Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi B’I Kampala Banze Kumvira Ubuyobozi Bafungura Amaduka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abacuruzi B’I Kampala Banze Kumvira Ubuyobozi Bafungura Amaduka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2021 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, hari abacuruzi basanze batakomeza gufunga amaduka yabo ngo baririnda COVID, barayafungura kandi amabwiriza y’uyu mujyi atabyemera.

Amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo, avuga ko abacuruzi bagomba gufunga amaduka yabo kuzagera tariki 07, Kanama, 2021 ubwo hazaba hasohotse andi mabwiriza yo gukomeza guhangana na COVID-19.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, nibwo bariya bacuruzi bari basabwe gufunga ariya maduka.

Minisitiri ushinzwe kwita ku batuye Kampala witwa Minsa Kabanda yari yategetse ko amaduka aba afunzwe kuzageza igihe cyagenwe.

Ikindi ni uko ubuyobozi bwa Kampala bwemeje kugira ngo abacuruzi bazemerwe gufungura, bagomba kuzaba hari ibyo bujuje bizabafasha mu kurinda ko abakiliya babo bandura.

Muri byo harimo gushyiraho cameras zireba abinjira n’abasohoka( CCTVs cameras), gukubura bagatunganya aho bakorera, utwuma dusuzuma umuriro, ahantu hatandukanye abakiliya bagomba kwinjirira no gusohokera, za kandagira ukarabe zifite amazi ahagije n’isabune ihoraho n’ibindi.

Umwe muri bariya bacuruzi witwa Sylvia Nabukenya yabwiye Daily Monitor ko batazubahiriza ariya mabwiriza ya Meya w’Umujyi wa Kampala kuko ngo adashyize mu gaciro kandi ko ntaho ahuriye n’ayo Perezida Museveni aherutse gutanga.

Museveni aherutse kwemeza ko Guma mu rugo irangira.

Abacuruzi bibaza niba Meya w’Umujyi yiyumvamo ububasha bwo gutegeka abaturage kudakora ibintu runaka kandi babyemerewe n’Umukuru w’Igihugu.

Nabukenya avuga ko nk’abacuruzi bazafungura bagakomeza gukora nk’uko babyemerewe na Perezida Museveni kandi ngo bazabikora bakurikiza amabwiriza bahawe na Perezida Museveni.

 

TAGGED:AbacuruziCOVID-19Kampala. UgandaMuseveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Samia Yashenguwe n’Urupfu Rwa Minisitiri w’Ingabo Rwabaye Ari Mu Rwanda
Next Article Perezida Kagame Na Perezida Suluhu Basuye Uruganda Rw’Inyange
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Menya Ahaza Kurasirwa Ibishashi Birangiza 2025

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Bunyoni Ararembye

You Might Also Like

Mu mahanga

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?