Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abamotari B’i Rubavu Baravugwaho Gukorana N’Abanyabyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abamotari B’i Rubavu Baravugwaho Gukorana N’Abanyabyaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2022 7:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashinzwe umutekano ndetse n’abayobozi mu nzego z’ibanze bavuga ko hari abamotari bakorana n’abinjiza ibiyobwenge na magendu biva muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo babizana mu Rwanda.

Kubera ko Moto ari igikoresho cyo gutwara abantu n’ibintu kihuta kandi gishobora guca ahandi hato mu buryo bworoshye, hari bamwe my bamotari bafatanya n’abinjiza ibiyobyabwenge, ababikwirakwiza n’ababigurisha.

Inzego z’umutekano cyane cyane Polisi y’u Rwanda zihora zifata bamwe muri bo zibakurikiranyeho gukorana n’abakora ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge cyangwa bwa magendu.

Hari abo Polisi ihagarika ntibabikore, abandi bagasiba ibirangamoto(plaque) binyuze mu ukubisiga irangi, kubitwikiriza impapuro zimatira…byose bakabikora mu rwego rwo guhuma abapolisi amaso ngo ntibamenye iyo moto iyo ari yo.

Ngo bituma na cameras zifotora abarengeje umuvuduko wa 60km zibahusha.

Mu rwego rwo kuburira abamotari no kubibutsa ko gukurikiza amategeko biri mu nyungu zabo, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryaganiriye n’ab’ i Rubavu ribasaba kuzibukira iyo myitwarire.

Basabwe gushyira imbere umutekano bagakorana na Polisi n’izindi nzego z’umutekano mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu; Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Karega, yabibasabye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Ugushyingo, 2022 mu nama yamuhurije hamwe n’abamotari 400 bakorera mu Murenge wa Gisenyi.

SP Karega yabibukije ko bagomba kutarebera ibyahungabanya umutekano, ahubwo bakihutira kubimenyesha inzego z’umutekano.

Ati: “Hari bamwe muri mwe bakorana n’abakora ubucuruzi bwa magendu, abacuruza ibiyobyabwenge n’abajura; ndetse bamwe bamaze gufatwa bagezwa mu butabera. Igihe ni iki rero ko muhitamo neza mugaca ukubiri no gutwara abanyabyaha cyangwa ibicuruzwa bya magendu ahubwo mugatanga amakuru.”

Yabibukije ko igihe bahagaritswe n’abashinzwe umutekano wo mu muhanda baba bagomba kubyubahiriza.

Biyemeje gukorana na Polisi mu ukurwanya abica amategeko

Ngo kwiruka no gushaka gukwepana na Polisi bibashyira mu kaga karimo no kuba batakaza ubuzima.

Mu Murenge wa Rubavu aho abo bamotari  bakorera, haherutse gufatirwa magendu y’inzoga zifite agaciro ka miliyoni Frw 50 zari ziri mu modoka ya FUSO.

Hari abavuga kugeza ubu iyo ari yo magendu ihenze yafatiwe icyarimwe igafatirwa ahantu hamwe.

TAGGED:MagenduMotariPolisiRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yibukije RDF Kwirinda Ibiyobyabwenge N’isindwe
Next Article Mu Mibare: Uko Murandasi Ikoreshwa N’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?