Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abahinzi Bagiye Guhabwa Amafaranga Yo Kongera Umusaruro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abahinzi Bagiye Guhabwa Amafaranga Yo Kongera Umusaruro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubufaransa bubinyujije mu kigo cyabwo gishinzwe iterambere mpuzamahanga, Agence Francaise de Devéloppément, ADF, bugiye guha abahinzi inguzanyo ya Miliyoni $10 yo kubafasha kubona imbuto y’indobanure, ifumbire n’ubumenyi nkenerwa kugira ngo bazamure umusaruro.

Ayo mafaranga agenewe abahinzi bato basanzwe bafashwa n’Umuryango One Acre Fund-Tubura.

AFD kandi izakorana n’Ikigo Proparco kiyoborwa na Françoise Lombard mu guha abahinzi iyo nguzanyo.

Uyu muyobozi yari ari kumwe na mugenzi we uyobora One Acre Fund (ku Isi), Eric Pohlman.

Ku wa Gatatu taliki 15, Gicurasi, 2024, nibwo amasezerano y’uburyo ayo mafaranga azakoreshwa n’uko azunguka yashyizweho umukono.

Biteganyijwe ko azafasha abahinzi bo mu Rwanda bagera kuri Miliyoni ebyiri kubona imbuto, ifumbire n’ubumenyi byabafasha kongera umusaruro.

One Acre Fund-Tubura isanzwe iha abahinzi bato ingemwe z’ibiti zo kurengera ibidukikije no kabaguriza imbuto z’ibihingwa, ifumbire, ubwishingizi n’ibindi byabafasha kuvugurura imibereho binyuze mu kongera umusaruro.

Proparco na One Acre Fund-Tubura bavuga ko bataguriza umuhinzi amafaranga azishyura hiyongereyeho inyungu ahubwo bamuha inyongeramusaruro cyangwa ibindi bikoresho by’ibanze yakenera.

Bemeza ko batazahenda umuhinzi ngo bamushyirireho ibiciro bihabanye n’ibyo Leta iteganya.

Françoise Lombard uyobora Proparco avuga ko gutanga inguzanyo mu buryo bw’ibindi bintu bitari amafaranga, aho umuhinzi azajya yishyura gahoro gahoro, ari gahunda yizewe ko impande zombi(umuhinzi na Proparco) bazabyungukiramo.

Eric Pohlman uyobora One Acre Fund avuga ko bazi neza ibibazo abahinzi bahura nabyo cyane cyane mu gihe cy’ibiza.

Kubera iyo mpamvu,  bazafasha abahinzi guhinga imbuto zihanganira imihindagurikire y’ikirere, bagahugurirwa kumenya uko ubuhinzi bwa kinyamwuga bukorwa kandi bakabikora bafite ubwishingizi.

Ubwo ayo masezerano yasinywaga, hari Ambasaderi w’Ubufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré.

Yavuze ko ayo mafaranga ari ayo Perezida w’igihugu cye yemeye ko kizaha ibihugu by’Afurika bya Afurika mu mwaka wa 2022.

Bizakorwa binyuze muri gahunda yiswe Food & Agriculture Resilience Mission (FARM) muri 2022.

Yatangirijwe mu Bufaransa mu Nama yahuje Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi(EU), Ibihugu birindwi bikize ku Isi(G7) n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

Ikigo Proparco cy’Abafaransa cyiyemeje gutanga miliyoni € ziri hagati ya 100 na 150 buri mwaka, akazafasha abahinzi bo muri Afurika kuzamura umusaruro wabo binyuze mu gutera imbuto irobanuye, kurwanya isuri no gukora ibindi bigamije kongera umusaruro.

Ayo mafaranga azacishwa muri One Acre Fund akazahabwa Kenya, u Rwanda, Ethiopia, u Burundi, Malawi, Nigeria, Tanzania, Uganda na Zambia.

TAGGED:BufaransafeaturedIkigoUbuhinziUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Amaze Imyaka 23 Aba Mu Mwobo Kubera Jenoside Yakoze
Next Article Sudani Y’Epfo: Impande Zihanganye Zasinye Andi Masezerano Y’amahoro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?