Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abana B’Abakobwa 354 Muri Nyaruguru Barasambanyijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abana B’Abakobwa 354 Muri Nyaruguru Barasambanyijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2021 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagore bo mu Murenge wa Rusenge, Akarere ka Nyaruguru babwiye abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ko abagabo babo babakangisha ko bazabica. Hagati aho RIB ivuga ko abana b’abakobwa 353 bo muri Nyaruguru basambanyijwe mu gihe cy’umwaka umwe!

Umugore witwa Médiatrice Mukamazina we yabwiye abakozi ba RIB ko wavunwe n’umugabo yari yaratiye umurima.

Aba bagore hamwe n’abandi bo mu Murenge wa Rusenge bashimye Urwego rw’Ubugenzacyaha kuba bwabasanze iyo batuye kugira ngo barugezeho ibibazo bahura nabyo birimo n’ihohoterwa.

Umurenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru

Mukamazina avuga ko yari amaze iminsi asiragira hirya no hino, yaka impapuro bazimwima bakamusaba kuzagaruka, gutyo gutyo.

Ati: “ Ubu ndishimye kuko baje kumva ikibazo cyanjye, bakaba bambonye imbonankubone, bitabaye guhora nsiragira ngo genda, uzagaruke ejo gutyo gutyo…”

Uretse kumva ibibazo abaturage bafite bakareba uko byazakemurwa, abagenzacyaha bibutsa abaturage ibyaha ibyo aribyo n’uburyo babyirinda.

Babwirwa icyo amategeko ateganya ku byaha runaka ndetse bagashishikarizwa kwirinda guhishira abakoze ibyaha birimo n’ abasambanyije abana.

Abaturage bageza kuri RIB ibibazo batabonye uko babigeza kuri sitasiyo zayo ziri kure

Imibare yakusanyijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha igaragaza ko mu mwaka wa 2020-2021 abana b’abakobwa( batarageza ku myaka 18) basambanyijwe mu Karere ka Nyaruguru bagera kuri 354.

Ibikorwa byo gukangurira abaturage kwirinda ibyaha biri muri Gahunda y’ubukangurambaga bwo kurwanya icyaha cyo gusambanya abana no kwegereza abaturage serivisi za RIB.

Ni gahunda igamije gufasha abatuye ahitaruye sitasiyo za RIB kubona serivisi zayo bitabagoye.

Mbere y’uko icyorezo COVID-19 cyaduka mu Rwanda, iyi gahunda yarakorwaga ariko iza gusubikwa kubera ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo.

TAGGED:AbakobwaAbanafeaturedNyaruguruRIBRusengeUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Pasiteri ‘Yasambanyije’ Abakirisitukazi
Next Article Ihohoterwa Rishingiye Ku Gitsina Ryabaye Icyorezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?