Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abakuru B’Ibihugu Bikize Kurusha Ibindi Muri Afurika Baganiriye Ku Bucuruzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abakuru B’Ibihugu Bikize Kurusha Ibindi Muri Afurika Baganiriye Ku Bucuruzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 June 2024 11:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Nigeria Bola Tinubu yahuye na mugenzi we uyobora Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa uherutse kurahirira kongera kuyobora igihugu cye, baganira ku mikoranire mu bucuruzi.

Aba bagabo bayobora ibihugu bya mbere bikize kurusha ibindi muri Afurika.

Imibare iheruka yerakana ko Nigeria ari cyo gihugu cya mbere gikize muri Afurika, ikaba ifite umusaruro mbumbe ungana na Miliyari $ 510.

Uretse kuba ikize ku bikomoka kuri Petelori  na gazi, Nigeria ifite urwego rw’abahanzi n’ubugeni ruteye imbere ku buryo ari yo ya mbere ifite filimi n’umuziki bikunzwe kurusha ahandi hose muri Afurika.

Ni urwego rwatumye ihita itambuka kuri Afurika y’Epfo mu bukungu.

Igihugu cya gatatu mu kugira ubukungu buri hejuru ni Misiri nyuma y’Afurika y’Epfo.

Icyakora iyo urebye uko abaturage babayeho, usanga igihugu cya mbere gifite abaturage babayeho neza ari ibirwa bya Seychelles n’ibya Maurices.

Ibi bihugu ni bito, bikora ku Nyanja kandi bituwe n’abaturage bake kandi bize bose.

Ni akarusho gatuma iyo umusaruro mbumbe usaranganyijwe mu baturage babyo bituma bahita baba aba mbere bakize kurusha abandi ku mugabane w’Afurika.

Ku rubuga rwa Perezidansi y’Afurika y’Epfo handitse  ko Ramaphosa na Tinubu baganiriye uko ibihugu byombi byakorana mu bucuruzi budafite uwo bubangamiye muri ibi bihugu byombi.

Kuko ari ibihugu bikize kurusha ibindi, ni ngombwa ko biganira uko hatabaho ihangana nk’uko iki kibazo kimeze hagati y’Amerika n’Ubushinwa.

Afurika y’Epfo ifite umusaruro mbumbe wa Miliyari $405.3.

Ibiganiro hagati ya Tinubu na Ramaphosa byabereye muri Afurika y’Epfo aho Perezida wa Nigeria yari yaje mu muhango wo kurahira kwa mugenzi we Ramaphosa.

TAGGED:AfurikafeaturedMauricesNigeriaSeychellesUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yageze Mu Bufaransa Mu Nama Yiga Ku By’Inkingo
Next Article Umucuruzi Wibwe Miliyoni Frw 5 Yazisubijwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?