Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakoreshereza Murandasi Mu Rwanda Barasabwa Gutunga Ikirango Cya .RW
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Abakoreshereza Murandasi Mu Rwanda Barasabwa Gutunga Ikirango Cya .RW

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2023 5:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama itangwa n’ikigo gifite mu nshingano kubungabunga indangarubuga ya .rw ku bakoresha murandasi mu bikorwa bya buri munsi, RICTA, ivuga ko abakoresha indangarubuga  nka .com ni izindi zinyuranye bakwiye kugira na .rw

Grace Ingabire uyobora RICTA avuga ko inshingano zo kurinda indangarubuga ya .rw bazihawe na RURA.

Yabwiye itangazamakuru ko basanze indangarubuga y’u Rwanda ikwiye kurindwa nka kimwe mu bigaragaza igihugu kuri murandasi kandi hagamijwe isooko y’inyungu.

Aho avuga ko ikibazo cyagaragaye muri iki gihe, ari icy’uko hari abantu benshi bagura izina rya .rw ariko ntibarikoresha kandi ibi bikaba bimaze igihe.

Biri mu byatumye biba ngombwa ko hari amazina 3,000 afite indangarubuga ya .rw adakoreshwa bityo akaba agiye gutezwa cyamunara.

Umuyobozi wa RICTA avuga ko amazina ya .rw azagurishwa mu byiciro bibiri:

Icya mbere kigizwe n’izo ku rwego rwo hejuru, zihagazeho bita premium n’izindi bita Buy Now.

Amazina yo ku rwego rwa premium azapiganirwa mu gihe upiganwa abanje kwishyura $100 yo kujya mu ipiganwa, atangire gupiganwa kuva ku $150 kuri buri zina, ariko amazina yo ku rwego rwa ‘Buy Now’ azapiganirwa ku $30 ni ukuvuga Rwf 35,000.

Grace Ingabire avuga ko nyuma y’ipiganwa, uzaba yatanze amafaranga menshi yo kugura iryo zina, ari we uzaryegukana.

Icyakora ngo abatazatsindira izina rimwe, bazahabwa amahirwe yo gupiganirwa irindi kuko azaba ari menshi.

Ku rundi ruhande, RICTA ivuga ko abashaka kugura izina ritari ku rwego rwa premium, ni ukuvuga abashaka kugura iryo ku rwego rwa Buy Now, bashobora gutangira kurigura ariko akemeza ko ibyiza ari ukugura mu gihe cy’imyaka myinshi kuko ari byo bidahendesha.

Grace Ingabire yagize ati: “ Twishimiye kumenyesha Abanyarwanda n’abari hanze y’u Rwanda ko twashyize ku isoko cyamunara y’amazina ya.rw kugira ngo agurwe abantu bashobore kuyabyaza umusaruro. Ni uburyo bwiza ku bashoramari ngo bamenyekanishe ibyabo bakoresheje indangarubuga y’u Rwanda kandi biri mu byamamaye kurusha ibindi muri iki gihe.”

Guhera kuri uyu wa Mbere, taliki 14, Kamena, 2023 abantu bose bashaka bashobora gutangira inzira ibaganisha mu kuzatsindira ariya mazina.

Babikora banyuze kuri uyu murongo: https://auction.ricta.org.rw

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIkirangoIkoranabuhangaIngabireRICTARURA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Icyizere Ko Inzibutso Za Jenoside Zizemerwa Na UNESCO- Min Bizimana
Next Article Ishyamba Rya Nyungwe Ryasabiwe Gushyirwa Mu Murage W’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?