwe w’Abadepite, Prof. Munyaneza Omar atanga icyizere ko iki kibazo kizakemuka.

Ayo mafaranga ya TVA bishyuza ahwanye na 18% by’ikiranguzo afatirwa n’ikigo cy’imisoro n’amahoro, 12% asigara muri icyo kigo naho 88% akoherezwa mu isanduku ya Leta bigatuma hagaragara icyuho cyagomba gusubizwa abacuruzi.

Komiseri Mukuru w’ikigo cy’imisoro n’amahoro, Bizimana Ruganintwali Pascal avuga ko ari ikibazo kigiye kwitabwaho.

Guhera muri Nyakanga 2018, Leta yafashe icyemezo cyo kuzamura ikigero cy’amafaranga ya TVA afatirwa kiva ku 10% kigera kuri 12%.

Mu ntangiriro za Gashyantare, 2019, ikigo cy’imisoro n’amahoro cyavuze ko cyari kikibereyemo abacuruzi umwenda usanga  Miliyari Frw 45 ariko kiza kubishyura izirenga Miliyari Frw 15 hasigara umwenda wa Miriyari 30 icyo gihe ari nawo bari kwishyuza muri iki gihe.

TAGGED:AbacuruzifeaturedIkigoImisoroUmwenda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya Yatangije ‘Operation’ Yo Kwica Inyoni Z’Ibishwi
Next Article Nyarugenge: Ikamyo Yagonze Imodoka Ya RDF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?