Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana B’Abakobwa 354 Muri Nyaruguru Barasambanyijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abana B’Abakobwa 354 Muri Nyaruguru Barasambanyijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2021 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagore bo mu Murenge wa Rusenge, Akarere ka Nyaruguru babwiye abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ko abagabo babo babakangisha ko bazabica. Hagati aho RIB ivuga ko abana b’abakobwa 353 bo muri Nyaruguru basambanyijwe mu gihe cy’umwaka umwe!

Umugore witwa Médiatrice Mukamazina we yabwiye abakozi ba RIB ko wavunwe n’umugabo yari yaratiye umurima.

Aba bagore hamwe n’abandi bo mu Murenge wa Rusenge bashimye Urwego rw’Ubugenzacyaha kuba bwabasanze iyo batuye kugira ngo barugezeho ibibazo bahura nabyo birimo n’ihohoterwa.

Umurenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru

Mukamazina avuga ko yari amaze iminsi asiragira hirya no hino, yaka impapuro bazimwima bakamusaba kuzagaruka, gutyo gutyo.

Ati: “ Ubu ndishimye kuko baje kumva ikibazo cyanjye, bakaba bambonye imbonankubone, bitabaye guhora nsiragira ngo genda, uzagaruke ejo gutyo gutyo…”

Uretse kumva ibibazo abaturage bafite bakareba uko byazakemurwa, abagenzacyaha bibutsa abaturage ibyaha ibyo aribyo n’uburyo babyirinda.

Babwirwa icyo amategeko ateganya ku byaha runaka ndetse bagashishikarizwa kwirinda guhishira abakoze ibyaha birimo n’ abasambanyije abana.

Abaturage bageza kuri RIB ibibazo batabonye uko babigeza kuri sitasiyo zayo ziri kure

Imibare yakusanyijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha igaragaza ko mu mwaka wa 2020-2021 abana b’abakobwa( batarageza ku myaka 18) basambanyijwe mu Karere ka Nyaruguru bagera kuri 354.

Ibikorwa byo gukangurira abaturage kwirinda ibyaha biri muri Gahunda y’ubukangurambaga bwo kurwanya icyaha cyo gusambanya abana no kwegereza abaturage serivisi za RIB.

Ni gahunda igamije gufasha abatuye ahitaruye sitasiyo za RIB kubona serivisi zayo bitabagoye.

Mbere y’uko icyorezo COVID-19 cyaduka mu Rwanda, iyi gahunda yarakorwaga ariko iza gusubikwa kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo.

TAGGED:AbakobwaAbanafeaturedNyaruguruRIBRusengeUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri ‘Yasambanyije’ Abakirisitukazi
Next Article Ihohoterwa Rishingiye Ku Gitsina Ryabaye Icyorezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?