Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakristu Gatulika 15,000 Barahurira I Kibeho Bibuke Amabonekerwa Ya Bikira Mariya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abakristu Gatulika 15,000 Barahurira I Kibeho Bibuke Amabonekerwa Ya Bikira Mariya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2022 2:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imodoka zitwara abagenzi muri rusange zazindutse zibajyana mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru ahari bubere igitambo cya Misa cyo kuzirikana amabonekerwa Bikira Mariya yakoreye abakobwa bahigaga.

Ayo mabonekerwa yabaye bwa mbere mu mwaka wa 1981, ubu bakaba bari bwizihize isabukuru y’imyaka 41 bibaye.

Itangazamakuru riri i Kibeho rivuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Taliki 28, Ugushyingo, 2022, Abakristu Gatulika bahazindukiye ari benshi baje kwizihiza iriya sabukuru.

I Kibeho mu karere ka @NyaruguruDistr abakristo gatorika bakomeje kuza ari benshi mu kwizihiza isabukuru ya 41 y’amabonekerwa yabereye aha bwa mbere mu 1981. Biteganijwe ko kuri uyu munsi igitambo cya misa kiza kwitabirwa n’abari hagati y’ibihumbi 10 na 15. pic.twitter.com/u6CziMYtMd

— RADIO HUYE (@RadioHuye) November 28, 2022

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bivugwa ko  kwizihiza isabukuru ya 41 y’amabonekerwa yabereye i Kibeho muri uriya mwaka biri bwitabirwe n’abantu bari hagati ya 10,000 na 15,000.

Abantu bagera ku 50 000 buri mwaka basura aho Bikira Mariya yabonekereye abakobwa babaga muri kiriya gice.

Ubu i Kibeho habaye ahantu hazwi cyane kubera ibyahabaye muri mwaka wa 1981 ubwo Bikira Mariya yabonekeraga bariya bakobwa.

Abo  bakobwa ni Alphonsine Mumureke, Marie Claire Mukangango na Nathalie Mukamazimpaka.

Aba bakobwa bivugwa ko babonekewe kenshi na Bikira Mariya

Bigaga mu ishuri ryitwa Groupe Scolaire Mère du Verbe( Nyina wa Jambo).

- Advertisement -

Kubera ko i Kibeho ari ho hantu hamamaye cyane muri Afurika ku byerekeye ibonekerwa ryakozwe na Bikira Mariya, byatumye abantu baturuka hirya no hino baza kumuramya.

Bivugwa ko Bikira Mariya yabatumye ku Banyarwanda ngo bareke ibyaha

Byabaye ngombwa ko hubakwa ibikorwa remezo byo kubakira ariko nk’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru  bubivuga, aho kubakirira haracyari hato.

Ubusanzwe ahandi Bikira Mariya yabonekereye abantu ni i Fatima n’i Lourdes aha ni muri Espagne.

TAGGED:AbakobwaBikiraKibehoMariyaNyaruguru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Ingona ‘Gustave’ Itegereje Umuntu Wa 301 Wo Kumira
Next Article Iby’Umutoza Wa Kiyovu Sports Byasubiwemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?