Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakristu Gatulika 15,000 Barahurira I Kibeho Bibuke Amabonekerwa Ya Bikira Mariya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakristu Gatulika 15,000 Barahurira I Kibeho Bibuke Amabonekerwa Ya Bikira Mariya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2022 2:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka zitwara abagenzi muri rusange zazindutse zibajyana mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru ahari bubere igitambo cya Misa cyo kuzirikana amabonekerwa Bikira Mariya yakoreye abakobwa bahigaga.

Ayo mabonekerwa yabaye bwa mbere mu mwaka wa 1981, ubu bakaba bari bwizihize isabukuru y’imyaka 41 bibaye.

Itangazamakuru riri i Kibeho rivuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Taliki 28, Ugushyingo, 2022, Abakristu Gatulika bahazindukiye ari benshi baje kwizihiza iriya sabukuru.

I Kibeho mu karere ka @NyaruguruDistr abakristo gatorika bakomeje kuza ari benshi mu kwizihiza isabukuru ya 41 y’amabonekerwa yabereye aha bwa mbere mu 1981. Biteganijwe ko kuri uyu munsi igitambo cya misa kiza kwitabirwa n’abari hagati y’ibihumbi 10 na 15. pic.twitter.com/u6CziMYtMd

— RADIO HUYE (@RadioHuye) November 28, 2022

Bivugwa ko  kwizihiza isabukuru ya 41 y’amabonekerwa yabereye i Kibeho muri uriya mwaka biri bwitabirwe n’abantu bari hagati ya 10,000 na 15,000.

Abantu bagera ku 50 000 buri mwaka basura aho Bikira Mariya yabonekereye abakobwa babaga muri kiriya gice.

Ubu i Kibeho habaye ahantu hazwi cyane kubera ibyahabaye muri mwaka wa 1981 ubwo Bikira Mariya yabonekeraga bariya bakobwa.

Abo  bakobwa ni Alphonsine Mumureke, Marie Claire Mukangango na Nathalie Mukamazimpaka.

Aba bakobwa bivugwa ko babonekewe kenshi na Bikira Mariya

Bigaga mu ishuri ryitwa Groupe Scolaire Mère du Verbe( Nyina wa Jambo).

Kubera ko i Kibeho ari ho hantu hamamaye cyane muri Afurika ku byerekeye ibonekerwa ryakozwe na Bikira Mariya, byatumye abantu baturuka hirya no hino baza kumuramya.

Bivugwa ko Bikira Mariya yabatumye ku Banyarwanda ngo bareke ibyaha

Byabaye ngombwa ko hubakwa ibikorwa remezo byo kubakira ariko nk’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru  bubivuga, aho kubakirira haracyari hato.

Ubusanzwe ahandi Bikira Mariya yabonekereye abantu ni i Fatima n’i Lourdes aha ni muri Espagne.

TAGGED:AbakobwaBikiraKibehoMariyaNyaruguru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Ingona ‘Gustave’ Itegereje Umuntu Wa 301 Wo Kumira
Next Article Iby’Umutoza Wa Kiyovu Sports Byasubiwemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?