Hari Inama u Rwanda Rugira Afurika Mu Gukemura Ikibazo Cy’Amazi N’Isuku Bidahagije

Umwanditsi wa Taarifa
6 Min Read

Kigali — Guverinoma y’u Rwanda yakiriye abitabiriye inama mpuzamahanga Africa Water and Sanitation Systems Leadership Symposium, ikaba ihuriro rigamije kurebera hamwe uburyo Afurika yarushaho kugeza ku baturage serivisi z’amazi meza n’isuku zihamye kandi zirambye.

Mu ijambo ryo gufungura iyo nama, Minisitiri W’Intebe Dr Justin Nsengiyumva yavuze ko nubwo Afurika imaze gutera intambwe mu ishoramari mu bikorwa remezo by’amazi n’isuku, hakiri intera ndende kugira ngo Umugabane ugere ku ntego z’Iterambere Rirambye (SDGs) mu 2030.

Kugeza ubu, abantu miliyoni 418 muri Afurika baracyabura serivisi z’ibanze z’amazi, mu gihe miliyoni 779 babura serivisi z’ibanze z’isuku, naho miliyoni 839 bakaba badafite serivisi z’ibanze z’isukura.

Iyi mibare, nk’uko byagaragajwe, ikwiye gutera impungenge, atari uko Afurika yaba itarashyize imbaraga cyangwa amafaranga muri uru rwego, ahubwo kubera ko nubwo hari intambwe yatewe, ubwinshi bw’ikibazo bugikomeye.

Mu myaka ishize, ibihugu bitandukanye by’Afurika byashoye imari mu kubaka imiyoboro y’amazi, gucukura amariba meza, kubaka no gutangiza inganda zitunganya amazi n’ibindi bikorwa remezo.

Icyakora, ikibazo gikomeye gisigaye ni uko ibyinshi muri ibyo bikorwa remezo bitagitanga neza serivisi byashyiriweho.

Justin Nsengiyumva ati: “Kubaka ibikorwa remezo ni ingenzi, ariko ahanini ni intangiriro gusa. Igipimo nyacyo cyo kugera ku kigambiriwe ni ugukora ku buryo ibyo bikorwa bikomeza gukora neza kandi bigatanga serivisi ku baturage mu gihe kirekire.”

Imiyoborere myiza n’imari biracyari ingenzi

Abitabiriye iri huriro bagaragaje ko ikibazo gikomeye Afurika ihanganye na cyo ari ukumenya uko ishoramari ryatuma serivisi z’amazi n’isuku zizewe kandi zirambye zigera kuri bose.

Byagaragajwe ko igisubizo gifatika kuri iyo ngingo gishingiye ku nzego zikomeye, imiyoborere myiza, imari irambye n’ubuyobozi bubazwa inshingano, byose bigashyigikirwa n’ubushake bwa politiki bwo kureba ko ibikorwa remezo bikomeza gukorera abaturage.

Muri Gashyantare (2) 2026, Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yemeje politiki ihuriweho yitwa Africa Water Vision and Policy 2063, ishimangira ko imiyoborere n’ubuyobozi bidakwiye gufatwa nk’ibyunganira Afurika ifite amazi ahagije gusa, ahubwo ko ari byo shingiro ryayo.

Ikindi cyagaragajwe ni uko imiyoborere myiza ishobora gufasha Afurika kubona igice kinini cy’amafaranga ikenera mu rwego rw’amazi, isuku n’isukura.

Raporo y’itsinda ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ryiga ku ishoramari mu mazi igaragaza ko imiyoborere myiza—harimo gushyiraho ibiciro bikwiye, gukusanya neza amafaranga no gucunga imari mu buryo bwitondewe—ishobora gufasha Afurika kubona hafi miliyari $11.5 buri mwaka.

Byongeye kandi, gukusanyiriza umutungo imbere mu bihugu mu buryo bunoze bishobora kongera andi miliyari $17.5.

Ibi bigaragaza ko, ku rwego runaka, Afurika ishobora kandi ikwiye kwishyiriraho ejo heza hazaza h’amazi izakenera, aho kwishingikiriza cyane ku nkunga z’amahanga.

Amafaranga ajye ahantu hizewe

Ubutumwa bwatanzwe muri iri huriro bwashimangiye ko amafaranga, yaba aturutse imbere mu gihugu cyangwa hanze, agira akamaro iyo hari inzego zifite imiyoborere iboneye, zisohoza ibyo ziyemeje.

Niyo mpamvu abitabiriye iyo nama basabwe kudakomeza ibiganiro bishaje byibanda gusa ku kibazo cyo gushaka amafaranga menshi, ahubwo bakibanda ku kubaka inzego zikomeye kandi zizewe ku buryo abashoramari n’abatanga imari bifuza kuzishyiramo amafaranga.

Ibi ariko bisaba ibiganiro bikomeye, birimo kubaza uwo ari we wese inshingano ze igihe gahunda z’amazi n’isuku zidakozwe neza ndetse no kureba niba abayobozi b’izo nzego bafite ubumenyi, ubushobozi n’impamvu zibatera gukomeza kuzicunga neza.

U Rwanda na rwo ruvuga ku mbogamizi zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko na rwo rufite ibibazo rutarakemura burundu muri uru rwego, ndetse ko amavugurura ari gukorwa, atararangira.

Muri byo harimo ikibazo cy’amazi atishyuzwa, azwi nka non-revenue water, ari yo mazi atakara cyangwa atagera ku bayakeneye nubwo yaba yatunganyijwe akanapompwa.

U Rwanda rwagaragaje ko ijambo “non-revenue water” rishobora gutuma ikibazo gisa nk’icyoroheje, nyamara mu by’ukuri ari igihombo gikomeye cy’umutungo ndetse no kubura serivisi z’amazi zigenewe abaturage.

Ikindi kibazo ni imikorere ya serivisi z’amazi mu bice by’icyaro, aho hakabamo n’uruhare rw’abikorera.

U Rwanda rwavuze ko iyi gahunda ikiri mu rwego rwo gushakisha uburyo bwiza yakorwamo no kuyishyira ku murongo mu buryo burambye.

Kigali Communiqué izatanga umurongo w’ibikorwa

Biteganyijwe ko mu mpera z’icyumweru cy’iyi nama, hazasohoka inyandiko y’imyanzuro izwi nka ‘Kigali Communiqué on Systems Transformation for the Realisation of the Africa Water Vision and Policy 2063.’

Abaminisitiri, abagenzuzi b’inzego z’amazi, abayobozi b’ibigo bitanga serivisi, abayobozi b’imijyi, abo mu rwego rw’imari, imiryango itari iya Leta ndetse n’urubyiruko rukora muri uru rwego, basabwe kugira uruhare mu gutuma iyi nyandiko izaba umusingi w’ibikorwa bifatika bizakurikiraho.

Ubutumwa bwatanzwe ni uko imyanzuro igomba kuba isobanutse kandi yihariye, ku buryo abazayishyiraho umukono bashobora kuzabazwa ibyo biyemeje igihe bazongera guhura.

Icyakora, iby’iyi nama ntizapimirwa ku nyandiko izasinyirwa i Kigali gusa.

Izapimirwa no ku mpinduka zizagaragara nyuma y’uko abayitabiriye basubiye mu bihugu byabo: mu nzego bayobora, mu byemezo bafata ndetse no ku bwiza, ku bwizerwe no ku burambe bwa serivisi z’amazi n’isuku zihabwa abaturage.

Ubutumwa bugana i Abu Dhabi

U Rwanda rwasabye ko ibiganiro bitarangirira i Kigali nyuma y’iyi nama, ahubwo bizakomereza mu nama izabera Abu Dhabi muri Leta ziyunze z’Abarabu mu Kuboza(12) 2026.

Abitabiriye iyo nama basabwe kuzahagera badatwaye gusa ibibazo n’ibyo bakeneye, ahubwo bafite n’ibisubizo, ibyo biyemeje gukora ndetse n’icyerekezo gisobanutse cy’Afurika bifuza kubaka mu rwego rw’amazi n’isuku.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *