Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abagenzi Barwaniye Mu Ndege
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abagenzi Barwaniye Mu Ndege

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Impaka za ‘ngo turwane’ zatumye abagabo bateranira igipfunsi mu ndege. Video yafashwe yerekana abagabo babiri baterana igipfunsi nyuma yo gushyogozanya hakabura uwacira undi bugufi ngo yicecekere.

Nk’uko Abanyarwanda baca umugani ngo ‘ururimi rwoshywa n’urundi’ ni uko byagenze mu bagenzi bavaga Bangkok muri Thailand bagana mu Buhinde.

Bari mu ndege yitwa Thai Smile Airways yavaga Bangkok igana mu Mujyi wo mu Buhinde witwa Kolkata city muri Bengal y’i Burengerazuba.

Muri iriya  video, byatangiye umwe abwira undi ngo ‘yicare aceceke’.

Mu gihe yari akivuga, uwari uri ku ruhande yahise abyinjiramo abwira uwo wasaba ibyo ko ibyo ari kuvuga bitamureba, ko adashinzwe umutekano mu ndege.

Bidatinze, undi yahise amutera ikofe, baba bafatanye mu mashingu.

Igipfunsi cyahise gitangira kuvuga

Inshuti z’uwo watewe amakofe nazo zarahagurutse nazo zitangira gutera wa wundi amakofe mu rwego rwo gutabara no guhorera mugenzi wabo.

Abandi bagenzi batakambaga basaba abarwanaga kubihagarika.

Icyakora haje kuza umugabo w’intwari arabakiza.

Ubuyobozi bw’ikigo gitwara abagenzi mu ndege za Thai Smile Airways bwasabye imbabazi abagenzi, kandi buvuga ko kiriya kibazo cyahoshejwe.

Bwijeje abantu ko mu minsi iri imbere nta kibazo nka kiriya kizongera kubaho.

Urugomo mu ndege kandi rwigeze kuba ubwo abantu barwaniraga mu ndege y’ikigo  Jetstar  yavaga i Melbourne ijya i Brisbane.

Hombi ni muri Australia.

Byabaye ngombwa ko urwo rugendo rusubikwa.

Barwanye iminota 24.

Polisi yinjiye muri iriya ndege isohoramo abarwanaga bose.

 

TAGGED:AbagenziAustraliaBuhindeIgipfunsiIndegeKurwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pele Yatabarutse Azize Cancer
Next Article Umukecuru Rachel Nyiramandwa ‘Wakundaga’ Perezida Kagame Yatabarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?