Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abacuruzi B’I Rubavu Basubiye Mu Kazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Abacuruzi B’I Rubavu Basubiye Mu Kazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2021 8:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’Icyumweru kirengaho iminsi mike abacuruzi bo mu mujyi wa Rubavu bahagaritse imirimo batinya ko imitingito yabagirira nabi, mu ntangiriro z’iki Cyumweru akazi kasubukuwe.

Hari hashize igihe muri kariya gace n’ahandi hahegereye humvikana imitingito myinshi ndetse igasenya inyubako z’abaturage n’ibikorwa remezo.

Mu rwego rwo kwanga ko hagira uhasiga ubuzima, bamwe bahisemo gufunga amaduka, bajya mu ngo zabo ndetse hari n’abahunze bava mu byabo bajya kuba muri za Stade ahari hateguwe.

Kuri uyu wa Mbere tariki 31, Gicurasi, 2021 nibwo abanyeshuri bigaga mu mashuri ari mu mujyi wa Rubavu bagahagarika amasomo birinda ko bagwirwaho n’inzu, basubiye mu masomo yabo.

Iriya mitingito yangije cyane ibikorwa remezo mu mirenge ya Gisenyi, Rubavu, Rugerero na Nyamyumba.

Kuri Twitter Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba Bwana François Habitegeko yashyizeho amafoto yerekana uko ubucuruzi bwasubiye mu bikorwa, abamotari batwara abagenzi, abacuruzi bafunguye amaduka n’abadandaza ibiribwa birimo imboga bari kubikora.

Nyiragongo yaracururutse…

Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz cyaraye gitangaje ko nta kigaragaza ko Nyiragongo yaba ishaka kongera kuruka cyangwa ngo iteze ibyago mu Kiyaga cya Kivu, mu gihe Repubulika ya Demokarasi yo yamaze kwimura abaturage benshi mu Mujyi wa Goma.

Iki kirunga cyarutse ku wa 22 Gicurasi abaturage benshi barahunga, nyuma baza kugenda basubira mu byabo.

Mu kiganiro kuri televiziyo y’igihugu, Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa mu Kigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz, Dr Twagirashema Ivan, yavuze ko imitingo yacogoye kuko yatangiye iri ku kigero (magnitude) cya gatanu, ubu myinshi isigaye ku kigero cya kabiri.

Yavuze ko hagendewe ku bipimo bishya, nta kigaragaza ko Nyiragongo yaba ishobora kongera guhita iruka.

Uku guhumuriza abaturage biri mu byatumye bongera gusubira mu byabo.

Bongeye kurema isoko
Amaduka yafunguye

 

TAGGED:featuredGisenyiGuverineriHabitegekoIkirungaImitingito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Denmark Iri Ku Gitutu Cy’U Bufaransa N’U Budage Kubera ‘Kubagambanira’
Next Article Gen Katumba Wamala Wayoboye Ingabo Za Uganda Yarokotse Amasasu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?