Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakandagira Mu Busitani Bw’Umujyi Wa Kigali Bahagurukiwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakandagira Mu Busitani Bw’Umujyi Wa Kigali Bahagurukiwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2023 6:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko igihe kigeze ngo abatuye Umujyi wa Kigali n’abawugenda bamenye ko guca mu bisitani bitemewe kandi bazirikane ko ababikora bazabihanirwa.

Guca cyangwa guta imyanda mu bisitani bibangamira gahunda ya ‘Kigali ikeye kandi itoshye.’

Kigali hafi ya yose ifite imihanda n’inyubako bikijijwe n’ibiti n’ibyatsi bitoshye harimo n’indabo.

Ubuyobozi bw’uyu mujyi kandi bwibutsa abantu ko hari ahantu hagenewe abanyamaguru ndetse n’amagare n’ubwo ahagenewe amagare ho hari gahunda yo kuhagura.

Ni ibikorwa byakozwe k’ubufatanye bwa Leta y’u Rwanda n’abashoramari.

Hari ibyanya byashyizweho byo kwidagaduriramo no kuruhukiramo abaturage babishatse kandi babifitiye ubushobozi bakahafatira amafunguro n’ibinyobwa.

Ahenshi mu hashyizwe ibi bikorwa remezo, mbere hahoze hari indiri y’abagizi ba nabi.

N’ubwo ari uko bimeze, hari abatuye cyangwa abagenda mu mujyi wa Kigali baca rwagati mu busitani cyangwa bagatamo imyanda kandi bitemewe.

Kuba bitemewe byatumye ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na Polisi y’u Rwanda batangiza ubukangurambaga bwo kwibutsa abantu ububi bwo kujugunya imyanda mu bisitani cyangwa kubucamo.

Abaturage basabwe kugira ‘umuco w’isuku.’

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Urujeni Martine avuga ko abaturage bangiza isura y’ubwiza bw’umujyi wa Kigali  bagiye guhagurukirwa, bakajya babihanirwa.

Martine Urujeni

Icyakora ntiharatangazwa ibyo bihano ibyo ari byo.

Guhana abangiza ubusitani bw’i Kigali bizakorwa kubera ko bibangamira intego yo kugira umujyi ukeye kandi utoshye.

TAGGED:featuredKigaliPolisiUbusitaniUmujyiUrujeni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meya Wa Nyamasheke Avuga Ko Abaturage ‘Batanyurwa’ N’Amazi Bahawe
Next Article Abasifuzi Ba Karate Babwiwe Ko Hari Ibyahindutse Mu Mategeko Yayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?