Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahanzi Nyarwanda Babwiwe Akamaro Ko Gukorana N’Ab’Ahandi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Abahanzi Nyarwanda Babwiwe Akamaro Ko Gukorana N’Ab’Ahandi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2024 2:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe mu Rwanda hateganywa inama izahuza abahanzi barenga 20 muri Afurika, bagenzi  babo bo mu Rwanda bagirwa inama yo kwagura imikoranire na bagenzi babo bo kuri uyu mugabane.

Imwe mu mpamvu abahanzi bo mu Rwanda batamamara cyane muri Afurika ni uko batinze gukorana na bagenzi babo bo mu Karere u Rwanda ruherereyemo n’ahandi muri Afurika.

Kudakorana nabo byatumye bamara imyaka irenga 15 bazwi mu gihugu cyabo n’ahandi mu karere ariko naho bitari cyane.

Kuba baratinze kwamamara muri ubwo buryo byanemejwe na Uncle Austin, umwe mu bahanzi bo hambere akaba n’umunyamakuru ubimazemo igihe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko mu myaka myinshi amaze muri uyu mwuga, yasanze ikibazo cyabayeho ari uko abahanzi batabonye uburyo bwo kwagura aho bakorera umuziki ngo banakorane n’abandi ba kure.

Uncle Austin asanga kuba abahanzi bataratangiye gukorana n’abandi bo mu Karere kuva kare, umuziki nyarwanda mu myaka irenga 20 irenga, baba bageze kure cyane.

Ati: “Ubu tuba turi ku rwego rw’abahanzi bo muri Nigeria n’ahandi muri Afurika. Iyo tuza kugaragara kare ubu tuba dufite abahanzi baharanira Grammy Awards”.

Austin avuga ko amazi atararenga inkombe, ko k’ubufatanye na Guverinoma umuziki w’u Rwanda n’abahanzi nyarwanda bahawe uburyo bwo gukoreramo no kwagura ibyo bakora.

Umwe mu bo mu kigo Music In Africa Foundation cyateguye iriya nama witwa Eddy avuga ko Inama Access Music in Africa avuga ko urubyiruko rukwiye kumenya ko umuziki ari akazi kinjiriza ba nyirako.

- Advertisement -

Avuga ko mu mwaka wa 2013 ari bwo bashinze Ikigo Music In Africa gishingirwa muri Kenya.

Ni urubuga abahanzi bahuriramo bakanamenyeramo uko bakwiteza imbere bakoranye n’abandi.

Ati: “ Mu biganiro tugirana twigishanya uko umuziki ukorwa, tukabwirana ko gukoresha ibihangano by’abandi bigira ingaruka. Abahanzi bo muri Afurika bacibwa amande abarirwa mu madolari menshi bazira gukoresha ibihangano by’abandi”.

Avuga ko bahisemo gukorera iriya nama mu Rwanda kubera ko ari igihugu kiri kuzamura umuziki wacyo kandi gifite abahanzi bazi akazi kabo.

Icyakora agira abahanzi bo mu Rwanda inama yo gukomeza gukorana na bagenzi babo bakungurana ibitekerezo by’uko bazamura urwego.

Muri uko gukorana bagasangiza abatuye isi ibihangano byabo ariko bakirinda ko bahanirwa kwigana iby’abandi igihe cyose babishyize kuri murandasi.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko no guteza imbere ubuhanzi Sandrine Umutoni avuga ko u Rwanda rukora uko rushoboye ngo ruteze imbere abahanzi ariko nanone bigakorwa batica amategeko agenga uburenganzira ku gihangano bwite cya runaka.

Ati: “Dufite amategeko asobanutse afasha uruganda rw’umuziki kugira ngo abahanzi bacu bakore neza ariko batishe amategeko”.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’ubuhanzi

Umutoni avuga ko Minisiteri akorera ikorana n’abandi bafatanyabikorwa hagamijwe guteza imbere abahanzi.

Muri urwo rwego kandi, Guverinoma ikorana n’itangazamakuru kugira ngo abahanzi bakomeze kumenyekanisha ibyo bakora.

Mu gihe cy’iminsi itatu mu kwezi ku Ugushyingo, mu Rwanda hazaba inama izahuza abahanzi mpuzamahanga bo muri Afurika, ikaba yarateguwe n’ikigo kitwa Access Music in Africa Foundation.

Izahuza abahanzi barenga 20 bavuye mu bihugu birenga 15 by’Afurika.

Izaba hagati y’italiki 14 kugeza taliki 16, Ugushyingo, 2024.

Abahanzi nyarwanda bazitabira iriya nama batoranyijwe binyuze mu gutanga amakuru abareba kugira ngo harebwe niba bujuje ibisabwa.

Ababishatse nibo batanze ibyangombwa baratoranywa.

TAGGED:AbahanzifeaturedIkoranabuhangaRwandaUmutoniUmuziki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dr. Joseph Karemera Wabaye Ambasaderi Na Minisitiri Yatabarutse
Next Article Abayapani Barokotse Bombe Atomike Bahawe Igihembo Cy’Amahoro Cya Nobel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?