Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi B’I Kampala Banze Kumvira Ubuyobozi Bafungura Amaduka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abacuruzi B’I Kampala Banze Kumvira Ubuyobozi Bafungura Amaduka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2021 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, hari abacuruzi basanze batakomeza gufunga amaduka yabo ngo baririnda COVID, barayafungura kandi amabwiriza y’uyu mujyi atabyemera.

Amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo, avuga ko abacuruzi bagomba gufunga amaduka yabo kuzagera tariki 07, Kanama, 2021 ubwo hazaba hasohotse andi mabwiriza yo gukomeza guhangana na COVID-19.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, nibwo bariya bacuruzi bari basabwe gufunga ariya maduka.

Minisitiri ushinzwe kwita ku batuye Kampala witwa Minsa Kabanda yari yategetse ko amaduka aba afunzwe kuzageza igihe cyagenwe.

Ikindi ni uko ubuyobozi bwa Kampala bwemeje kugira ngo abacuruzi bazemerwe gufungura, bagomba kuzaba hari ibyo bujuje bizabafasha mu kurinda ko abakiliya babo bandura.

Muri byo harimo gushyiraho cameras zireba abinjira n’abasohoka( CCTVs cameras), gukubura bagatunganya aho bakorera, utwuma dusuzuma umuriro, ahantu hatandukanye abakiliya bagomba kwinjirira no gusohokera, za kandagira ukarabe zifite amazi ahagije n’isabune ihoraho n’ibindi.

Umwe muri bariya bacuruzi witwa Sylvia Nabukenya yabwiye Daily Monitor ko batazubahiriza ariya mabwiriza ya Meya w’Umujyi wa Kampala kuko ngo adashyize mu gaciro kandi ko ntaho ahuriye n’ayo Perezida Museveni aherutse gutanga.

Museveni aherutse kwemeza ko Guma mu rugo irangira.

Abacuruzi bibaza niba Meya w’Umujyi yiyumvamo ububasha bwo gutegeka abaturage kudakora ibintu runaka kandi babyemerewe n’Umukuru w’Igihugu.

Nabukenya avuga ko nk’abacuruzi bazafungura bagakomeza gukora nk’uko babyemerewe na Perezida Museveni kandi ngo bazabikora bakurikiza amabwiriza bahawe na Perezida Museveni.

 

TAGGED:AbacuruziCOVID-19Kampala. UgandaMuseveni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Samia Yashenguwe n’Urupfu Rwa Minisitiri w’Ingabo Rwabaye Ari Mu Rwanda
Next Article Perezida Kagame Na Perezida Suluhu Basuye Uruganda Rw’Inyange
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?