Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abamotari B’i Rubavu Baravugwaho Gukorana N’Abanyabyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abamotari B’i Rubavu Baravugwaho Gukorana N’Abanyabyaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2022 7:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashinzwe umutekano ndetse n’abayobozi mu nzego z’ibanze bavuga ko hari abamotari bakorana n’abinjiza ibiyobwenge na magendu biva muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo babizana mu Rwanda.

Kubera ko Moto ari igikoresho cyo gutwara abantu n’ibintu kihuta kandi gishobora guca ahandi hato mu buryo bworoshye, hari bamwe my bamotari bafatanya n’abinjiza ibiyobyabwenge, ababikwirakwiza n’ababigurisha.

Inzego z’umutekano cyane cyane Polisi y’u Rwanda zihora zifata bamwe muri bo zibakurikiranyeho gukorana n’abakora ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge cyangwa bwa magendu.

Hari abo Polisi ihagarika ntibabikore, abandi bagasiba ibirangamoto(plaque) binyuze mu ukubisiga irangi, kubitwikiriza impapuro zimatira…byose bakabikora mu rwego rwo guhuma abapolisi amaso ngo ntibamenye iyo moto iyo ari yo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ngo bituma na cameras zifotora abarengeje umuvuduko wa 60km zibahusha.

Mu rwego rwo kuburira abamotari no kubibutsa ko gukurikiza amategeko biri mu nyungu zabo, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryaganiriye n’ab’ i Rubavu ribasaba kuzibukira iyo myitwarire.

Basabwe gushyira imbere umutekano bagakorana na Polisi n’izindi nzego z’umutekano mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu; Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Karega, yabibasabye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Ugushyingo, 2022 mu nama yamuhurije hamwe n’abamotari 400 bakorera mu Murenge wa Gisenyi.

SP Karega yabibukije ko bagomba kutarebera ibyahungabanya umutekano, ahubwo bakihutira kubimenyesha inzego z’umutekano.

- Advertisement -

Ati: “Hari bamwe muri mwe bakorana n’abakora ubucuruzi bwa magendu, abacuruza ibiyobyabwenge n’abajura; ndetse bamwe bamaze gufatwa bagezwa mu butabera. Igihe ni iki rero ko muhitamo neza mugaca ukubiri no gutwara abanyabyaha cyangwa ibicuruzwa bya magendu ahubwo mugatanga amakuru.”

Yabibukije ko igihe bahagaritswe n’abashinzwe umutekano wo mu muhanda baba bagomba kubyubahiriza.

Biyemeje gukorana na Polisi mu ukurwanya abica amategeko

Ngo kwiruka no gushaka gukwepana na Polisi bibashyira mu kaga karimo no kuba batakaza ubuzima.

Mu Murenge wa Rubavu aho abo bamotari  bakorera, haherutse gufatirwa magendu y’inzoga zifite agaciro ka miliyoni Frw 50 zari ziri mu modoka ya FUSO.

Hari abavuga kugeza ubu iyo ari yo magendu ihenze yafatiwe icyarimwe igafatirwa ahantu hamwe.

TAGGED:MagenduMotariPolisiRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yibukije RDF Kwirinda Ibiyobyabwenge N’isindwe
Next Article Mu Mibare: Uko Murandasi Ikoreshwa N’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?